Ubutumwa bw’Umwe mu Bayobozi ba AFC/M23 Buca Amarenga ku Rupfu rwa Willy Ngoma
Mu gihe amakuru akomeje gukwirakwira ku rupfu rwa Lt Col Willy Ngoma, wari Umuvugizi w’igisirikare cy’ihuriro rya AFC/M23, ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri iri huriro bwaciye amarenga ku gihombo gikomeye cyaba cyarabayeho, nubwo nta tangazo ryeruye rirashyirwa ahagaragara.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 25/02/2026, Umuhuzabikorwa Wungirije wa AFC/M23, Bertrand Bisimwa, yanyujije ubutumwa ku rubuga nkoranyambaga rwa X, agaruka ku nsanganyamatsiko y’intwari zitanga ubuzima bwazo mu rugamba rw’impinduramatwara. Yagize ati:
“Impinduramatwara igerwaho n’intwari, igihe cyose zitanga ubuzima bwazo zitizigama kugira ngo zibohore Igihugu, ziharanira ahazaza heza habereye abazabakomokaho, umusingi wa Leta irinda abaturage bayo nta vangura.”
Nubwo atigeze atangaza mu buryo butaziguye ko Willy Ngoma yitabye Imana, iri jambo ryasobanuwe na benshi nk’irica amarenga ku rupfu rw’uyu musirikare wari umaze igihe ari umwe mu banyapolitiki n’abasirikare bakomeye mu ihuriro rya AFC/M23.
Ku wa Kabiri, tariki ya 24/02/2026, ni bwo amakuru y’ivugana rya Lt Col Willy Ngoma yatangiye gukwirakwira mu bitangazamakuru bitandukanye, haba ibyo mu karere ndetse n’ibyo ku rwego mpuzamahanga. Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, byatangaje ko byemeje ayo makuru bivuye ku bayobozi bari muri AFC/M23.
Amakuru aturuka mu bice byaberagamo imirwano avuga ko Ngoma yaba yaraguye mu bitero by’indege zitagira abapilote (drones) bivugwa ko byagabwe n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu rukerera rwo kuri uwo wa Kabiri, ahagana saa cyenda za mu gitondo, mu gace ka Rubaya, kazwiho ubukire bw’amabuye y’agaciro.
Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyanyujije ubutumwa ku rubuga rwa X cyemeza urupfu rwa Willy Ngoma. Icyakora, iryo tangazo ryaje gukurwaho nyuma y’igihe gito rishyizwe hanze, ibintu byarushijeho guteza urujijo ku kuri kw’ayo makuru n’imiterere yayo.
Ku ruhande rwa AFC/M23, kugeza ubu nta tangazo ryemewe ku mugaragaro rirashyirwa hanze ryemeza cyangwa rihakana ayo makuru.
Lt Col Willy Ngoma yari umwe mu basirikare bamaze igihe kinini bagaragara mu ruhando rw’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Yamenyekanye cyane nk’Umuvugizi wa M23 kuva ku ntangiriro z’uyu mutwe mu 2012, ubwo wigaragazaga uvuga ko uharanira uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda.
Mu bihe bitandukanye by’imirwano, Ngoma yabaye isura ya M23 mu itangazamakuru, asobanura impamvu z’intambara, asubiza ibirego byashinjwaga uyu mutwe, ndetse anashimangira intego zawo za politiki n’igisirikare. Nyuma y’uko M23 isubukuye ibikorwa byayo mu 2021, yinjiye mu ihuriro rya AFC (Alliance Fleuve Congo) riyobowe na Corneille Nangaa, akomeza inshingano ze nk’umuvugizi w’ingabo zaryo.
Yari umwe mu basirikare bavugwagaho kugira ijambo rikomeye muri AFC /M23, ndetse no kugira igikundiro mu bice bimwe by’abaturage, bitewe n’uburyo yakoraga itumanaho n’itangazamakuru.
Ubutumwa bwa Bertrand Bisimwa bushimangira imvugo isanzwe ikoreshwa n’iri huriro, ivuga ko urugamba rwayo ari “impinduramatwara” igamije kubaka Leta itavangura kandi irinda abaturage bose. Ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa, ariko, AFC/M23 ifatwa ukundi.
Urupfu rwa Willy Ngoma, niba rwemejwe ku mugaragaro, rushobora gusiga icyuho mu itumanaho no mu isura ya politiki y’iri huriro, kuko yari umwe mu bantu bamenyekanye cyane mu ruhando mpuzamahanga mu kuvuganira uwo mutwe.
Mu gihe hatarajya hanze itangazo ryeruye rya AFC/M23, amakuru akomeje kugenzurwa no gukurikiranwa mu rwego rwo kwirinda gukwirakwiza ibitari ukuri, cyane cyane mu bihe by’intambara aho amakuru akunze kuvuguruzanya.
Icyakora, ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri iri huriro bumaze gutuma benshi bafata ayo magambo nk’ikimenyetso cy’uko hari icyabaye gikomeye mu buyobozi bwa gisirikare bwa AFC/M23.







