Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Uko byagenze ku bapolisi bari bafunzwe na Wazalendo i Uvira.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 11, 2025
in Conflict & Security
0
Uko byagenze ku bapolisi bari bafunzwe na Wazalendo i Uvira.
110
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uko byagenze ku bapolisi bari bafunzwe na Wazalendo i Uvira.

You might also like

Ingabo za RDC zizindutse zikora igikorwa kigaragaza ko zishaka gutera mu duce tw’i Mulenge.

Umugabo ukiri muto yiciwe i Uvira.

RDC: Benshi baguye mu mpanuka y’ubwato.

Abapolisi ba Congo n’abasivili bari bafunzwe na Wazalendo i Uvira bazira kuba ari Abatutsi, nyuma bakaza kurekurwa babanje gukorerwa iyicarubozo, ndetse kandi bamburwa n’ibyabo, bari icumi nabarindwi bose, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 11/06/2025, ni bwo bariya bapolisi bahohotewe bikomeye, ubwo bari bazamutse imisozi y’i Ndondo ya Bijombo batashye iwabo.

Bivugwa ko bari i Uvira, kandi ko bari bahamaze iminsi ingana n’ukwezi n’ibyumweru bitatu. Bahageze n’ubundi baturutse muri biriya bice by’i Ndondo ya Bijombo aho basanzwe bakorera akazi k’igipolisi.

Aya makuru akomeza avuga ko bari baje aha i Uvira gufata umushahara wabo w’ukwezi.

Gusa, bahamara iriya minsi kubera bari babuze inzira, bitewe n’umutekano muke. Bigeze mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, ingabo z’u Burundi ziri i Uvira zibabwira ko zibaherekeza, abandi niko guhita bazamukana nazo.

Nyuma, bageze ku ma bariyeri ya Wazalendo ari mu gice kizamuka imisozi cya Majaga, barabimira! Aha rero niho byaje gukomera ingabo z’u Burundi zari zibaherekeje, zirushywa imbaraga na bariya Wazalendo, kuko bababwiraga ko aba ba polisi ko ari abanzi b’igihugu.

Umutangabuhamya yagize ati: “Abasirikare b’u Burundi bari babaherekeje, batinye gukomeza gutongana na Wazalendo. Nta nyungu babonye zo gutongana na bo, ngo bari kuvugira Umunyamulenge.”

Icya kurikiyeho, aba bapolisi barimo kandi n’abasevili, bahise bamunurwa baja gufungirwa ahitwa Kilibula muri Uvira.

Aya makuru akomeza avuga ko mbere yuko bajanwa i Kilibula gufungwa, babanje kubakorera iyicarubozo, barabakubita, ndetse kandi ngo babanyaga n’amafaranga yose bari bapokeye y’umushahara wabo w’ukwezi ayari yabazanye i Uvira.

Ati: “Babakubise cyane mbere yuko batabwa mu nzu y’imbohe. Muri bo hari abakomeretse bikabije, kuko hari uwatewe icyuma mu mutwe. Gusa ariko, baje kubarekura igihe c’isaha ya saa kumi z’umugoroba.”

Ahagana saa kumi zija gushyira muri saa kumi n’imwe z’umugoroba, ni bwo barekuwe bose.

Nubwo barekuwe, ariko guhohotera Abanyamulenge n’Abatutsi bose muri rusange mu bice bikigenzurwa n’uruhande rwa Leta ya Congo, mu Burasizuba bw’iki gihugu, bigenda birushyaho gufata indi ntera.

Imyaka ibaye myinshi, abo muri ubu bwoko basaba kugirirwa impuhwe, ariko nyamara nta kibasha guhinduka muri ibyo. Kimwecyo, mu bice umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho bigenzura ibyo bambuye ingabo za Congo, biratekanye, kandi Abanyamulenge babirimo bahumeka amahoro, bakanayigamba.

Hagataho, yaba Abanyamulenge cyangwa abo mu yandi moko bamaze kumenya umuhate wa M23 na Twirwaneho wo gushakira iki gihugu amahoro, basaba iyi mitwe yombi kuza ikabohoza i Uvira n’ibindi bice bikigenzurwa na FARDC n’abambari bayo, mu rwego rwo kugira ngo na bo babone umutekano.

Tags: AbanyamulengebafunzwePolisiUvira
Share44Tweet28Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ingabo za RDC zizindutse zikora igikorwa kigaragaza ko zishaka gutera mu duce tw’i Mulenge.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Havuzwe amakuru yateye icyikango abatuye i Kaziba.

Ingabo za RDC zizindutse zikora igikorwa kigaragaza ko zishaka gutera mu duce tw'i Mulenge. Ihuriro ry'Ingabo zirwanirira ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, za zindutse zitera ibisasu...

Read moreDetails

Umugabo ukiri muto yiciwe i Uvira.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Kuvaho abarwanirira RDC bahungiye Uvira umubare wabo bamaze kuhicira wamenyekanye.

Umugabo ukiri muto yiciwe i Uvira. Umugabo uri mukigero cy'imyaka 25 y'amavuko, umwirondoro we utaramenyekana neza, basanze aho yiciwe mu mujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo....

Read moreDetails

RDC: Benshi baguye mu mpanuka y’ubwato.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
RDC: Benshi baguye mu mpanuka y’ubwato.

RDC: Benshi baguye mu mpanuka y'ubwato. Amato abiri yakoze impanuka mu kiyaga cya Tumba mu ntara ya Equateur, muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, hapfa abantu 32. Ni...

Read moreDetails

Iby’uruzinduko rw’umuyobozi wa MONUSCO i Goma hagenzurwa na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 12, 2025
0
Iby’uruzinduko rw’umuyobozi wa MONUSCO i Goma hagenzurwa na AFC/M23.

Iby'uruzinduko rw'umuyobozi wa MONUSCO i Goma hagenzurwa na AFC/M23. Umuyobozi wa MONUSCO muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Bintou Keita, yageze i Goma mu Burasirazuba bw'iki gihugu, hagenzurwa...

Read moreDetails

Hamenyekanye ibyo umuyobozi wa secteur ya Itombwe yakoreye muri ako gace.

by Bruce Bahanda
June 12, 2025
0
Hamenyekanye ibyo umuyobozi wa secteur ya Itombwe yakoreye muri ako gace.

Hamenyekanye ibyo umuyobozi wa secteur ya Itombwe yakoreye muri ako gace. Mu gituruge cya Gipupu ari na cyo kirimo i cyicyaro gikuru cya secteur ya Itombwe muri teritware...

Read moreDetails
Next Post
Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?