• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, July 29, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ubuyobozi bwa Wazalendo barasunikira ugusubiranamo kwabo ku Rwanda.

minebwenews by minebwenews
September 10, 2023
in Uncategorized
1
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Imitwe yitwaje intwaro iri mu ihuriro rya Wazalendo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) iremeza ko yasubiranyemo kubera ko ishinjanya gukorana na Leta y’u Rwanda.

You might also like

RDC: Impaka kuri Manda ya Gatatu ya Perezida Tshisekedi Zirushaho Gukaza Umurego mu Gihe Isesengura Rishya Riburira ku Ngaruka Zishobora Gukurikiraho

Loni Yagaragaje Ikibazo Cy’Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n’Ikoreshwa Ry’Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara

Impagarara mu Burasirazuba bwa RDC: Raporo ivuga ko Ingabo z’u Burundi zikomeje kwinjira muri Kivu y’Amajyepfo mu gihe imirwano hagati ya FARDC na AFC/M23 ikomeje gukaza umurego

Sendugu Museveni washinze umutwe wa PARECO-FF, nyuma yokwitandukanya na M23, yavuze ko APCLS ya Jules Mulumba, bahuriye muri Wazalendo, iherutse kubatera muri Masisi igamije kwagura ibirindiro.

Sendugu wabaye mu buyobozi bwa M23 hagati yo mu mwaka wa 2012 na 2013 yabwiye itangaza Makuru ati: “Twebwe nka PARECO-FF turaterwa, ntabwo dutera. Twatewe na APCLS iri gushaka kwagura akarere, binjira mu birindiro byacu byari biri imbere ahitwa i Gikoma, yica abantu, itwika amazu, irasahura. Yo irashaka kugira ngo yagure akarere kayo kandi twese turi Abazalendo, buri muntu ari mu birindiro bye. Ariko ntabwo twaterwa ngo twipfumbate.”

Mu kwisobanura, Mulumba yavuze ko ukwihuza kw’imitwe yitwaje intwaro ikarema Wazalendo kwabereye i Pinga mu mwaka wa 2022. Ngo icyari kigamijwe cyari ukurwanya umwanzi, ari we M23.

Yagize ati: “Intambara nshyashya igiye gutangira mu mwaka wa 2021, yatangiriye hariya mu birunga. Twebwe abarazisita twari dusanzwe duhari, ari CMC,FDD, APCLS…Twakoze icyicaro hariya i Pinga ku itariki 5 kugeza ku ya 9 mukwezi kwa Gatanu umwaka wa 2022, dufata umwanzuro w’uko igihugu cyacu cyongeye guterwa, tugomba kureka ibyadutandukanyaga. Ni bwo twatangiye runo rugamba rwo kurwanirira igihugu cyacu.”

Ku isubiranamo rya Wazalendo, Mulumba yasobanuye ko ruri guterwa n’uko PARECO-FF iri gukorana n’umwanzi.

Ati: “Uru rugamba muri kumva ngo Abazalendo bari gusubiranamo, u Rwanda rumaze kubona ko Abazalendo bazima barutesheje umutwe mu mugambi rwari rwacuze, rwagiyeho, rwimika Abazalendo batari bazima. Muri abo Bazalendo bakorera u Rwanda harimo Sendugu Museveni wari M23 ejo bundi 2012-2013 yari Ministre muri M23.”

Sendugu yateye utwatsi ibyo Mulumba avuga, ahubwo ashinja APCLS gukorana n’umwanzi kuko ngo imuha inzira, akagaba ibitero hagati muri Masisi.

Ati: “Amarembo yose Abanyarwanda banyuraho ni Domi uyatanga, nta we utabizi. Domi yafashe amafaranga y’Abanyarwanda. Domi ni Jules Mulumba.”

Umuyobozi muri sosiyete sivile yitwa NSCC ikorera muri Masisi, Olivier Kanyejomba, yatangaje ko uguhangana hagati muri Wazalendo gukomoka ku kuba Leta ya RDC itabafasha kandi yarabitabaje, yerekana ko ibyo Sendugu na Mulumba bashinjanya ari inzitwazo.

Kanyejomba yagize ati: “Usanga bari gupfa ibintu by’amagrades cyangwa kumva umwe ati ‘Ndi Général, ejo n’undi yaba amaze kubona imbunda 50 harimo na machine-gun, na we akajya ku kandi gasozi, ati nawe yabaye Général. Abazalendo bagiye bagera mu turere, bashyiraho amabariyeri atandukanye kuko babuze uko bashobora kubaho bitewe n’inzara. Leta yarabahamagaye ariko ntiyashoboye kubitaho ngo ibahereze ibyo kurya, ngo itekereze n’uko bazabaho.”

