• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 3, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Uko i Mulenge byifashe n’uduce FDLR n’Ingabo za RDC zagaragayemo.

minebwenews by minebwenews
July 12, 2025
in Conflict & Security
0
Uko i Mulenge byifashe n’uduce FDLR n’Ingabo za RDC zagaragayemo.
96
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uko i Mulenge byifashe n’uduce FDLR n’Ingabo za RDC zagaragayemo.

You might also like

Hafi n’i kaziba haravugwa imirwano mishya hagati ya AFC/M23/MRDP n’ingabo za RDC

Ingabo z’u Burundi zongeye gukora ubundi bugome ku Ndondo ya Bijombo

Perezida Tshisekedi yazamuye mu ntera abasirikare bakuru 2 yashyinguye aha’rejo.

Nyuma y’aho i Mulenge ho muri Kivu y’Amajyepfo hakomeje kuvugwa ibitero byenda kuhagabwa, hari uduce ihuriro ry’Ingabo za Congo ari nazo zirimbanyije kugaba ibyo bitero zatangiye kugaragaramo ndetse havugwa naho zigambiriye gutera.

Bikubiye mu butumwa twahawe n’abamwe mu baturiye utwo duce bahaye ubwanditsi bwa Minembwe Capital News.

Ubutumwa bwabo bugira buti: “Bamwe mubo mw’ihuriro ry’Ingabo za RDC ari nabo banzi bagaba ibitero, bagaragaye kuri Buyaga no mu tundi duce duherereye hafi aho.”

Buyaga akaba ari agace gatunganye mu bice byerekeza ahagana i Mirimba uvuye za Rugezi.

Mirimba ivugwa izwi nk’igice gikomeye gisigariyemo FDLR na Wazalendo ndetse n’ingabo z’u Burundi, nyuma y’aho yambuwe Rugezi mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka yahoze ari indiri yabo ikomeye kuva mu mwaka wa 2018.

Ibi by’umwanzi kugaragara muri utwo duce byatumye hongera kuba ubwoba kubaherereye mu Rugezi no mu nkengero za centre ya Minembwe.

Ati: “Byari bizwi ko umwanzi agaba ibitero mu Rugezi mu ijoro ryaraye rikeye, ariko naho atabigabye, ariko ntacyizere cy’uko yagaragariye ubusa. Buriya ari kwitegura.”

Ahandi havuzwe umwanzi ari gutegura kuhagaba ibitero ni mu Mikenke, kuko amakuru avayo avuga ko umwanzi agambiriye kuhatera.

Ati: “Mu Mikenke bararanye ubwoba ko umwanzi aturuka kuri Point Zero akabagabaho ibitero.”

Naho iki gice cya Mikenke nta mwanzi wakigaragayemo nk’uko yagaragaye mu nshe za Rugezi, ariko bo babwiwe ayo makuru n’abamwe bo mu ihuriro ry’ingabo za Congo, babunyujije mu butumwa bw’inyandiko.

Ibi byatumye n’abo bararana ubwoba, ariko kubw’amahirwe ya nyagasani babyutse amahoro.

Ibi bibaye mu gihe mu mu ntangiriro z’iki cyumweru turimo, havuzwe ko leta iri gutegura kugaba ibitero mu Banyamulenge, cyane mu Rurambo, Rugezi, Minembwe na Mikenke.

Ni mu gihe iyi Leta yohereje i Uvira na Fizi abasirikare bayo ibihumbi 60, aba bagiye bava mu bice bitandukanye harimo abaturutse i Kalemi, Kisangani, Kindu n’ahandi.

Uyu muteguro Leta irimo ugamije kwisubize ibice byose ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/Twirwaneho ryayambuye.

Uretse kuba muri ibyo bihumbi by’abasirikare ba Leta birimo aboherejwe mu bice binyuranye byo mu misozi y’i Mulenge, banoherejwe kandi no mu Kibaya cya Rusizi akaba ari nabo bakazakomereza i Kamanyola, Nyangenzi n’i Bukavu, nk’uko amakuru akomeza abivuga.

Tags: FDLRIhuriro ry'Ingabo za RDCMikenkeMinembweRugezi
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Hafi n’i kaziba haravugwa imirwano mishya hagati ya AFC/M23/MRDP n’ingabo za RDC

by Bahanda Bruce
September 2, 2025
0
Hafi n’i kaziba haravugwa imirwano mishya hagati ya AFC/M23/MRDP n’ingabo za RDC

Hafi n'i kaziba haravugwa imirwano mishya hagati ya AFC/M23/MRDP n'ingabo za RDC Amakuru ava mu bice byo muri teritware ya Walungu mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, aravuga ko...

Read moreDetails

Ingabo z’u Burundi zongeye gukora ubundi bugome ku Ndondo ya Bijombo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Ingabo z’u Burundi zongeye gukora ubundi bugome ku Ndondo ya Bijombo

Abasirikare b'u Burundi bakorera mu bice bituwe n'Abanyamulenge biherereye muri grupema ya Bijombo, ahazwi nk'i Ndondo y'i Buvira cyangwa ya Bijombo muri Kivu y'Amajyepfo, nyuma y'aho basahuye mu...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yazamuye mu ntera abasirikare bakuru 2 yashyinguye aha’rejo.

by minebwenews
September 2, 2025
0
Perezida Tshisekedi yazamuye mu ntera abasirikare bakuru 2 yashyinguye aha’rejo.

Perezida Tshisekedi yazamuye mu ntera abasirikare bakuru 2 yashyinguye aha'rejo. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yazamuye mu ntera General Peter Cirumwami Nkuba na Colonel...

Read moreDetails

Abanya-Uvira baburiwe kwirinda kugera mu duce byavuzwe ko Wazalendo badufunze

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

Abanya-Uvira baburiwe kwirinda kugera mu duce byavuzwe ko Wazalendo badufunze Abanyamulenge bari Uvira n'abahazindukira, baburiwe kwirinda cyane muri iki gihe, ngo kuko Wazalendo bashobora kubagirira nabi kandi ko...

Read moreDetails

Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

Nyuma y'aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane Brigadier General Olivier Gasita wo mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, ushinzwe ibikorwa bya...

Read moreDetails
Next Post
Icyo uruzinduko rwa  Commandant secteur mu Bibogobogo rugamije.

Icyo uruzinduko rwa Commandant secteur mu Bibogobogo rugamije.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?