Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Uko byifahe mu Minembwe, nyuma y’aho M23 ifashe i Bukavu.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 15, 2025
in Regional Politics
0
Uko byifahe mu Minembwe, nyuma y’aho M23 ifashe i Bukavu.
159
SHARES
4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uko byifahe mu Minembwe, nyuma y’aho M23 ifashe i Bukavu.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ku munsi w’ejo hashize tariki ya 14/02/2025, umutwe wa M23 wafashe umujyi wa Bukavu, na Twirwaneho yirukana ingabo za FARDC zari ku kibuga cy’indege cya Minembwe, ibyatumye zimwe muri izi ngabo zihunga ziva mu misozi miremire y’Imulenge zimanukana kwa Mulima.

Kuri uyu wa Gatandatu, nta mirwano yabaye mu Minembwe, usibye ko ahar’ejo hiriwe imirwano ikaze yasize Twirwaneho ifashe ikibuga cy’indege cya Minembwe, n’utundi duce tumwe twa Kiziba ibarizwamo iki kibuga cy’indege cya Minembwe.

Twirwaneho yigaruriye iki kibuga cy’indege cya Minembwe, mu gihe M23 na yo yafashe umujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’i Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, ndetse kandi ifata n’indi mijyi mito irimo Katana na Kavumu iherereyemo iki kibuga cy’indege cyitiriwe Kavumu.

Kuba uyu mutwe wa M23 warabohoje i Bukavu na Twirwaneho igafata ikibuga cy’indege cya Minembwe byatumye ingabo za FARDC zo muri brigade ya 21 ifite icyicaro gikuru mu Madegu zimwe muri zo zikuramo akabo karenge zirahunga.

Ubuhamya Minembwe.com yahawe n’umuturage utuye mu Minembwe uwo dukesha iyi nkuru, bugira buti: “Aha mu Minembwe twiriwe neza. Nta ntambara yabaye uyu munsi. Ingabo za FARDC ziracyari kwa Buhimba i Lundu, kuri Brigade muri centre ya Minembwe, ndetse no kuri Ugeafi. Ariko hari abasirikare bake bo muri iz’i ngabo bahunze. Bahaye inzira yo kwa Mulima.”

Bukomeza bugira buti: “Cyane abagiye ni abari i Lundu no kuri Ugeafi. Mu Mikenke naho abasirikare benshi bamanutse, kuko banyuze mu Rwitsankuku barakomeza no kwa Mulima.”

Nta mubare wabahunze wagaragajwe, ariko abababonye bamanuka uwa Mukoko bakomereza kwa Mulima, bavuze ko babarirwa mu magana.

Andi makuru avuga ko kumanywa yo kuri uyu wa Gatandatu, humvikanye urusaku rw’imbunda mu Gipupu haherereye hafi na Mikenke muri Secteur ya Itombwe, ariko bikavugwa ko ari Maï-Maï yasubiranyemo, iri subiranamo bikavugwa ko ryavuye kukuba bamwe muri uwo mutwe wa Maï-Maï bashaka gushyikirana n’Abanyamulenge, nubwo iyi nkuru itaremezwa n’abachefs bo mu bwoko bw’Ababembe.

Kurundi ruhande i Bukavu hafi n’umujyi wayo naho humvikanye iturika ry’imbunda ridasanzwe, aho bivugwa ko ingabo za FARDC mbere y’uko zihunga zatwitse ububiko bw’imbunda zabo, mu rwego rwo kugira ngo m23 yabirukanye muri iki gice itazazikoresha.

Hagataho M23 ikomeje kugenda igarura umutekano muri uyu mujyi wa Bukavu, ari nako ikangurira n’abaturage gutekana, nk’uko yabivuze mu itangazo yashyize hanze ku gicamunsi cyo kuri uyu munsi.

Nyamara kandi amakuru mashya avuga ko uyu mutwe wa M23 ushobora kuba ugiye kwigarurira iyi ntara yose mu gihe gito, kuko ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, ririmo FARDC, FDLR, ingabo z’u Burundi na Wazalendo ririmo kwiruka ridahindukira. Ikindi gishyingirwaho n’uko ingabo zo muri uru ruhande rwa Leta zirimo guhunga zigata ibirindiro byazo nta ntambara zirahura nayo, nk’izi zahunze muri teritware ya Fizi. Ndetse hari n’ahandi zahunze muri teritware ya Walungu muri utu duce two mu nkengero z’umujyi wa Bukavu.

Tags: BukavuFardcM23MinembweTwirwaneho
Share64Tweet40Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Iby’abasirikare ba FARDC bahunze urugamba muri Kivu y’Epfo.

FARDC iri kwica abasivili bavuga ururimi rw'ikinyarwanda muri Kivu y'Epfo mu duce tutarafatwa na M23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?