• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, October 20, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Uko mu Minembwe babyutse nyuma y’aho ku munsi w’ejo bagabweho ibitero.

minebwenews by minebwenews
March 11, 2025
in Regional Politics
0
Uko mu Minembwe babyutse nyuma y’aho ku munsi w’ejo bagabweho ibitero.
101
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uko mu Minembwe babyutse nyuma y’aho ku munsi w’ejo bagabweho ibitero.

You might also like

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Mu Minembwe ahazwi nk’i Mulenge nyuma y’aho aha’rejo hagabwe ibitero bikomeye by’indege uyu munsiho habyutse amahoro nubwo amashuri atafunguye, nk’uko abariyo babivuga.

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 11/03/2025, uduce twose tugize i komine ya Minembwe habyukiye agahenge ka mahoro.

Umwe mu Banyamulenge uherereye muri ibyo bice yabwiye Minembwe Capital News ko ntakibazo kihabyukiye, ngusibye ko Abanyeshuri batigeze bafungura amashuri kumpamvu z’umutekano kuko ejo hashyize indege y’intambara ya Fardc yagabye ibitero muri aka gace.

Yagize ati: “None ku wa kabiri Minembwe uduce twose twayo, habyukiye ituze. Ariko Abanyeshuri ntibafunguye, kuko ntibarizera umutekano.”

Yavuze ko ibindi bikorwa byo birimo gukorwa, nk’aborozi b’inka baragiye ndetse n’abahinzi nabo bakaba bahinze mu myaka yabo.

Ati: “Imirimo isanzwe y’aborozi n’abahinzi iri gukorwa nk’ibisanzwe.”
Yashimangiye ibi avuga ko abahinzi ubu bari guhingira iheshi, mu gihe aborozi n’abo bafite ubwatsi bwinshi ngo kuko ari ku gahira.

Asobanura kandi ko impamvu yatumye amashuri adafungura ngo byatewe nuko aha’rejo indege y’intambara ya Fardc yagabye ibitero mu Minembwe, ibyasize bisenye inzira y’indege ku kibuga cy’indege cy’aha mu Minembwe, amashuri ya kaminuza ya UEMI n’itorero rya Methodist Libre.

Nk’uko abivuga iyi ndege yatangiye kurasa muri ako gace igihe c’isaha ya saa tanu z’igitondo, igakora ibitero inshuro ebyiri zitandukanye, kandi irasa ibisasu biremereye.

Yanahamije ko icyo iriya ndege yari igamije kwari ugusenya inzira y’indege ku kibuga cy’indege cy’aha mu Minembwe.

Gusa, nta makuru yatangajwe niba hari abaturage bishwe n’ibi bitero, ariko bivugwa ko ibyo bitero byatumye aba baturage bahungira mu bihuru n’abana.

Ibi bitero by’indege, byaje bikurikira ibindi ingabo za Leta ziheruka gukora byo ku butaka mu cyumweru gishize, aho zabigabye mu Minembwe, mu Mikenke na Bibogobogo.

Tags: IbiteroMinembweUmutekano
Share40Tweet25Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 17, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w'u Rwanda Amakuru aturuka mu gihugu cy'u Burundi avuga ko perezida w'iki gihugu Evariste Ndayishimiye, yategetse imbonerakure...

Read moreDetails

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho Leta Zunze ubumwe z'Amerika zashimye umwanzuro wafatiwe mu biganiro by'i Doha muri Qatar wo guhagarika imirwano hagati y'Ingabo...

Read moreDetails

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails
Next Post
M23 yungutse amaboko mashya ihita yizeza abayikunda gukomeza urugamba rwo kubohora RDC.

M23 irimo kwiyubaka mu buryo budasanzwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?