• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, July 29, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ubutumwa bw’Abanya-Minembwe buryoheye amatwi ku bahavuka n’inshuti zaho, gusa bitandukanye n’ibyabereye i Misisi.

minebwenews by minebwenews
June 22, 2025
in Conflict & Security
0
Ubutumwa bw’Abanya-Minembwe buryoheye amatwi ku bahavuka n’inshuti zaho, gusa bitandukanye n’ibyabereye i Misisi.
106
SHARES
2.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ubutumwa bw’Abanya-Minembwe buryoheye amatwi ku bahavuka n’inshuti zaho, gusa bitandukanye n’ibyabereye i Misisi.

You might also like

Nyabiondo Yongeye Kunyeganyezwa n’Ibisasu Bya Drone ya FARDC; Abaturage Bahungabanye Nyuma y’Igitero Gikomeye

L’Inquiétude Grandit à Uvira : La Population Dénonce une Dégradation de la Situation Sécuritaire Alors que les Combats s’Intensifient au Sud-Kivu

Hasobanuwe Impamvu Ubwoba Bwafashe Indi Ntera i Uvira: Abaturage n’Abasirikare Bakomeje Kugaragaza Impungenge Zikomeye

Ntibisanzwe ku b’Abanya-Minembwe ku iriza umunsi wose nta hantu na hamwe humvikanye urusaku rw’imbunda, cyangwa ngo bumve amakuru mabi abihiye amatwi yabo, uyu munsi utandukanye n’indi yose, nk’uko abari muri icyo gice babivuga.

Bikubiye mu butumwa bwanditse umwe uherereye muri icyo gice cya Minembwe cyiriwemo ituze n’amahoro, yahaye Minembwe Capital News.

Yagize ati: “Izuba ririnze rirenga mu Minembwe, nta rusasu ruyivugiyemo. Usibye ituze n’amahoro byayiranzwemo.”

Ubutumwa bwe bukomeza bugira buti: “Wumvaga i ngoma zivugira hirya no hino na keyboard. Abantu baririmbira Imana. Nta kindi.”

Imyaka ibaye umunani, mu Minembwe no mu nkengero zayo habera imirwano hagati y’igisirikare cya RDC n’Abanyamulenge birwanahaho abaje guhinduka umutwe wa Twirwaneho.

Abanyamulenge bashinja Leta y’i ki gihugu kubagambanira mu mitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR ndetse no kuri leta y’u Burundi, kuko ingabo zabwo zifatanyije n’iriya mitwe mu kwica aba Banyamulenge.

Ariko kandi iyi Leta ya Congo na yo ishinja aba Banyamulenge kutayishigikira, nu bwo bo bavuga ko kutayishigikira biva kukuba ibateza iriya mitwe ikabanyaga Inka zabo, kandi ikabasenyera n’imihana yabo. Nk’ubu akarere ka Mibunda nta muntu ukigatuyemo kubera ibitero bya Wazalendo, kimwe kandi na Mirimba, Ngadja, Gitumba, Byura yo muri Moba n’ahandi.

Iyi Leta yagiye ikorera Abanyamulenge ubuhemu bwinshi, kuko igihe itabishe ibanyaga ibyabo, ndetse kandi ikabafunga, kuko n’ubu mu ma gereza ari hirya no hino muri iki gihugu, afungiyemo Abanyamulenge batagira uko bangana. Benshi muri bo ntibafungirwa ibyaha, ahubwo bazira kuba ari Abatutsi. Ikimenyimenyi, ntibajya baburana, bahozwa iyo bafungiye.

Nubwo mu Minembwe hiriwe ituze n’amahoro, i Misisi haherereye mu ntera ndende uvuye aha mu Minembwe, Umzalendo yahiciye abaturage benshi bo mu bwoko bw’Ababembe.

Amakuru ava yo agira ati: Umurwanyi wo muri Wazalendo yishe arashe abaturage benshi i Misisi. Byavuye ku businzi.”

Biravugwa ko icyo gikorwa kigayitse, cyabereye neza mu mujyi wa Misisi. Umubare wabahitanywe n’uwo Mzalendo babarirwa muri barindwi, nubwo uyu mubare ushobora kwiyongeraho, nk’uko aya makuru akomeza abivuga.

Iyi Misisi yabereyemo ubwo bwicanyi, abayivamo bagana mu Minembwe bagenda urugendo rw’iminsi itatu n’ibirenge. Na yo iri muri teritware ya Fizi cyo kimwe n’iki gicye cya Minembwe gituwe n’Abanyamulenge benshi.

Mu Minembwe nubwo hiriwe neza, ariko iri joro ryaraye rikeye bari bahawe amakuru avuga ko umwanzi(ihuriro ry’ingabo za Congo) yongeye kuzamuka muri Mukoko, mu rwego rwo kugira ngo agabe ibitero mu mihana iri mu nkengero za centre ya Minembwe.

