• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Umuhanzi w’indirimbo za gospal, Israel Mbonyi yongeye gukora amateka.

minebwenews by minebwenews
October 16, 2024
in Religion
0
Umuhanzi w’indirimbo  za gospal, Israel Mbonyi yongeye gukora amateka.
97
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuhanzi w’indirimbo za gospal, Israel Mbonyi yongeye gukora amateka.

You might also like

Umushumba Rev.Misigaro yavuze ku rukundo nyakuri.

Bidasanzwe havumbuwe ubwato Yesu yagendeyemo.

Rose Muhando yegukanye igihembo cya ICON AWARD muri TGMA 2025.

Umuhanzi Israel Mbonyi uvuka i Mulenge akaba afite ubwenegihugu bw’u Rwanda yaciye agahigo ko kuba umuhanzi nyarwanda wa mbere ukurikiranwa cyane ku rubuga rwa YouTube.

Mu busanzwe byari bizwi ko Meddy ariwe muhanzi ukurikirwa n’abantu benshi mu Rwanda ku rubuga YouTube hanyuma Israel Mbonyi akaza ku mwanya wa kabiri.

Ariko nk’uko biri kuri ubu, izo mbuga zagaragaje ko Israel Mbonyi yamaze guca kuri Meddy aba umuhanzi wa mbere ukurikiranwa cyane aho magingo aya akurikiranwa n’abarenga 1,440,000 mu gihe Meddy we akurikiranwa n’ababarirwa muri 1,430,000.

Israel Mbonyi ni umuhanzi watangiye gushyira ibihangano bye hanze ubwo yari hanze y’u Rwanda kuko yabikoreye mu gihugu cy’u Buhinde aho yari yaragiye gukomereza amashuri ye. Kuva icyo gihe kugeza ubu afite indirimbo ziri gukora ku mitima yabenshi. Indirimbo ze zatangiye kuja hanze mu mwaka w’ 2011.

Gusa, nk’uko ubwiwe yagiye abiganiriza ibitangazamakuru bitandukanye yagaragazaga ko nawe ubwiwe byamutunguye cyane kuba indirimbo ze zarakunzwe cyane, avuga ko nta nimbaraga nyinshi yabishyiragamo, ariko akabishimira Imana.

Ubwo yahabwaga igihembo cya “Groove awards ya Best Diaspora,” bwa mbere, yagize ati: “Natunguwe no kubwirwa ko nahawe Groove awards ya Best Diaspora, ntungurwa n’ukuntu izi ndirimbo zakunzwe cyane, bitandukanye nahantu twazikoreye n’uburyo twazikoze. Ntabunyamwuga bwarimo rwose.”

Icyo gihe yarazwi ku ndirimbo ya “Uri number One, Yankuyeho urubanza, Kumigezi, Ndanyuzwe, Nzibyo nibwira, Kumusaraba, ndetse na Hari impamvu.” Avuga ko uwa mufashije kuzishyira hanze, ubwo yari mu Buhinde ni Higiro kandi ko yarishyize hanze akoresheje ikorana buhanga riciriritse, gusa nyuma yaje kongera kuzikora akoresheje ikorana buhanga rigezweho.

Uyu muririmbyi Israel Mbonyi yavutse tariki 20/05/1992, avukira mu duce two muri grupema ya Bijombo, mu misozi miremire y’Imulenge muri Kivu y’Amajy’epfo mu Gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ahagana mu mwaka w’ 1997 nibwo Israel Mbonyi n’ababyeyi be bageze mu Rwanda. Mbonyi nk’umukrisitu yabarizwaga mu itorero rya Restoration Church kwa Apostle Masasu.

Yagiye aba muri Korali zitandukanye akanazicurangira kuko yarazi gucuranga cyane guitar, yabaye nko muri Korali yitwa intumwa za Yesu, Group de Lounge aho yize ku ishuri ryisumbuye, ndetse kandi yaje kuba no mu rindi tsinda ryitwa Amani.

Mbonyi ubwe yavuze ko icyo gihe yabaga mu ma Korali yahimbaga indirimbo kuko yazirotaga, yarangiza akaziha abandi ariko yari ataragira amahirwe yo gutera kuko yabaga ari gucuranga. Nubwo yagendaga anyura mu bigoranye ariko ntibyabujije ko aza kuba umuririmbyi wikirangirire ndetse kuri ubu akaba yamaze guhiga abandi bose bo mu Rwanda.

             MCN.
Tags: Gukora amatekaIsrael MbonyiYongeye
Share39Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Umushumba Rev.Misigaro yavuze ku rukundo nyakuri.

by minebwenews
August 31, 2025
0
Umushumba Rev.Misigaro yavuze ku rukundo nyakuri.

Umushumba Rev.Misigaro yavuze ku rukundo nyakuri. Umushumba w'itorero rya All National Assemblies Of God, rifite icyicaro muri Isingiro district mu majy'Epfo ya Uganda, Reverend Misigaro Bizimana, yavuze ku...

Read moreDetails

Bidasanzwe havumbuwe ubwato Yesu yagendeyemo.

by minebwenews
August 24, 2025
0
Bidasanzwe havumbuwe ubwato Yesu yagendeyemo.

Bidasanzwe havumbuwe ubwato Yesu yagendeyemo. Abashakashatsi bavumbuye ubwato bwari bumaze imyaka irenga 2000 mu mazi epfo (mu ndiba yinyanja) ya Galileya, bavuga ko ari bwo Yesu yagendeyemo ubwo...

Read moreDetails

Rose Muhando yegukanye igihembo cya ICON AWARD muri TGMA 2025.

by minebwenews
August 20, 2025
0
Rose Muhando yegukanye igihembo cya ICON AWARD muri TGMA 2025.

Rose Muhando yegukanye igihembo cya ICON AWARD muri TGMA 2025. Umwamikazi wa gospel muri Tanzania, Rose Muhando, yongeye kwandika izina rye mu mateka nyuma yo kwegukana ICON AWARD...

Read moreDetails

Ben na Chance, Abanyamulenge bazwi mu ndirimbo za gospel, bashyize hanze Album nshya.

by minebwenews
August 19, 2025
0
Ben na Chance, Abanyamulenge bazwi mu ndirimbo za gospel, bashyize hanze Album nshya.

Ben na Chance, Abanyamulenge bazwi mu ndirimbo za gospel, bashyize hanze Album nshya. Itsinda rya gospel rigizwe na Ben na Chance, bashyize hanze Album nshya bise "Zaburi yanjye,"...

Read moreDetails

Dore inama z’ingenzi zagufasha guhagarika kurota inzozi mbi ziteye ubwoba.

by minebwenews
August 8, 2025
0
Dore inama z’ingenzi zagufasha guhagarika kurota inzozi mbi ziteye ubwoba.

Dore inama z'ingenzi zagufasha guhagarika kurota inzozi mbi ziteye ubwoba. Kurota inzozi mbi ni ikibazo gihangayikishije benshi muri ubu buzima tubayeho bwo mu isi. Izo nzozi zishobora gutuma...

Read moreDetails
Next Post
U Rwanda rwahishyuye ibyo rubona kuri RDC kubyo kurandura FDLR.

U Rwanda rwahishyuye ibyo rubona kuri RDC kubyo kurandura FDLR.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?