• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, August 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ikizakorwa mbere y’uko FDLR isenywa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 6, 2025
in Regional Politics
0
Ikizakorwa mbere y’uko FDLR isenywa.
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ikizakorwa mbere y’uko FDLR isenywa.

You might also like

Uyoboye Banki nkuru ya RDC yavuze impamvu ubukungu bw’iki gihugu butapfa kuzamuka.

U Rwanda rwamaganye ibirego bishinja igisirikare cya rwo gukora ubwicanyi muri RDC.

Perezida Tshisekedi yahishyuriye u Bubiligi ibyo atashimye ku biganiro bihuza Leta ye na M23 i Doha.

Minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yatanze umucyo kubibaza uko umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda uzasenywa, avuga ko mbere yuko urandurwa abawugize bazabanza bigishwe kuwuvamo.

Ibi minisitiri Nduhungurehe yabigarutseho ubwo yasobanuraga ibikubiye mu masezerano y’amahoro aherutse gushyirwaho umukono n’u Rwanda na Congo i Washington DC.

Abajijwe kubijyanye no gusenya uyu mutwe wa FDLR, yavuze ko hazabanza gukorwa ubukangurambaga bugamije gusaba abawubarizwamo kuwuvamo.

Ati: “Tuzabanza gukora ubukangurambaga, abagize uriya mutwe, muri bo abazabasha kubyumva bazajanwa ahabigenewe. Bacyurwe mu Rwanda.”

Nyuma hakazabona gukoreshwa ingufu za gisirikare, ariko bibanje gukorwa n’igisirikare cya RDC.

Binateganyijwe ko Fardc mbere yuko itangira ku wugabaho ibitero bigamije kuwusenya burundu, izabanza guhagarika imikoranire iyariyo yose ifitanye na wo.

Kandi mu kuwusenya ikazabikora mu gihe kitarenze amezi atatu, nyuma y’uko abakuru b’ibihugu byombi uw’u Rwanda n’u wa RDC na bo bazaba bageze i Washington DC gutanga umurongo wibyasinyiwe muri ayo masezerano. Maze nyuma yayo mezi atatu mu gihe bizaba bitatanze umusaruro, ingabo z’u Rwanda zizakorana n’iza RDC ba randure uwo mutwe burundu.

Tubibutsa ko aya masezerano yashyizweho umukono ku itariki ya 27/06/2025, imbere ya minisitiri w’ubanye n’amahanga wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Marco Rubio.

Nyuma yo kuyasinya, intambwe zikurikiraho, zirimo izo zo gusenya FDLR ni zo zisa nk’aho zikomeyeho, ariko kandi igisirikare cya RDC cyamaze kwemeza guhagarika imikoranire iyariyo yose n’umutwe wa FDLR. Ndetse kandi gishimangira ko kigiye kuwurwanya ki kawurandura burundu.

Indi ntambwe iri muri aya masezerano byavuzwe ko u Rwanda ruvana ingabo zarwo k’u butaka bwa Congo, nubwo rwo rutemera ko ntazo rufiteyo.

Ikindi kandi ni uko hari ikibazo cy’uyu mutwe wa M23. Ubutegetsi bw’i Kinshasa bushaka gusubirana uduce twose uyu mutwe wabohoje turimo n’udukungahaye ku mabuye y’agaciro muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru.

Kimwecyo, byitezwe ko bizaganirwaho mu biganiro bigamije kugarura amahoro mu Burasizuba bwa Congo, hagati ya RDC n’uyu mutwe wa M23 mu biganiro by’i Doha muri Qatar.

Ibyo niba bizashoboka bizaterwa nuko ibiganiro by’i Doha bizagenda.

Ikindi kandi birasabwa ko u Rwanda na Congo bigirana ubusabane bwabugufi kugira ngo ibyo biyemeje bigerweho, bitabaye ibyo kw’aba ari uguhendana.

Hejuru y’ibyo, Amerika na yo irasabwa kudatera agati muryinyo, ngwise nk’aho yarangije ikibazo. Irasabwa kwegera cyane buri ruhande rurebwa n’iki kibazo kugira ngo bikomeze kurushaho kunoga.

Tags: AmasezeranoFDLRGusenya
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uyoboye Banki nkuru ya RDC yavuze impamvu ubukungu bw’iki gihugu butapfa kuzamuka.

by Bruce Bahanda
August 23, 2025
0
Uyoboye Banki nkuru ya RDC yavuze impamvu ubukungu bw’iki gihugu butapfa kuzamuka.

Uyoboye Banki nkuru ya RDC yavuze impamvu ubukungu bw'iki gihugu butapfa kuzamuka. André Wameso uyoboye Banki nkuru ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yasobanuye ko iterambere ry'iki gihugu...

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye ibirego bishinja igisirikare cya rwo gukora ubwicanyi muri RDC.

by Bruce Bahanda
August 23, 2025
0
U Rwanda rwamaganye ibirego bishinja igisirikare cya rwo gukora ubwicanyi muri RDC.

U Rwanda rwamaganye ibirego bishinja igisirikare cya rwo gukora ubwicanyi muri RDC. Leta y'u Rwanda yamaganye ibirego bishinja igisirikare cya rwo byasohowe n'umuryango w'Abibumbye ushinzwe uburenganzira bwa muntu,...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yahishyuriye u Bubiligi ibyo atashimye ku biganiro bihuza Leta ye na M23 i Doha.

by Bruce Bahanda
August 20, 2025
0
Perezida Tshisekedi yahishyuriye u Bubiligi ibyo atashimye ku biganiro bihuza Leta ye  na M23  i Doha.

Perezida Tshisekedi yabwiye u Bubiligi ko atashimye umushinga w'amasezerano y'amahoro y'i Doha. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yabwiye minisitiri w'intebe w'u Bubiligi, Maxime Prevot,...

Read moreDetails

Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma.

by Bruce Bahanda
August 19, 2025
0
Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma.

Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma. Minisitiri w'ubanye n'amahanga wa Kenya yatanze ibisobanuro ku muntu wayo yashyizeho uyihagararira i Goma mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w'amasezerano y'amahoro. Guverinoma ya Qatar yashyikirije iya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 umushinga w'amasezerano y'amahoro kugira ngo...

Read moreDetails
Next Post
Trump wasezeranyije kurangiza intambara ya Ukraine n’u Burusiya mu masaha 24 gusa, yagize icyo abivugaho.

Trump wasezeranyije kurangiza intambara ya Ukraine n'u Burusiya mu masaha 24 gusa, yagize icyo abivugaho.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?