Ni mu gihe n’ejo ku wa gatandatu yari yahagabye ibitero, ku bw’amahirwe make y’uwo mwanzi, Twirwaneho na M23 bamurusha imbaraga ahungira kwa Mulima no mu Rusuku.

Nyamara, abakurikiranira hafi cyane ibibera mu misozi y’i Mulenge, ahanini ku bitero umwanzi ahagaba, bahamya ko uyu mwanzi yamaze gucika intege, gusa ngo yanze “guheba!” Ibyo biva ku kuba uriya mwanzi asigaye atangira kurasa, agahita ahunga. Kandi akenshi ahunga Twirwaneho ataramugeraho ngo bahangane nk’uko byakorwaga mbere hose.

Tubibutsa ko uyu mwanzi ugaba ibitero kuri Twirwaneho na M23 mu misozi miremire y’i Mulenge, agizwe n’ingabo za FARDC, iz’u Burundi, n’imitwe ya Wazalendo na FDLR ndetse n’imbonerakure zituruka mu ishyaka rya CNDD-FDD mu Burundi.

Tags: MinembweMisisiUbutumwa
Share42Tweet27Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Nyabiondo Yongeye Kunyeganyezwa n’Ibisasu Bya Drone ya FARDC; Abaturage Bahungabanye Nyuma y’Igitero Gikomeye

by Bahanda Bruce
July 29, 2026
0
Nyabiondo Yongeye Kunyeganyezwa n’Ibisasu Bya Drone ya FARDC; Abaturage Bahungabanye Nyuma y’Igitero Gikomeye

Nyabiondo Yongeye Kunyeganyezwa n'Ibisasu Bya Drone ya FARDC; Abaturage Bahungabanye Nyuma y'Igitero Gikomeye MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Umutekano wakomeje kuzamba mu gace ka Nyabiondo, gaherereye muri Secteur ya...

Read moreDetails

L’Inquiétude Grandit à Uvira : La Population Dénonce une Dégradation de la Situation Sécuritaire Alors que les Combats s’Intensifient au Sud-Kivu

by Bahanda Bruce
July 28, 2026
0
L’Inquiétude Grandit à Uvira : La Population Dénonce une Dégradation de la Situation Sécuritaire Alors que les Combats s’Intensifient au Sud-Kivu

L’Inquiétude Grandit à Uvira : La Population Dénonce une Dégradation de la Situation Sécuritaire Alors que les Combats s’Intensifient au Sud-Kivu MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Dans la ville...

Read moreDetails

Hasobanuwe Impamvu Ubwoba Bwafashe Indi Ntera i Uvira: Abaturage n’Abasirikare Bakomeje Kugaragaza Impungenge Zikomeye

by Bahanda Bruce
July 28, 2026
0
Hasobanuwe Impamvu Ubwoba Bwafashe Indi Ntera i Uvira: Abaturage n’Abasirikare Bakomeje Kugaragaza Impungenge Zikomeye

Hasobanuwe Impamvu Ubwoba Bwafashe Indi Ntera i Uvira: Abaturage n'Abasirikare Bakomeje Kugaragaza Impungenge Zikomeye MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mu Mujyi wa Uvira, mu Ntara ya Kivu y'Amajyepfo, abaturage...

Read moreDetails

La RDC entre dans une phase politique décisive : la décision de la Cour constitutionnelle relance le débat. Le pouvoir de Félix Tshisekedi est-il menacé ? Analyse approfondie

by Bahanda Bruce
July 28, 2026
0
La RDC entre dans une phase politique décisive : la décision de la Cour constitutionnelle relance le débat. Le pouvoir de Félix Tshisekedi est-il menacé ? Analyse approfondie

La RDC entre dans une phase politique décisive : la décision de la Cour constitutionnelle relance le débat. Le pouvoir de Félix Tshisekedi est-il menacé ? Analyse approfondie...

Read moreDetails

RDC Yinjiye mu Gihe cy’Impinduka za Politiki: Icyemezo cy’Urukiko Nshinga Cyazamuye Impaka, Ese Ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi Buri mu Kaga? Isesengura Ryimbitse ku Cyerekezo cy’Igihugu

by Bahanda Bruce
July 28, 2026
0
RDC Yinjiye mu Gihe cy’Impinduka za Politiki: Icyemezo cy’Urukiko Nshinga Cyazamuye Impaka, Ese Ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi Buri mu Kaga? Isesengura Ryimbitse ku Cyerekezo cy’Igihugu

RDC Yinjiye mu Gihe cy'Impinduka za Politiki: Icyemezo cy'Urukiko Nshinga Cyazamuye Impaka, Ese Ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi Buri mu Kaga? Isesengura Ryimbitse ku Cyerekezo cy'Igihugu MINEMBWE CAPITAL NEWS...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo wamenya ku giterane kidasanzwe, cyanitabiriwe n’abayobozi ba Twirwaneho na M23 mu Minembwe.

Ibyo wamenya ku giterane kidasanzwe, cyanitabiriwe n'abayobozi ba Twirwaneho na M23 mu Minembwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 amahoro America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?