• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, October 25, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ukuri ku makuru avuga uruhande rugenzura ibice bya Rugezi n’inkengero zayo hagati ya Twirwaneho/M23 na Leta y’i Kinshasa.

minebwenews by minebwenews
April 13, 2025
in Conflict & Security
0
Twirweneho Hits Back at Congolese Army After attacking Banyamulenge
116
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ukuri ku makuru avuga uruhande rugenzura ibice bya Rugezi n’inkengero zayo hagati ya Twirwaneho/M23 na Leta y’i Kinshasa.

You might also like

Uwari wa buriwe irengero batoye umurambo we, bahamya ko yishwe arashwe na Wazalendo

Bibogobogo bari mu mashimwe nyuma y’ababo bahagarutse

“Telefone y’Umwungeri w’inka iri kwitabwa na Mai Mai-” ubuhamya k’u waburiwe irengero

Ibinyamamakuru by’abanye-kongo bikorera mukwahwa k’ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo byakomeje gutangaza ko ihuriro ry’ingabo za Congo ryambuye Twirwaneho na M23 uduce tune duherereye muri secteur y’i Lelenge muri teritware ya Fizi. Ariko aya makuru si ukuri nk’uko amasoko yacu abyemeza.

Nk’uko biriya bitangaza makuru bibisobanura, bivuga ko utwo duce ihuriro ry’ingabo za Congo zambuye Twirwaneho na M23 ari Rugezi, Gakangala, Bigaragara na Kalongi.

Ni amakuru ibi binyamakuru byatangiye kuvuga mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki ya 13/04/2025, aho muri ibyo binyamakuru hari nicyandikwa n’umunyamukuru uzwi cyane mu Burasizuba bwa Congo witwa Daniel Michombero.

Byanasobanuraga ko imirwano ihuriro ry’ingabo za Congo ryambuyemo Twirwaneho na M23 biriya bice yabaye ku munsi w’ejo ku wa gatandatu tariki ya 12/04/2025.

Ariko nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga imirwano yabaye ku munsi w’ejo ku wa gatandatu hagati y’ihuriro ry’ingabo za Congo n’umutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 yabereye i Nyangabyuma, Kabanju n’i Gasiro. Ibi akaba ari ibice biherereye mu ntera ndende cyane uvuye kuri Kalongi.

Ubundi kandi utwo duce twaberagamo imirwano, Twirwaneho na M23 byaratwigaruriye. Usibye ku twigarurira banasenye ibirindiro by’iri huriro ry’ingabo za Congo biherereye mu Kabanju.

Nyuma y’aho Twirwaneho na M23 basenye ibyo birindiro by’iryo huriro ry’ingabo za Congo, Minembwe Capital News yamenye neza ko izi ngabo zirwana ku ruhande rwa Leta zahise zihungira mu bice bya Matanganika werekeza i Milimba ahazwi nko mu ndiri ikomeye ya FDLR na Wazalendo ndetse na FARDC.

Tugarutse kuri utu duce abanyamakuru bakorera mu kwaha k’u butegetsi bw’i Kinshasa batangaza ko twigaruriwe n’ingabo zirwanirira Leta.

Nka gace ka Gakangala bizwi ko kagenzurwa na Twirwaneho kuva mu mwaka wa 2021 kugeza uyu munsi. Kalongi yo uyu mutwe uyigenzura kuva mu ntangiriro z’umwaka wa 2020 kugeza ubu.

Ni mu gihe kandi Bigaragara na Rugezi byo, uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 byabifashe mu ntangiriro z’iki cyumweru turimo, nyuma y’imirwano ikomeye yabasakiranyije n’iri huriro ry’ingabo za Congo bikarangira iri huriro riyabangiye ingata, utwo duce tuzwi ko dukungahaye ku mabuye y’agaciro ahanini yo mu bwoko bwa or, Coltan, Cuivre n’andi iyi mitwe ibiri iratubohoza.

