• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Uko ibirimo n’Isoko bihagaze kuva Twirwaneho yafata Minembwe.

minebwenews by minebwenews
March 7, 2025
in Regional Politics
0
Uko ibirimo n’Isoko bihagaze kuva Twirwaneho yafata Minembwe.
109
SHARES
2.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uko ibirimo n’Isoko bihagaze kuva Twirwaneho yafata Minembwe.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Akarere ka Minembwe gaheruka kwigarurirwa n’umutwe wa Twirwaneho, gahagaze neza ku by’umutekano no mu bikorwa bihuza abaturage, kuva uyu mutwe ukirukanyemo ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, n’imitwe yitwaje intwaro ya FDLR na Wazalendo yagatezagamo akavuyo.

Mu byumweru bibiri bishyize ni bwo Twirwaneho yafashe Minembwe, nyuma y’imirwano ikomeye yayihuje n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta y’i Kinshasa.

Ni mirwano yasize ibigo bikomeye by’ingabo za Fardc byigaruriwe n’uriya mutwe wa Twirwaneho, harimo ikigo cy’i Lundu, Madegu Kiziba n’ikindi cyabaga mu irango rya Runundu.

Yanafashe kandi n’ibiro bya komine ya Minembwe, ndetse ifata n’igice cya Mikenke cyagenzurwa n’ingabo z’u Burundi zirwana ku ruhande rwa Leta.

Umunya-Minembwe wahahaye Minembwe Capital News ubutumwa yagaragaje ko kuri ubu bafite umutekano mwiza, kandi ko batangiye ku wubona ubwo Twirwaneho yafataga iki gice.

Muri ubwo butumwa yaduhaye yanavuze ko Isoko ya gatanu irema uyu munsi ihagaze neza, ni mugihe ubwo Minembwe yariyobowe na FARDC n’abambari bayo yabaga irimo akavuyo kenshi, ariko kubu byahindutse.

Yagize ati: “Isoko yaremye, kandi ntakavuyo kari kayirimo nk’akahabaga igihe cya FARDC. Ibintu byahindutse. Ikindi kandi nuko ibiciro byifashe neza.”

Gusa, n’ubwo iyi soko ya gatanu iremera ku Kiziba bivugwa ko yaremye neza, ariko haracyari imbogamizi, inzira yo kwa Mulima irafunze kuko irimo ingabo z’iki gihugu, ikaba ari yo ihuza Minembwe n’ibice by’i Fizi, nk’i Baraka n’ahandi. Ibi bice akaba ari byo bikunze guturukamo ibicuruzwa (ibyashara).

Muri ubu butumwa yongeyeho ko Minembwe irimo umutekano n’isuku, ngo kandi cyane.

Ati: “Abaturage ba moko yose baratekanye. Naho isuku ni ninshi cyane kuva Fardc yava hano ibintu byarahindutse, kandi bimeze neza.”

Undi muturage uherereye i Lundu, nawe waremye iyi soko ya gatanu, yavuze ko bitangaje kubona muri iyi soko hiriwe umutekano mwiza .

Ati: “Nta kavuyo kigeze kaba muri iyi soko, wumvaga gusa irimo gusuma, ariko byari bimeze neza. Birarenze kubisobanura.”

Uyu muturage yavuze ko abana babo (Twirwaneho) kwari bo biriwe bagenzura umutekano w’iyi soko kandi ko uretse kuyirindira umutekano ngo bari banaberewe.

Ati: “Abana bacu nibo bari barinze umutekano w’isoko, kandi bari baberewe.”

Hagataho, ibiciro uko byari bihagaze muri iyi soko, icupa rya Mavuta ya OKi ryaguraga 10.000 fc, mu gihe ibumba y’Ifu ya ka nkoto yaguraga 12000 fc. Ariko amasabune yo aracyaringorobahizi, kubera inzira yo kwa Mulima igifunze.

Abanyamulenge bongeye kuvuga amahoro mu Minembwe mu gihe bari bamaze imyaka irenga irindwi bari mu ntambara z’urudaca.
Nyamara n’ubwo batangiye kwikanga amahoro, ariko umwanzi wabo ntari kure kuko ingabo z’u Burundi, iza Congo n’imitwe irimo FDLR na Wazalendo zibarwanya zikiri mu nkengero zaka karere kabo.

Ku rundi ruhande, umutwe wa m23 nawo urwanirira ukubaho kw’abaturage bakandamijwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu, bari mu marembo y’i misozi y’i Mulenge baja gutabara aba Banyamulenge, kuko uyu mutwe umaze kwigarurira ibice byinshi byo muri teritware ya Mwenga ihana imbibi n’iki gice cy’i Mulenge gituwe cyane n’aba Banyamulenge.

Tags: IsokoMinembweTwirwanehoUmutekano
Share44Tweet27Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Hamenyekanye akandi gace m23 yagiyemo nyuma y’aho yikuye i Kagheri nta mirwano.

Hamenyekanye akandi gace m23 yagiyemo nyuma y'aho yikuye i Kagheri nta mirwano.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?