Umuganda udasanzwe wakorewe ku kibuga cy’indege cya Minembwe.
Abaturiye i komine ya Minembwe ahazwi nk’i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo, bazindukiye mu muganda wogusiba ibinogo, nyuma yuko indege y’ingabo za Fardc ihateye ibisasu biremereye bikahangiriza.
Ni umuganda wakozwe mu masaha y’igitondo cyo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 15/03/2025, aho witabiriwe n’avuye mu mihana ya Kiziba, mu Madegu, k’Uwigishigo, i Lundu n’ahandi.
Ikibuga cy’indege cya Minembwe giherereye neza ku Kiziba ugana ahari isoko nkuru ya Gatanu.
Mu mpera z’iki cyumweru nibwo indege y’ingabo za Fardc, iyo amakuru avuga ko yaje iturutse i Kisangani ahari icyicaro gikuru cya zone ya gatatu y’izi ngabo za, Congo yateye ibisasu biremereye bikangiriza ibirimo iki kibuga cy’indege, amashuri ya kaminuza ya UEMI, ndetse kandi igasenya n’itorero rya Methodist Libre naryo riri aha ku Kiziba.
Mu mashusho yagiye hanze agaragaza ibyo bisasu mu kwitura hasi byarimo bicukura imyobo, ndetse kandi ubona byarangirije cyane iki kibuga cy’indege.
Uyu munsi rero, bazindutse bakora salongo ari wo muganda basiba biriya binogo.
Seti uri aha ku Kiziba hakorewe uriya muganda yatubwiye ko bagerageje gusiba ibyo “binogo.”
Ati: “Salongo yakozwe hano ku kibuga cy’indege. Twagerageje gusiba bya binogo.”
Yavuze kandi ko abantu bari bagerageje kwitabira, kandi ko baje bava impande nyinshi.
Ati: “Bitabiriye kandi baturutse mu duce twose tugize i komine ya Minembwe.”
Nk’uko aya makuru abivuga iriya ndege yateye ibisasu birenga bitanu, ariko kimwe n’icyo cyabashe kwitura neza hagati mu kibuga cy’indege, ibindi bikaba byarangiye byitura iruhande rw’ikibuga harimo n’ibyasenye amashuri n’urusengero rwa Methodist Libre.
