• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, March 11, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ubuyobozi bwa Wazalendo barasunikira ugusubiranamo kwabo ku Rwanda.

minebwenews by minebwenews
September 10, 2023
in Uncategorized
1
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Imitwe yitwaje intwaro iri mu ihuriro rya Wazalendo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) iremeza ko yasubiranyemo kubera ko ishinjanya gukorana na Leta y’u Rwanda.

You might also like

AFC/M23 Accuses the Kinshasa Government of Brutality Against Civilians in the Highlands of Minembwe

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

Sendugu Museveni washinze umutwe wa PARECO-FF, nyuma yokwitandukanya na M23, yavuze ko APCLS ya Jules Mulumba, bahuriye muri Wazalendo, iherutse kubatera muri Masisi igamije kwagura ibirindiro.

Sendugu wabaye mu buyobozi bwa M23 hagati yo mu mwaka wa 2012 na 2013 yabwiye itangaza Makuru ati: “Twebwe nka PARECO-FF turaterwa, ntabwo dutera. Twatewe na APCLS iri gushaka kwagura akarere, binjira mu birindiro byacu byari biri imbere ahitwa i Gikoma, yica abantu, itwika amazu, irasahura. Yo irashaka kugira ngo yagure akarere kayo kandi twese turi Abazalendo, buri muntu ari mu birindiro bye. Ariko ntabwo twaterwa ngo twipfumbate.”

Mu kwisobanura, Mulumba yavuze ko ukwihuza kw’imitwe yitwaje intwaro ikarema Wazalendo kwabereye i Pinga mu mwaka wa 2022. Ngo icyari kigamijwe cyari ukurwanya umwanzi, ari we M23.

Yagize ati: “Intambara nshyashya igiye gutangira mu mwaka wa 2021, yatangiriye hariya mu birunga. Twebwe abarazisita twari dusanzwe duhari, ari CMC,FDD, APCLS…Twakoze icyicaro hariya i Pinga ku itariki 5 kugeza ku ya 9 mukwezi kwa Gatanu umwaka wa 2022, dufata umwanzuro w’uko igihugu cyacu cyongeye guterwa, tugomba kureka ibyadutandukanyaga. Ni bwo twatangiye runo rugamba rwo kurwanirira igihugu cyacu.”

Ku isubiranamo rya Wazalendo, Mulumba yasobanuye ko ruri guterwa n’uko PARECO-FF iri gukorana n’umwanzi.

Ati: “Uru rugamba muri kumva ngo Abazalendo bari gusubiranamo, u Rwanda rumaze kubona ko Abazalendo bazima barutesheje umutwe mu mugambi rwari rwacuze, rwagiyeho, rwimika Abazalendo batari bazima. Muri abo Bazalendo bakorera u Rwanda harimo Sendugu Museveni wari M23 ejo bundi 2012-2013 yari Ministre muri M23.”

Sendugu yateye utwatsi ibyo Mulumba avuga, ahubwo ashinja APCLS gukorana n’umwanzi kuko ngo imuha inzira, akagaba ibitero hagati muri Masisi.

Ati: “Amarembo yose Abanyarwanda banyuraho ni Domi uyatanga, nta we utabizi. Domi yafashe amafaranga y’Abanyarwanda. Domi ni Jules Mulumba.”

Umuyobozi muri sosiyete sivile yitwa NSCC ikorera muri Masisi, Olivier Kanyejomba, yatangaje ko uguhangana hagati muri Wazalendo gukomoka ku kuba Leta ya RDC itabafasha kandi yarabitabaje, yerekana ko ibyo Sendugu na Mulumba bashinjanya ari inzitwazo.

Kanyejomba yagize ati: “Usanga bari gupfa ibintu by’amagrades cyangwa kumva umwe ati ‘Ndi Général, ejo n’undi yaba amaze kubona imbunda 50 harimo na machine-gun, na we akajya ku kandi gasozi, ati nawe yabaye Général. Abazalendo bagiye bagera mu turere, bashyiraho amabariyeri atandukanye kuko babuze uko bashobora kubaho bitewe n’inzara. Leta yarabahamagaye ariko ntiyashoboye kubitaho ngo ibahereze ibyo kurya, ngo itekereze n’uko bazabaho.”

Yakomeje ati: “Ibi rero bikazana intambara ya buri munsi, aho ugenda, watambika nko ku kilometero kimwe, ugasanga hariho nka bariyeri 10, aho umuturage atambuka, bakajya bafata ku myaka ye, icyo ari cyo cyose mbese kinyuze mu nzira, bakagenda bagishyikiraho, kugira ngo babone uko baramuka. Uko Général w’Abazalendo aba ayoboye akarere kanini, ni na ko n’amabariyeri angana, ni na ko amafaranga yishyuza ku bantu bikoreye imitwaro no gushyikira ku mitwaro bikoreye, aba angana.”

Sendugu, Mulumba na Kanyejomba baremeza ko u Rwanda rufasha M23, gusa Leta y’u Rwanda yo ibihakanye kenshi, isobanura ko nta ruhare na ruto ifite mu ntambara zibera mu burasirazuba bwa Republika ya Democrasi ya Congo.

By Bruce Bahanda.

Tariki 10/092023.

Tags: Babisunikiye ku RwandaGusubiranamo kwaboWazalendo
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

AFC/M23 Accuses the Kinshasa Government of Brutality Against Civilians in the Highlands of Minembwe

by Bahanda Bruce
February 20, 2026
0
AFC/M23 Yashinje Leta ya Kinshasa Ubugizi bwa Nabi ku Baturage bo mu Misozi ya Minembwe

The political and military coalition Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) has released an urgent statement expressing serious concern over the worsening insecurity in the areas of Minembwe, Mikenge, and...

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

by Bahanda Bruce
February 16, 2026
0
Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yakiriwe mu buryo budasanzwe n’imbaga y’abaturage i Bujumbura, nyuma yo gusoza urugendo yari yagiriye i Addis Abeba...

Read moreDetails

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
February 9, 2026
0
Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC Ku butumire bwa Perezida wa Repubulika ya Angola, akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango...

Read moreDetails

FARDC Drone Attacks in Minembwe Injure Civilians

by Bahanda Bruce
January 31, 2026
0
FARDC Drone Attacks in Minembwe Injure Civilians

Reliable information from the center of Minembwe, in South Kivu Province, reports that a drone believed to belong to the Armed Forces of the Democratic Republic of the...

Read moreDetails

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

by Bahanda Bruce
November 28, 2025
0
Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga Guinée-Bissau yinjiye mu bibazo bikomeye bya politiki nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryabaye ku wa 27/11/2025, ni mu gihe hari imvururu...

Read moreDetails
Next Post

Umunyamakuru Stanys Bujakera ukorera ikinyamakuru ca Jeunne Afrique arafunzwe muri RDC.

Comments 1

  1. Lewis Pearl says:
    3 years ago

    You have observed very interesting points! ps nice website . “There’s always one who loves and one who lets himself be loved.” by W. Somerset Maugham.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?