Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Uganda yagize icyo ivuga ku bikunzwe gutangazwa na Gen Kainarugaba Muhoozi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
December 22, 2024
in World News
0
Uganda yagize icyo ivuga ku bikunzwe gutangazwa na Gen Kainarugaba Muhoozi.
116
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uganda yagize icyo ivuga ku bikunzwe gutangazwa na Gen Kainarugaba Muhoozi.

You might also like

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ni ubutumwa bwatanzwe n’umuvugizi wa Guverinoma ya Uganda, Ofwono Opondo, aho yavuze ko Uganda irajwe ishinga n’ibikomeje gutangazwa na Gen Kainarugaba Muhoozi umugaba mukuru w’ingabo za Uganda. Abitangaza akoresheje urubuga rwa x.

Ku munsi w’ejo hashize tariki ya 21/12/2024 ni bwo Opondo yagarutse ku bitekerezeho Gen Kainarugaba Muhoozi akunze kunyuza kuri x yahoze yitwa Twitter, agaragaza ko atabyishimiye na gato.

Yagize ati: “Si ndabona umugaba mukuru w’ingabo, umuyobozi wa polisi cyangwa umuyobozi mukuru w’urwego rw’ubutasi akora ibintu nk’ibi. Ku Isi hose nta we ndabona. Rwose biduteye impungenge. Ariko nizeye ko murumuna wanjye, umugaba mukuru w’ingabo, ari kumva ndetse akabifata nk’ibikomeye. Akwiye kwisubiraho akita ku buryo atangamo ubutumwa.”

Uyu muvugizi wa Uganda, yanavuze ko nubwo benshi batazerura ngo bagaragarize Muhoozi ububi bw’ibyo bitekerezo atanga, ariko ko na bo bahangayitse ari na yo mpamvu ubona bagerageza kubirwanya, kuko biri kubashyira mu bibazo bikomeye.

Mu Cyumweru gishize, Repubulika ya demokarasi ya Congo na Sudan byagaragaje ko imvugo za Gen Kainarugaba zidakwiye.

Ni mu gihe yari aheruka gukoresha urubuga rwa x, atanga umuburo ku bacanshuro b’Abazungu bakorera mu Burasirazuba bwa RDC, avuga ko ingabo ze zizabagabaho ibitero mu mwaka utaha w’ 2025.

Ndetse kandi avuga ko agiye gukorana na Donald Trump uherutse gutorerwa kuyobora Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, mu gufata umujyi mukuru wa Sudan, Khartoum.

Sudan na RDC byanamaze kohereza inzandiko ubutegetsi bwa Uganda, zibusaba gutanga ibisobanuro ku butumwa bwa Gen Kainarugaba Muhoozi. Ariko ubwo butumwa Muhoozi yamaze kubusiba.

Ikindi nuko umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’ubanye n’amahanga y’iki gihugu cya Uganda, Vincent Bagire yatangaje ko yamaze kubona izo nzandiko, kandi ko biteguye no kuzisubiza.

Uyu muvugizi wa Uganda, yarangije avuga ko Gen Kainarugaba Muhoozi agomba kumenya ko umwanya w’ubuyobozi bw’igihugu arimo bukomeye, bityo ko akwiye no kwitonda akirinda gutangaza icyo abonye cyose.

Tags: ImvugoMuhoozi
Share46Tweet29Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y'indege. Indege yari itwaye abagenzi yakoze impanuka ikomeye mu gihugu cy'u Burusiya, ihitana abantu 48. Amakuru avuga ko iyo ndege yavaga mu mujyi...

Read moreDetails

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma. Umuyobozi wo muri Leta ya Ethiopia yanyomoje perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump, nyuma y'aho atangaje ko Amerika yateye inkunga umushinga wo...

Read moreDetails

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo. Ibihugu 25 byo ku isi, ahanini byo mu Burayi byahagurukiye gusaba Israel guhagarika intambara yashoye kuri Gaza. Bikubiye mu itangazo ibi...

Read moreDetails

Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo  kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

Ukraine yagaragaje ko ishaka kongera kuganira n'u Burusiya. Leta ya Ukraine yatangaje ko ibiganiro hagati yayo n'u Burusiya ko ari yo nzira yonyine nziza ishobora kubaganisha ku mahoro...

Read moreDetails

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo.

by Bruce Bahanda
July 18, 2025
0
Auto Draft

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo. Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika Donald Trump yari yarasezeranyije rubanda igihe cy'amatora ko azashyira ahagaragara amadosiye y'abantu bashinjwa ibyaha...

Read moreDetails
Next Post
Haravugwa imirwano ikaze hagati y’Ababembe n’Ababuyu.

Haravugwa imirwano ikaze hagati y'Ababembe n'Ababuyu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?