• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, December 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Uko byifahe mu Minembwe, nyuma y’aho M23 ifashe i Bukavu.

minebwenews by minebwenews
February 15, 2025
in Regional Politics
0
Uko byifahe mu Minembwe, nyuma y’aho M23 ifashe i Bukavu.
159
SHARES
4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uko byifahe mu Minembwe, nyuma y’aho M23 ifashe i Bukavu.

You might also like

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

U Burundi bwatangaje amagambo akakaye ku bitero buvuga ko bwagabweho n’u Rwanda

Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri

Ku munsi w’ejo hashize tariki ya 14/02/2025, umutwe wa M23 wafashe umujyi wa Bukavu, na Twirwaneho yirukana ingabo za FARDC zari ku kibuga cy’indege cya Minembwe, ibyatumye zimwe muri izi ngabo zihunga ziva mu misozi miremire y’Imulenge zimanukana kwa Mulima.

Kuri uyu wa Gatandatu, nta mirwano yabaye mu Minembwe, usibye ko ahar’ejo hiriwe imirwano ikaze yasize Twirwaneho ifashe ikibuga cy’indege cya Minembwe, n’utundi duce tumwe twa Kiziba ibarizwamo iki kibuga cy’indege cya Minembwe.

Twirwaneho yigaruriye iki kibuga cy’indege cya Minembwe, mu gihe M23 na yo yafashe umujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’i Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, ndetse kandi ifata n’indi mijyi mito irimo Katana na Kavumu iherereyemo iki kibuga cy’indege cyitiriwe Kavumu.

Kuba uyu mutwe wa M23 warabohoje i Bukavu na Twirwaneho igafata ikibuga cy’indege cya Minembwe byatumye ingabo za FARDC zo muri brigade ya 21 ifite icyicaro gikuru mu Madegu zimwe muri zo zikuramo akabo karenge zirahunga.

Ubuhamya Minembwe.com yahawe n’umuturage utuye mu Minembwe uwo dukesha iyi nkuru, bugira buti: “Aha mu Minembwe twiriwe neza. Nta ntambara yabaye uyu munsi. Ingabo za FARDC ziracyari kwa Buhimba i Lundu, kuri Brigade muri centre ya Minembwe, ndetse no kuri Ugeafi. Ariko hari abasirikare bake bo muri iz’i ngabo bahunze. Bahaye inzira yo kwa Mulima.”

Bukomeza bugira buti: “Cyane abagiye ni abari i Lundu no kuri Ugeafi. Mu Mikenke naho abasirikare benshi bamanutse, kuko banyuze mu Rwitsankuku barakomeza no kwa Mulima.”

Nta mubare wabahunze wagaragajwe, ariko abababonye bamanuka uwa Mukoko bakomereza kwa Mulima, bavuze ko babarirwa mu magana.

Andi makuru avuga ko kumanywa yo kuri uyu wa Gatandatu, humvikanye urusaku rw’imbunda mu Gipupu haherereye hafi na Mikenke muri Secteur ya Itombwe, ariko bikavugwa ko ari Maï-Maï yasubiranyemo, iri subiranamo bikavugwa ko ryavuye kukuba bamwe muri uwo mutwe wa Maï-Maï bashaka gushyikirana n’Abanyamulenge, nubwo iyi nkuru itaremezwa n’abachefs bo mu bwoko bw’Ababembe.

Kurundi ruhande i Bukavu hafi n’umujyi wayo naho humvikanye iturika ry’imbunda ridasanzwe, aho bivugwa ko ingabo za FARDC mbere y’uko zihunga zatwitse ububiko bw’imbunda zabo, mu rwego rwo kugira ngo m23 yabirukanye muri iki gice itazazikoresha.

Hagataho M23 ikomeje kugenda igarura umutekano muri uyu mujyi wa Bukavu, ari nako ikangurira n’abaturage gutekana, nk’uko yabivuze mu itangazo yashyize hanze ku gicamunsi cyo kuri uyu munsi.

Nyamara kandi amakuru mashya avuga ko uyu mutwe wa M23 ushobora kuba ugiye kwigarurira iyi ntara yose mu gihe gito, kuko ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, ririmo FARDC, FDLR, ingabo z’u Burundi na Wazalendo ririmo kwiruka ridahindukira. Ikindi gishyingirwaho n’uko ingabo zo muri uru ruhande rwa Leta zirimo guhunga zigata ibirindiro byazo nta ntambara zirahura nayo, nk’izi zahunze muri teritware ya Fizi. Ndetse hari n’ahandi zahunze muri teritware ya Walungu muri utu duce two mu nkengero z’umujyi wa Bukavu.

Tags: BukavuFardcM23MinembweTwirwaneho
Share64Tweet40Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe Intambara ikomeje mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje kugira ingaruka zikomeye...

Read moreDetails

U Burundi bwatangaje amagambo akakaye ku bitero buvuga ko bwagabweho n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
Perezida w’u Burundi agiye gufatanya na Kigali na Kinshasa mu rugendo rw’amahoro i Washington

U Burundi bwatangaje amagambo akakaye ku bitero buvuga ko bwagabweho n’u Rwanda Leta y’u Burundi yatangaje ko u Rwanda rukomeje ibikorwa busobanura nk’iby’urugomo no guhungabanya umutekano” ku mupaka...

Read moreDetails

Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri

by Bahanda Bruce
December 6, 2025
0
Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri

Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri Amakuru mashya aturuka mu Burundi akomeje kugaragaza urugendo rutavugwaho rumwe rw’imodoka...

Read moreDetails

Ubusesenguzi ku Bitekerezo bya Girinka Kabare ku Mibanire ya Perezida w’u Burundi n’Abanyamurenge

by Bahanda Bruce
December 6, 2025
0
Perezida w’u Burundi agiye gufatanya na Kigali na Kinshasa mu rugendo rw’amahoro i Washington

Ubusesenguzi ku Bitekerezo bya Girinka Kabare ku Mibanire ya Perezida w’u Burundi n’Abanyamurenge Umusesenguzi w’Umunye-Congo wo mu bwoko bw’Abanyamulenge, William Girinka Kabare, mu kiganiro yagiranye na Minembwe Capital...

Read moreDetails

Cibitoke: Inama y’Igitaraganya yatumijwe n’Ubuyobozi mu gihe imirwano ikomeje gukaza umurego muri Kivu y’Amajyepfo

by Bahanda Bruce
December 6, 2025
0
Cibitoke: Inama y’Igitaraganya yatumijwe n’Ubuyobozi mu gihe imirwano ikomeje gukaza umurego muri Kivu y’Amajyepfo

Cibitoke: Inama y'Igitaraganya yatumijwe n’Ubuyobozi mu gihe imirwano ikomeje gukaza umurego muri Kivu y’Amajyepfo Amakuru aturuka mu ntara ya Cibitoke mu Burundi aravuga ko Musitanteri w’iyi ntara, Najeneza...

Read moreDetails
Next Post
Iby’abasirikare ba FARDC bahunze urugamba muri Kivu y’Epfo.

FARDC iri kwica abasivili bavuga ururimi rw'ikinyarwanda muri Kivu y'Epfo mu duce tutarafatwa na M23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?