Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Uko mu Minembwe babyutse nyuma y’aho ku munsi w’ejo bagabweho ibitero.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 11, 2025
in Regional Politics
0
Uko mu Minembwe babyutse nyuma y’aho ku munsi w’ejo bagabweho ibitero.
101
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uko mu Minembwe babyutse nyuma y’aho ku munsi w’ejo bagabweho ibitero.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Mu Minembwe ahazwi nk’i Mulenge nyuma y’aho aha’rejo hagabwe ibitero bikomeye by’indege uyu munsiho habyutse amahoro nubwo amashuri atafunguye, nk’uko abariyo babivuga.

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 11/03/2025, uduce twose tugize i komine ya Minembwe habyukiye agahenge ka mahoro.

Umwe mu Banyamulenge uherereye muri ibyo bice yabwiye Minembwe Capital News ko ntakibazo kihabyukiye, ngusibye ko Abanyeshuri batigeze bafungura amashuri kumpamvu z’umutekano kuko ejo hashyize indege y’intambara ya Fardc yagabye ibitero muri aka gace.

Yagize ati: “None ku wa kabiri Minembwe uduce twose twayo, habyukiye ituze. Ariko Abanyeshuri ntibafunguye, kuko ntibarizera umutekano.”

Yavuze ko ibindi bikorwa byo birimo gukorwa, nk’aborozi b’inka baragiye ndetse n’abahinzi nabo bakaba bahinze mu myaka yabo.

Ati: “Imirimo isanzwe y’aborozi n’abahinzi iri gukorwa nk’ibisanzwe.”
Yashimangiye ibi avuga ko abahinzi ubu bari guhingira iheshi, mu gihe aborozi n’abo bafite ubwatsi bwinshi ngo kuko ari ku gahira.

Asobanura kandi ko impamvu yatumye amashuri adafungura ngo byatewe nuko aha’rejo indege y’intambara ya Fardc yagabye ibitero mu Minembwe, ibyasize bisenye inzira y’indege ku kibuga cy’indege cy’aha mu Minembwe, amashuri ya kaminuza ya UEMI n’itorero rya Methodist Libre.

Nk’uko abivuga iyi ndege yatangiye kurasa muri ako gace igihe c’isaha ya saa tanu z’igitondo, igakora ibitero inshuro ebyiri zitandukanye, kandi irasa ibisasu biremereye.

Yanahamije ko icyo iriya ndege yari igamije kwari ugusenya inzira y’indege ku kibuga cy’indege cy’aha mu Minembwe.

Gusa, nta makuru yatangajwe niba hari abaturage bishwe n’ibi bitero, ariko bivugwa ko ibyo bitero byatumye aba baturage bahungira mu bihuru n’abana.

Ibi bitero by’indege, byaje bikurikira ibindi ingabo za Leta ziheruka gukora byo ku butaka mu cyumweru gishize, aho zabigabye mu Minembwe, mu Mikenke na Bibogobogo.

Tags: IbiteroMinembweUmutekano
Share40Tweet25Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
M23 yungutse amaboko mashya ihita yizeza abayikunda gukomeza urugamba rwo kubohora RDC.

M23 irimo kwiyubaka mu buryo budasanzwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?