Yakomeje ati: “Ibi rero bikazana intambara ya buri munsi, aho ugenda, watambika nko ku kilometero kimwe, ugasanga hariho nka bariyeri 10, aho umuturage atambuka, bakajya bafata ku myaka ye, icyo ari cyo cyose mbese kinyuze mu nzira, bakagenda bagishyikiraho, kugira ngo babone uko baramuka. Uko Général w’Abazalendo aba ayoboye akarere kanini, ni na ko n’amabariyeri angana, ni na ko amafaranga yishyuza ku bantu bikoreye imitwaro no gushyikira ku mitwaro bikoreye, aba angana.”

Sendugu, Mulumba na Kanyejomba baremeza ko u Rwanda rufasha M23, gusa Leta y’u Rwanda yo ibihakanye kenshi, isobanura ko nta ruhare na ruto ifite mu ntambara zibera mu burasirazuba bwa Republika ya Democrasi ya Congo.

By Bruce Bahanda.

Tariki 10/092023.

Tags: Babisunikiye ku RwandaGusubiranamo kwaboWazalendo
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

RDC: Impaka kuri Manda ya Gatatu ya Perezida Tshisekedi Zirushaho Gukaza Umurego mu Gihe Isesengura Rishya Riburira ku Ngaruka Zishobora Gukurikiraho

by Bahanda Bruce
July 29, 2026
0
RDC: Impaka kuri Manda ya Gatatu ya Perezida Tshisekedi Zirushaho Gukaza Umurego mu Gihe Isesengura Rishya Riburira ku Ngaruka Zishobora Gukurikiraho

RDC: Impaka kuri Manda ya Gatatu ya Perezida Tshisekedi Zirushaho Gukaza Umurego mu Gihe Isesengura Rishya Riburira ku Ngaruka Zishobora Gukurikiraho MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mu gihe impaka...

Read moreDetails

Loni Yagaragaje Ikibazo Cy’Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n’Ikoreshwa Ry’Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
Loni Yagaragaje Ikibazo Cy’Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n’Ikoreshwa Ry’Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara

Loni Yagaragaje Ikibazo Cy'Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n'Ikoreshwa Ry'Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mu ijambo yagejeje ku ruhando mpuzamahanga, Umunyamabanga Mukuru w'Umuryango w'Abibumbye...

Read moreDetails

Impagarara mu Burasirazuba bwa RDC: Raporo ivuga ko Ingabo z’u Burundi zikomeje kwinjira muri Kivu y’Amajyepfo mu gihe imirwano hagati ya FARDC na AFC/M23 ikomeje gukaza umurego

by Bahanda Bruce
July 22, 2026
0
Impagarara mu Burasirazuba bwa RDC: Raporo ivuga ko Ingabo z’u Burundi zikomeje kwinjira muri Kivu y’Amajyepfo mu gihe imirwano hagati ya FARDC na AFC/M23 ikomeje gukaza umurego

Impagarara mu Burasirazuba bwa RDC: Raporo ivuga ko Ingabo z’u Burundi zikomeje kwinjira muri Kivu y’Amajyepfo mu gihe imirwano hagati ya FARDC na AFC/M23 ikomeje gukaza umurego MINEMBWE...

Read moreDetails

Les raisons du report de la visite du Président Tshisekedi à New York ont été révélées

by Bahanda Bruce
July 20, 2026
0
Tshisekedi Yatangaje Ikiganiro Cyagutse Kizahuza Abanyekongo Bose: Dore Ibyamaze Kwemezwa, Ibigiye Gukorwa n’Ibizagenderwaho

Les raisons du report de la visite du Président Tshisekedi à New York ont été révélées MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Le Président de la République démocratique du Congo...

Read moreDetails

BREAKING NEWS: Kenya Mu Mvururu Nyuma y’Amasezerano ya Ebola na Amerika – Polisi Yifashishije Tear Gas, Ubucuruzi Burahagarara i Nanyuki

by Bahanda Bruce
June 9, 2026
0
BREAKING NEWS: Kenya Mu Mvururu Nyuma y’Amasezerano ya Ebola na Amerika – Polisi Yifashishije Tear Gas, Ubucuruzi Burahagarara i Nanyuki

BREAKING NEWS: Kenya Mu Mvururu Nyuma y’Amasezerano ya Ebola na Amerika – Polisi Yifashishije Tear Gas, Ubucuruzi Burahagarara i Nanyuki Umwuka wa politiki n’imibereho rusange urakomeje kuba mubi...

Read moreDetails
Next Post

Umunyamakuru Stanys Bujakera ukorera ikinyamakuru ca Jeunne Afrique arafunzwe muri RDC.

Comments 1

  1. Lewis Pearl says:
    3 years ago

    You have observed very interesting points! ps nice website . “There’s always one who loves and one who lets himself be loved.” by W. Somerset Maugham.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 amahoro America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?