• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, August 16, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Uko byagenze ku bapolisi bari bafunzwe na Wazalendo i Uvira.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 11, 2025
in Conflict & Security
0
Uko byagenze ku bapolisi bari bafunzwe na Wazalendo i Uvira.
125
SHARES
3.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uko byagenze ku bapolisi bari bafunzwe na Wazalendo i Uvira.

You might also like

Col. Gisore w’Umunyamulenge wo muri FARDC yaguye mu mpanuka y’indege.

Muri Manyema haravugwa imirwano y’amakundura hagati ya FARDC na Wazalendo.

Iby’uko Kivu yaba igiye kuba igihugu byongeye gufata indi ntera.

Abapolisi ba Congo n’abasivili bari bafunzwe na Wazalendo i Uvira bazira kuba ari Abatutsi, nyuma bakaza kurekurwa babanje gukorerwa iyicarubozo, ndetse kandi bamburwa n’ibyabo, bari icumi nabarindwi bose, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 11/06/2025, ni bwo bariya bapolisi bahohotewe bikomeye, ubwo bari bazamutse imisozi y’i Ndondo ya Bijombo batashye iwabo.

Bivugwa ko bari i Uvira, kandi ko bari bahamaze iminsi ingana n’ukwezi n’ibyumweru bitatu. Bahageze n’ubundi baturutse muri biriya bice by’i Ndondo ya Bijombo aho basanzwe bakorera akazi k’igipolisi.

Aya makuru akomeza avuga ko bari baje aha i Uvira gufata umushahara wabo w’ukwezi.

Gusa, bahamara iriya minsi kubera bari babuze inzira, bitewe n’umutekano muke. Bigeze mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, ingabo z’u Burundi ziri i Uvira zibabwira ko zibaherekeza, abandi niko guhita bazamukana nazo.

Nyuma, bageze ku ma bariyeri ya Wazalendo ari mu gice kizamuka imisozi cya Majaga, barabimira! Aha rero niho byaje gukomera ingabo z’u Burundi zari zibaherekeje, zirushywa imbaraga na bariya Wazalendo, kuko bababwiraga ko aba ba polisi ko ari abanzi b’igihugu.

Umutangabuhamya yagize ati: “Abasirikare b’u Burundi bari babaherekeje, batinye gukomeza gutongana na Wazalendo. Nta nyungu babonye zo gutongana na bo, ngo bari kuvugira Umunyamulenge.”

Icya kurikiyeho, aba bapolisi barimo kandi n’abasevili, bahise bamunurwa baja gufungirwa ahitwa Kilibula muri Uvira.

Aya makuru akomeza avuga ko mbere yuko bajanwa i Kilibula gufungwa, babanje kubakorera iyicarubozo, barabakubita, ndetse kandi ngo babanyaga n’amafaranga yose bari bapokeye y’umushahara wabo w’ukwezi ayari yabazanye i Uvira.

Ati: “Babakubise cyane mbere yuko batabwa mu nzu y’imbohe. Muri bo hari abakomeretse bikabije, kuko hari uwatewe icyuma mu mutwe. Gusa ariko, baje kubarekura igihe c’isaha ya saa kumi z’umugoroba.”

Ahagana saa kumi zija gushyira muri saa kumi n’imwe z’umugoroba, ni bwo barekuwe bose.

Nubwo barekuwe, ariko guhohotera Abanyamulenge n’Abatutsi bose muri rusange mu bice bikigenzurwa n’uruhande rwa Leta ya Congo, mu Burasizuba bw’iki gihugu, bigenda birushyaho gufata indi ntera.

Imyaka ibaye myinshi, abo muri ubu bwoko basaba kugirirwa impuhwe, ariko nyamara nta kibasha guhinduka muri ibyo. Kimwecyo, mu bice umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho bigenzura ibyo bambuye ingabo za Congo, biratekanye, kandi Abanyamulenge babirimo bahumeka amahoro, bakanayigamba.

Hagataho, yaba Abanyamulenge cyangwa abo mu yandi moko bamaze kumenya umuhate wa M23 na Twirwaneho wo gushakira iki gihugu amahoro, basaba iyi mitwe yombi kuza ikabohoza i Uvira n’ibindi bice bikigenzurwa na FARDC n’abambari bayo, mu rwego rwo kugira ngo na bo babone umutekano.

Tags: AbanyamulengebafunzwePolisiUvira
Share50Tweet31Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Col. Gisore w’Umunyamulenge wo muri FARDC yaguye mu mpanuka y’indege.

by Bruce Bahanda
August 16, 2025
0
Auto Draft

Col. Gisore w'Umunyamulenge wo muri FARDC yaguye mu mpanuka y'indege. Colonel Gisore uzwi cyane ku izina rya Kigofero yaguye mu mpanuka y'indege y'igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya...

Read moreDetails

Muri Manyema haravugwa imirwano y’amakundura hagati ya FARDC na Wazalendo.

by Bruce Bahanda
August 16, 2025
0
Amerika yafatiye ibihano bikakaye umwe mu mitwe yitwaje intwaro ukorana byahafi n’ingabo za RDC.

Muri Manyema haravugwa imirwano y'amakundura hagati ya FARDC na Wazalendo. Imirwano iracyakomeje hagati y'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo n'ihuriro rya Wazalendo basanzwe bakorana byahafi mu ntara...

Read moreDetails

Iby’uko Kivu yaba igiye kuba igihugu byongeye gufata indi ntera.

by Bruce Bahanda
August 16, 2025
0
Iby’uko Kivu yaba igiye kuba igihugu byongeye gufata indi ntera.

Iby'uko Kivu yaba igiye kuba igihugu byongeye gufata indi ntera. Repubulika ya Kivu yaba igiye kubaho, ni gikorwa cyibazwa nyuma y'aho igihugu cya Kenya cyohereje umuntu i Goma...

Read moreDetails

Imirwano yakajije umurego hagati ya Wazalendo na FARDC muri Manyema.

by Bruce Bahanda
August 15, 2025
0
Amerika yafatiye ibihano bikakaye umwe mu mitwe yitwaje intwaro ukorana byahafi n’ingabo za RDC.

Imirwano yakajije umurego hagati ya Wazalendo na FARDC muri Manyema. Imirwano ikomeye hagati y'ihuriro rya Wazalendo n'ingabo za Republika ya demokarasi ya Congo zisanzwe zifatanya kurwanya ihuriro rya...

Read moreDetails

Bibogobogo:Amafaranga yaragiye guhembwa Abalimu, Wazalendo bayanyaze.

by Bruce Bahanda
August 15, 2025
0
Bibogobogo:Amafaranga yaragiye guhembwa Abalimu, Wazalendo bayanyaze.

Bibogobogo:Amafaranga yaragiye guhembwa Abalimu, Wazalendo bayanyaze. Abarwanyi bo mu ihuriro rya Wazalendo basanzwe bakorana byahafi na Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, banyaze amafaranga yaragenewe guhemba Abalimu...

Read moreDetails
Next Post
Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?