Umugambi Ukomeye wo Kwivugana Perezida Capt Ibrahim Traoré Waburijwemo, Abantu Benshi Barafatwa
Leta ya Burkina Faso yatangaje ko yaburijemo umugambi ukomeye wari ugamije kwivugana Umukuru w’Igihugu, Perezida Capt Ibrahim Traoré, bikurikirwa n’ifatwa ry’abantu benshi bakekwaho kugira uruhare muri uwo mugambi.
Aya makuru yatangajwe na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Mahamadou Sana, tariki ya 06/01/2026, mu kiganiro cyanyuze kuri Televiziyo y’Igihugu. Yavuze ko inzego z’umutekano n’iz’ubutasi z’igihugu zabashije gutahura uwo mugambi no kuwuhagarika amasaha make mbere y’uko ushyirwa mu bikorwa.
Minisitiri Sana yasobanuye ko uwo mugambi wari ugamije guhirika ubutegetsi, kandi ko wateguwe na Lt Col Paul-Henri Sandaogo Damiba, wahoze ari Perezida wa Burkina Faso, wakuwe ku butegetsi na Capt Ibrahim Traoré mu kwezi kwa Cyenda 2022.
Yagize ati: “Inzego zacu z’ubutasi zaburijemo iki gikorwa mu gihe cyari kigiye gushyirwa mu bikorwa. Abari bagize uwo mugambi bari bateguye kwica Umukuru w’Igihugu no kugaba ibitero ku zindi nzego zikomeye z’ubutegetsi.”
Minisitiri Sana yongeyeho ko iperereza ryagaragaje ko uwo mugambi wari waratewe inkunga n’abantu bakomoka muri Côte d’Ivoire, ndetse ko inzego z’umutekano zafashe amashusho ya video agaragaza abagize uwo mugambi baganira ku buryo bazashyira mu bikorwa icyo gikorwa cy’ubugizi bwa nabi.
Muri ayo mashusho, ngo abo bantu bagaragazaga uburyo bari kwica Capt Traoré, haba mu kumwegereza bakamurasa, cyangwa bagateza ibisasu mu rugo rwe. Byari biteganyijwe ko ibyo bikorwa byakorwa mu ijoro ryo ku itariki ya 03/01/2026, nyuma ya saa tanu z’ijoro.
Nk’uko byatangajwe, uwo mugambi wari ukubiyemo no gukurikirana no kugirira nabi bamwe mu basirikare bakuru bari hafi ya Perezida, ndetse n’abasivili bakomeye bafite uruhare mu miyoborere y’igihugu.
Minisitiri Sana yavuze ko Lt Col Damiba yari gufatanya n’abasirikare n’abasivili bamushyigikiye, kandi ko yari amaze kubona inkunga y’amafaranga angana n’ibihumbi 125 by’amadolari ya Amerika (USD 125,000), bivugwa ko yaturutse muri Côte d’Ivoire.
Yagize ati: “Iperereza riracyakomeje, kandi abantu benshi bamaze gutabwa muri yombi. Bose bazashyikirizwa ubutabera mu gihe cya vuba.”
Uyu muyobozi yashimangiye ko ubuyobozi bukomeje gukurikirana iki kibazo ku rwego rwo hejuru, asaba abaturage kwirinda ibihuha n’amakuru atizewe bigamije kuyobya rubanda no guhungabanya umutekano w’igihugu.
Lt Col Paul-Henri Sandaogo Damiba yayoboye Burkina Faso kuva mu kwezi kwa mbere kugeza mu kwezi kwa Cyenda 2022, nyuma yo guhirika ubutegetsi bwa Roch Marc Christian Kaboré, wari wongeye gutorerwa manda y’imyaka itanu. Nyuma yo gukurwa ku butegetsi, Damiba yahungiye muri Togo, aho bivugwa ko ari ho atuye kugeza ubu.






