Uko byifashe ku mirongo y’urugamba hagati ya Twirwaneho n’ihuriro ry’ingabo za Congo mu Mikenke.
Nyuma y’aho ku munsi w’ejo ku wa gatatu Twirwaneho ifatanyije na M23 barwanye n’ihuriro ry’ingabo za Congo rigahunga, uyu munsi naho ryongeye kugaragara riri kwitegura kugaba ibitero kuri uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23.
Ibitero ihuriro ry’ingabo za Congo ryagabye aha’rejo tariki ya 16/04/2025, ribigaba mu birindiro bya Twirwaneho na M23 mu Mikenke, zabigabye ziturutse mu duce twinshi two muri Mwenga na Fizi.
Igitero kimwe cyinutse mu gace ka Turemberembe, ikindi gituruka mu Kivogerwa ariko cyari cyinutse epfo mu Lulenge rwo mu Mibunda.
Mu gihe ikindi cyaturutse mu Gipupu ari nacyo cyabanjye kurema mu guhanga na Twirwaneho nubwo nacyo byarangiye gisubijwe inyuma.
Andi makuru akavuga ko igitero cyaturutse uruhande rwa Bilalombili cyarimo ingabo z’u Burundi n’abarwanyi bo mu mutwe wa FDLR ko kitigeze kirwana, huhwo mu cyimbo cyo kurwana cyashyinze ibirindiro muri iki gice cya Bilalombili.
Ibindi ngo kibishyira ahitwa mu Ngenzi, mu gihe ibindi cyabishyinze mu Rwitsankuku haherereye mu ntera ngufi uvuye aha ku Bilalombili.
Aya makuru akomeza avuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki ya 17/04/2025, aba basirikare bo ku ruhande rwa Leta bashyinze ibirindiro muri iki gice cya Bilalombili bazindutse bagaragariza Twirwaneho na M23 ko bashaka kubagabaho ibitero.
Ni mu gihe barimo gupanuwa ku misozi iteganye n’iyo iyi mitwe uwa Twirwaneho n’uwa M23 bigenzura.
Ubuhamya bugira buti: “Ku Bilalombili, ingabo za Congo n’abambari bazo bari kwisuganye ku dutera kandi. Bari gupanuwa ku misozi iteganye n’iyo turiho.”
Ariko kugeza ubu ntaharumvikana urusaku rw’imbunda, nubwo bigaragara ko ku mpande zombi biteguye guhangana.
Kuva Twirwaneho yafata iki gice cya Mikenke mu mpera z’ukwezi kwa kabiri uyu mwaka wa 2025, iri huriro ry’ingabo za Congo zagumye ku yigabamo ibitero byaburi munsi, ariko nyamara uyu mutwe ukomeje kugenzura igice kinini cyayo, ndetse n’utundi duce turi mu nkengero zayo.
Ubundi kandi muri centre y’iki gice cya Mikenke nayo igenzurwa n’uy’u mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23, hakorwa ibikorwa bifasha abaturage, kuko iyi mitwe ihakoresha imiganda igamije kuhasukura, ndetse kandi n’ibikorwa by’ubucuruzi bigakorwa neza haba ku baturage babigana n’ababicuruzamo.