• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, October 26, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Uganda: Gen Muhoozi yavuze ku musirikare ufite ipeti rya Lieutenant wiyahuye.

minebwenews by minebwenews
January 4, 2025
in World News
0
Uganda: Gen Muhoozi yavuze ku musirikare ufite ipeti rya Lieutenant wiyahuye.
86
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uganda: Gen Muhoozi yavuze ku musirikare ufite ipeti rya Lieutenant wiyahuye.

You might also like

Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n’u Burusiya

Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho

Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

Umugaba mukuru w’ingabo za Uganda, Gen Kainarugaba Muhoozi yahishuye ko yababajwe n’urupfu rw’umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant wiyahuye akoresheje imbunda.

Uwiyahuye ni Lieutenant Ariho Amon aho yakoresheje imbunda arirasa, ku wa gatanu igihe c’isaha z’umugoroba ni bwo uyu musirikare yiyambuye ubuzima.

Amakuru ava muri ibyo bice avuga ko byabereye mu gace ka Nakirembe mu karere ka Mpigi, mbere y’uko y’irasa yabanje guhagarika imodoka ye ku kibuga cy’umupira , abanza gutatanya abarimo bakinira umupira muri icyo kibuga maze arirasa akoresheje imbunda yo mu bwoko bwa karashinikove.

Gen Kainarugaba Muhoozi, ari nawe mugabo w’ingabo za Uganda; mu butumwa yanyujije kuri x, yagize ati: “Ku giti cyanjye nababajwe no kuba Lieutenant Ariho yiyahuye nk’umuofisiye wari ukiri muto.”

Yakomeje agira ati: “Yapfuye kubera ruswa njye na mzee perezida Museveni twakunze kuvugaho igihe kinini. Amaraso ye azahererwa kandi abajura bazabyishyura.”

Ubwo uyu musirikare yari amaze kwiyahura yirashe, ibyari mu mudoka ye birimo telephone ndetse n’ibyangombwa , byahise bijyanwa n’inzego zirimo polisi n’igisirikare kugira ngo hatangire iperereza, mu gihe umurambo we wahise ujanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Mulago, ndetse imbunda yakoresheje yiyahura n’imodoka ye, bijyanwa kuri sitasiyo ya polisi ya Mpingi.

Igisirikare cya Uganda nacyo gihita gitangiza iperereza mu rwego rwo kugira ngo hamenyekane icyaha cyatumye uyu musirikare wo mu itsinda ry’abasirikare bashinzwe ubwubatsi yiyambura ubuzima.

Uvugira igisirikare cya Uganda wungirije, Col.Deo Akili, yagize ati: “Umusirikare yiyishe, kandi twatangiye iperereza duherereye ku makuru yabamuri hafi kugira ngo tumenye icyabimuteye.”

Yanaboneyeho kwibutsa ko igisirikare cy’igihugu cyabo gihugura abasirikare uko bakora bakamenya ibimenyetso by’umunaniro ukabije kandi bakanatanga ubufasha ku babukeneye. Avuga ko mu myaka yavuba itambutse, bagiye babona abagize ibibazo byo mu mutwe mu basirikare babo, ariko bigahita bibereka ko bagifite akazi ko guhugura.

Mu gihe iperereza rikomeje gukorwa kuri uku kwiyahura k’uyu musirikare, uyu muvugizi wa UPDF yizeje umuryango we kuzawuha ubufasha.

Tags: ArihoLtYiyahuye
Share34Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n’u Burusiya

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n’u Burusiya

Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n'u Burusiya Umunyamabanga mukuru wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika ushinzwe ububanyi n'amahanga, Marco Rubio, yatangaje ko igihugu cye cyifuza guhura n'u Burusiya, ibihugu...

Read moreDetails

Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho

Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho Abakunze gukorera ingendo mu gihugu cya Kenya, basabwe kwirinda kunywa inzoga zaho kuko ngo harizashizwemo uburozi. Bikubiye mu...

Read moreDetails

Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

Uwahoze ari perezida w'u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza Nicola Sarkozy wahoze ari perezida w'u Bufaransa, yageze muri gereza, aho agiye gutangira igihano azamaramo imyaka itanu. Kuri uyu wa...

Read moreDetails

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n'igisirikare cya Israel Igisirikare cya Israel cyagabye ibitero byo mu kirere mu gace ka Rafah ho muri Gaza, nyuma y'aho gishinje umutwe wa...

Read moreDetails

Uheruka kuvugwaho na perezida w’u Burundi yamusabye ko bohurira mu kiganiro

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Uheruka kuvugwaho na perezida w'u Burundi yamusabye ko bohurira mu kiganiro Pacifique Nininahazwe ukuriye ishirahamwe rya FECODE, rizwiho gutabariza Abarundi bari mukaga, nyuma y'uko aheruka kuvugwaho ibyo we...

Read moreDetails
Next Post
Amakuru ava mu Mikenke aravuga uko umupolisi mukuru uhafungiwe yagerageje gutoroka.

Amakuru ava mu Mikenke aravuga uko umupolisi mukuru uhafungiwe yagerageje gutoroka.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?