• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, June 10, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Rwanda rwahishyuye ibyo rubona kuri RDC kubyo kurandura FDLR.

minebwenews by minebwenews
October 16, 2024
in Regional Politics
0
U Rwanda rwahishyuye ibyo rubona kuri RDC kubyo kurandura FDLR.
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Rwanda rwahishyuye ibyo rubona kuri RDC kubyo kurandura FDLR.

You might also like

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Leta ya Kigali yahishyuye ko ikomeje kugaragarizwa ibimenyetso bishimangira ubushake buke Guverinoma ya Kinshasa bwo ku rwanya umutwe w’iterabwoba wa FDLR.

Ibi byatangajwe mu kiganiro minisitiri w’ubabanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yagiranye na RBA, aho yavuze ko ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC) zihuje n’uyu mutwe wa FDLR ndetse ngo hakaba hari ibikorwa iz’i ngabo zikora byanyirarureshwa byo ku wurwanya, bityo u Rwanda rukaba rufitiye icyizere gike uriya mu gambi RDC yari yihaye wo ku randura uwo mutwe.

Yavuze ko u Rwanda rwizera ko rufite inyungu nini mu kugarura amahoro n’umutekano mu Burasirazuba bwa RDC, ariko bidashobora kugerwaho mu gihe FDLR icyidegembya muri iki gihugu cya RDC.

Yagize ati: “Kuba icyizere ari gikeya ntabwo bivuze ko nta kizakorwa. Rwose twakwishima ari uko tubonye RDC na FARDC batunyomoje hakagira igikorwa, ariko ubungubu icyizere ni gike kubera ko tubazi. Tuzi neza ibyakozwe mu bihe bishize, ariko tukaba twizere ko uko byagenda kose kugira ngo ikibazo kiri hagati y’u Rwanda na Congo gikemuke ari uko izi nyeshamba zakoze genocide zarandurwa burundu muri kariya karere k’iburasirazuba bwa RDC.”

Yemeje ko u Rwanda ruzakomeza kwitabira ibiganiro by’i Luanda muri Angola bigamije kureba uko umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Congo warangira burundu.

Gusa, avuga ko u Rwanda rutewe impungenge n’uko Repubulika ya demokarasi ya Congo itavugisha ukuri ku byaganiriweho mu biganiro ndetse no kugaragaza ubushake buke bwo gushyira mu bikorwa ibyemeranyijweho n’impande zombi zibifashijwe n’umuhuza ari we Leta ya Angola.

Imwe mu mpamvu ituma u Rwanda rutemera ko RDC yarandura umutwe wa FDLR ngo ni uko uwo mutwe witabira inama zo kuyirwanya ziba zakozwe n’abayobozi ba Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Nduhungirehe yanakomoje ku gihe impuguke zari i Luanda zimaze kumvikana kuri gahunda yo kurwanya FDLR tariki ya 07/08/2024, hanyuma ku itariki ya 12/08/2024 u Rwanda rukabona amakuru avuga ko habaye inama hagati y’ubuyobozi bwa FARDC n’ubuyobozi bwa FDLR muri Kivu Yaruguru.

Nduhungirehe ati: “Ni ukuvuga ko ibyo bari basinye bakabishyira ku ruhande, bakikomereza imikoranire yabo. N’ukwezi gushyize na bwo habaye ikintu kijya gusa nk’icyo, aho habaye operation ya nyirarureshwa y’ingabo za RDC yo kurwanya FDLR kandi bababwiye mbere, hari n’amatsinda atagize icyo avuze.

Mu nama yabaye mu Cyumweru gishize, ba minisitiri batatu bemeranyije ibintu bitatu byigenzi birimo gukomeza gahunda yo guhagarika intambara yashyizweho umukono tariki ya 04/08/2024 impande bireba zikayubahiriza, gukomeza umugambi uhuriweho wo ku rwanya umutwe wa FDLR no kuvanaho zimwe mu ngamba z’u Rwanda zo kurinda umutekano warwo.

Muri iyi nama, gahunda yateguwe n’impuguke yatewe utwatsi na Repubulika ya demokarasi ya Congo yahise izana gahunda yayo itandukanye n’ibyaganiriweho. Kubera amateka yo kwivuguruza, kuvuga ibinyoma no kutagira uruhande bahagararamo, u Rwanda rwasabye ko habanza hakaboneka ibikorwa bifatika biruha icyizere ko FDLR iri kurandurwa atari ibya nyirarureshwa.

Leta ya Angola yahawe itariki ya 26/10/2024 kugira ngo ibe yumvise impande zombi hanyuma itegure iyo nyandiko, noneho tariki 30/10/2024 inonosorwe n’impuguke mu by’iperereza no mu bya gisirikare mbere yo kongera gushyikirizwa inama y’abaminisitiri.

Bizwi ko inama ya mbere y’abaminisitiri yabaye tariki ya 12/03/2024, minisitiri w’ubabanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe akaba yashimangiye ko inama za mbere zitagiye zitanga umusaruro bitewe n’amananiza ya Congo Kinshasa ngo kuko ishyira hanze ibitakabaye bishyirwa hanze kandi na byo bikavugwa mu buryo buhabanye n’ibyemejwe.

Yashimangiye ko u Rwanda rwiyemeje guharanira amahoro uko bizagenda kose kandi ko rwiteguye kwitabira ubutumire bwose bugamije gushakira umuti urambye ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Nduhungirehe muri iki kiganiro yarangije ashimira igihugu cya Angola kuba gikomeje ukudacika intege, hubwo rugashyira imbaraga mu buhuza ngo nubwo haba hari imbogamizi zirimo no guhagarika ibyemejwe nk’ibyabaye ku ya 14/09/2024 ubwo nta mwanzuro wagezweho kubera guhagarika ibyari byemejwe.

             MCN.
Tags: GikeIcyizereKurandura FDLRLuandaRdcU Rwanda
Share34Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
June 9, 2026
0
INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari MINEMBWE CAPITAL NEWS Mu gihe...

Read moreDetails

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubutegetsi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa Mu gihe umutwe wa Rwanda National Congress (RNC), washinzwe n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bari...

Read moreDetails

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye guteza impaka mu ruhando rwa politiki...

Read moreDetails

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC Le Gouvernement du Rwanda a publié un communiqué important en réponse aux déclarations...

Read moreDetails

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo rikomeye risubiza ku magambo yatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta Zunze...

Read moreDetails
Next Post
U Burundi bwaje ku mwanya wa mbere ku Isi mu bihugu by’ugarijwe n’inzara iteye ubwoba!

U Burundi bwaje ku mwanya wa mbere ku Isi mu bihugu by'ugarijwe n'inzara iteye ubwoba!

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?