Ubuhamya Minembwe Capital News ikesha abaturage batuye muri iki gice cya Rugezi, buvuga ko kuva Twirwaneho na M23 bibohoje Rugezi n’inkengero zayo ntibarayivamo.

Ni ubuhamya bukomeza bugaragaza ko uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 bigenzura uduce twose turi hakurya y’uruzi runini rwa Rwiko uturutse mu Minembwe centre.

Rero amakuru avuga ko ihuriro ry’ingabo za Congo rigenzura Kalongi, Gakangala, Rugezi na Bigaragara ni ibinyoma byambaye ubusa.

Umuturage uri mu Minembwe waduhaye iyi nkuru yagize ati: “Icyo tuzi ni uko Wazalendo, FDLR na FARDC bari gutakaza ibirindiro byabo mu buryo budasanzwe. Naho ayo makuru yandi ntituzi aho bari kuyakura.”

Tags: FardcRugeziTwirwaneho/m23Wazalendo
Share46Tweet29Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Uwari wa buriwe irengero batoye umurambo we, bahamya ko yishwe arashwe na Wazalendo

by Bahanda Bruce
October 25, 2025
0
“Telefone y’Umwungeri w’inka iri kwitabwa na Mai Mai-” ubuhamya k’u waburiwe irengero

Uwari wa buriwe irengero batoye umurambo we, bahamya ko yishwe arashwe na Wazalendo Umwungeri w'inka wari waburiwe irengero batoye umurambo we, banahamya ko yishwe na Wazalendo, ni nyuma...

Read moreDetails

Bibogobogo bari mu mashimwe nyuma y’ababo bahagarutse

by Bahanda Bruce
October 25, 2025
0
Bibogobogo bari mu mashimwe nyuma y’ababo bahagarutse

Bibogobogo bari mu mashimwe nyuma y'ababo bahagarutse Abagabo bagera kuri bane bo muri Bibogobogo, abaribarakomerekeye mu bitero Wazalendo yagabye muri iki gice mu mezi yo mu ntangiriro z'uyu...

Read moreDetails

“Telefone y’Umwungeri w’inka iri kwitabwa na Mai Mai-” ubuhamya k’u waburiwe irengero

by Bahanda Bruce
October 25, 2025
0
“Telefone y’Umwungeri w’inka iri kwitabwa na Mai Mai-” ubuhamya k’u waburiwe irengero

"Telefone y'umwungeri w'inka iri kwitabwa na Mai Mai-" ubuhamya k'u waburiwe irengero Umwungeri w'inka w'Umunyamulenge witwa Muhumure Isaac, yaburiwe irengero Mucyakira, telefone ye iri kwitabwa na Mai Mai,...

Read moreDetails

I Fizi haravugwa imirwano ikomeye yanaguyemo Wazalendo batari bake

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
I Fizi haravugwa imirwano ikomeye yanaguyemo Wazalendo batari bake

I Fizi haravugwa imirwano ikomeye yanaguyemo Wazalendo batari bake Amakuru aturuka muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, avuga ko habereye imirwano ikomeye hagati y'imitwe ibiri...

Read moreDetails

Wazalendo babiri ni bo bahitanwe n’amazi

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
Wazalendo babiri ni bo bahitanwe n’amazi

Wazalendo babiri ni bo bahitanwe n'amazi Wazalendo babiri bishwe n'amazi ubwo bageragezaga guhunga nyuma y'aho basubiranyemo n'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC i Uvira muri Kivu...

Read moreDetails
Next Post
Unveiling the Truth About the side Monitoring Rugezi and Surrounding Areas Amid of Tensions Between Twirwaneho/M23 and Kinshasa’s Government

Unveiling the Truth About the side Monitoring Rugezi and Surrounding Areas Amid of Tensions Between Twirwaneho/M23 and Kinshasa's Government

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?