Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Uko i Mulenge byifashe n’uduce FDLR n’Ingabo za RDC zagaragayemo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 12, 2025
in Conflict & Security
0
Uko i Mulenge byifashe n’uduce FDLR n’Ingabo za RDC zagaragayemo.
78
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uko i Mulenge byifashe n’uduce FDLR n’Ingabo za RDC zagaragayemo.

You might also like

Byinshi ku ngabo za FARDC, FDLR na Wazalendo zoherejwe mu duce du tatu two mu misozi ya Rurambo.

Icyo uruzinduko rwa Commandant secteur mu Bibogobogo rugamije.

Amasasu ya Mag yarimo amanuka mu Kabanju nk’imvura.

Nyuma y’aho i Mulenge ho muri Kivu y’Amajyepfo hakomeje kuvugwa ibitero byenda kuhagabwa, hari uduce ihuriro ry’Ingabo za Congo ari nazo zirimbanyije kugaba ibyo bitero zatangiye kugaragaramo ndetse havugwa naho zigambiriye gutera.

Bikubiye mu butumwa twahawe n’abamwe mu baturiye utwo duce bahaye ubwanditsi bwa Minembwe Capital News.

Ubutumwa bwabo bugira buti: “Bamwe mubo mw’ihuriro ry’Ingabo za RDC ari nabo banzi bagaba ibitero, bagaragaye kuri Buyaga no mu tundi duce duherereye hafi aho.”

Buyaga akaba ari agace gatunganye mu bice byerekeza ahagana i Mirimba uvuye za Rugezi.

Mirimba ivugwa izwi nk’igice gikomeye gisigariyemo FDLR na Wazalendo ndetse n’ingabo z’u Burundi, nyuma y’aho yambuwe Rugezi mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka yahoze ari indiri yabo ikomeye kuva mu mwaka wa 2018.

Ibi by’umwanzi kugaragara muri utwo duce byatumye hongera kuba ubwoba kubaherereye mu Rugezi no mu nkengero za centre ya Minembwe.

Ati: “Byari bizwi ko umwanzi agaba ibitero mu Rugezi mu ijoro ryaraye rikeye, ariko naho atabigabye, ariko ntacyizere cy’uko yagaragariye ubusa. Buriya ari kwitegura.”

Ahandi havuzwe umwanzi ari gutegura kuhagaba ibitero ni mu Mikenke, kuko amakuru avayo avuga ko umwanzi agambiriye kuhatera.

Ati: “Mu Mikenke bararanye ubwoba ko umwanzi aturuka kuri Point Zero akabagabaho ibitero.”

Naho iki gice cya Mikenke nta mwanzi wakigaragayemo nk’uko yagaragaye mu nshe za Rugezi, ariko bo babwiwe ayo makuru n’abamwe bo mu ihuriro ry’ingabo za Congo, babunyujije mu butumwa bw’inyandiko.

Ibi byatumye n’abo bararana ubwoba, ariko kubw’amahirwe ya nyagasani babyutse amahoro.

Ibi bibaye mu gihe mu mu ntangiriro z’iki cyumweru turimo, havuzwe ko leta iri gutegura kugaba ibitero mu Banyamulenge, cyane mu Rurambo, Rugezi, Minembwe na Mikenke.

Ni mu gihe iyi Leta yohereje i Uvira na Fizi abasirikare bayo ibihumbi 60, aba bagiye bava mu bice bitandukanye harimo abaturutse i Kalemi, Kisangani, Kindu n’ahandi.

Uyu muteguro Leta irimo ugamije kwisubize ibice byose ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/Twirwaneho ryayambuye.

Uretse kuba muri ibyo bihumbi by’abasirikare ba Leta birimo aboherejwe mu bice binyuranye byo mu misozi y’i Mulenge, banoherejwe kandi no mu Kibaya cya Rusizi akaba ari nabo bakazakomereza i Kamanyola, Nyangenzi n’i Bukavu, nk’uko amakuru akomeza abivuga.

Tags: FDLRIhuriro ry'Ingabo za RDCMikenkeMinembweRugezi
Share31Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Byinshi ku ngabo za FARDC, FDLR na Wazalendo zoherejwe mu duce du tatu two mu misozi ya Rurambo.

by Bruce Bahanda
July 12, 2025
0
Byinshi ku ngabo za  FARDC, FDLR na Wazalendo zoherejwe mu duce du tatu two mu misozi ya Rurambo.

Byinshi ku ngabo za FARDC, FDLR na Wazalendo zoherejwe mu duce du tatu two mu misozi ya Rurambo. Grupema zibiri iya Runingu n'iya Kigoma ziherereye muri teritware ya...

Read moreDetails

Icyo uruzinduko rwa Commandant secteur mu Bibogobogo rugamije.

by Bruce Bahanda
July 12, 2025
0
Icyo uruzinduko rwa  Commandant secteur mu Bibogobogo rugamije.

Icyo uruzinduko rwa Commandant secteur mu Bibogobogo rugamije. Commandant secteur wungirije, uruzinduko yagiriye mu Bibogobogo agace gatuwe cyane n'Abanyamulenge, rugamije ahanini gukora controle cyangwa se ibarura ry'abasirikare ba...

Read moreDetails

Amasasu ya Mag yarimo amanuka mu Kabanju nk’imvura.

by Bruce Bahanda
July 10, 2025
0
Ibivugwa mu nshe z’u Lurenge ahongeye kumvikana ibiturika.

Amasasu ya Mag yarimo amanuka mu Kabanju nk'imvura. Mu gace ka Kabanju gaherereye mu majy'Epfo ashyira uburengerazuba bwa komine ya Minembwe, kabereyemo imirwano ikomeye iyo bivugwa ko yari...

Read moreDetails

RDC: Abavugwa mu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi.

by Bruce Bahanda
July 10, 2025
0
RDC: Abavugwa mu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi.

RDC: Abavugwa mu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi. General Christian Tshiwewe Songesa n'abagenzi be batatu batawe muri yombi kubera gukekwaho gushaka guhirika ubutegetsi bwa perezida Felix...

Read moreDetails

Byakaze, uwahoze ari umugaba mukuru w’ingabo za RDC, ari mu mazi abira.

by Bruce Bahanda
July 10, 2025
0
Byakaze, uwahoze ari umugaba mukuru w’ingabo za RDC, ari mu mazi abira.

Byakaze, uwahoze ari umugaba mukuru w'ingabo za RDC, ari mu mazi abira. General Christian Tshiwewe wahoze ari umugaba mukuru w'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo yatawe muri...

Read moreDetails
Next Post
Icyo uruzinduko rwa  Commandant secteur mu Bibogobogo rugamije.

Icyo uruzinduko rwa Commandant secteur mu Bibogobogo rugamije.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?