Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Umukozi w’Imana uheruka kwitaba Imana mu Minembwe, yasize ubuhanuzi bukomeye ku gihugu.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
December 18, 2024
in Religion
0
Umukozi w’Imana uheruka kwitaba Imana mu Minembwe, yasize ubuhanuzi bukomeye ku gihugu.
165
SHARES
4.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umukozi w’Imana uheruka kwitaba Imana mu Minembwe, yasize ubuhanuzi bukomeye ku gihugu.

You might also like

Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa?

Uvira ngo bazakubitwa nabi bahunge, umuhanuzi ibyo yeretswe.

Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y’igisirimba.

Ni ubuhanuzi bugufi ariko bufite ingufu ku Banyamulenge n’ingabo za FARDC, bwahanuwe na pasiteri Aaron Makangata witabye Imana mu Cyumweru gishize.

Ku wa gatandatu tariki ya 14/12/2024 ni bwo Makangata yapfuye, aho yazize indwara itunguranye, nk’uko umwe wo mu muryango we yabyiganiye Minembwe.com.

Mu bahanuzi Makangata yasize ahanuriye abantu b’i Lundu aho yari atuye, yababwiye ko “Imana yamuhishuriye ko i Mulenge hagiye kuba amahoro kandi ko mbere yuko bagera kuri ayo mahoro Twirwaneho izarwana intambara ikomeye na FARDC.”

Avuga ko iyo ntambara abana b’i Mulenge bazirukana abanzi babo, uherereye ku Ndondo ya Bijombo ukageza mu Minembwe.

Nk’uko yabivuze yagize ati: “Imana yarambwiye ngo abana bacu bazirukana abanzi babo babakure mu Bijombo na Minembwe, babitse neza ku kiyaga cya Tanganyika.”

Yakomeje avuga ko i Mulenge n’igihugu cyose muri rusange, bigiye kubona amategeko azafasha abantu kuja ku murongo utunganye, kandi ko abari ikantaraga bazifuza kuba i Mulenge.

Ubwo yatangaga ubwo buhanuzi, yavuze ko ibyo bizaba nyuma y’urupfu rwe.

Makangata yapfuye ageze ku myaka 95 y’amavuko, kuko yavutse mu 1929 avukira i Mulenge mu ntara ya Kivu y’Amajy’epfo muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Uyu mukozi w’Imana ari mu bambere batangije ikanisa(itorero) rya 8ème CEPAC ry’i Rukombe kuri Nyabibuye, iri torero rikaba ryarashyinzwe hagati mu mwaka w’ 1975.

Pasiteri Aaron Makangata watanze ubu bahanuzi ni mwene Timothy Ntaremerwa wa Mvune, mwene Muhizi wa Kagigi.

Ku wa mbere w’iki Cyumweru turimo, ni bwo bashinguye umurambo we, bawushingura i Lundu munsi gato y’itorero rya 8ème CEPAC ry’i Lundu, naryo rikaba ryaratangijwe nawe mu mwaka w’ 1998, ni mu gihe yari amaze kuva i Rukombe aho yari ahunze intambara ya Maï Maï.

Umuhango wo guherekeza bwanyuma uyu mukozi w’Imana, witabiriwe n’abashumba benshi n’abakristo baje bava mu matorero atandukanye yo muri Minembwe no mu nkengero zayo.

Abawutanzemo bose ubuhamya, bahamyaga ko Makangata yari umukozi w’Imana wemewe kandi wakundwaga nabose.

Hagati aho mu Minembwe hari umwuka mubi hagati ya Twirwaneho n’ingabo za FARDC, ni mu gihe zitemerewe kunyura inzira ya Kalingi zija mu Mikenke.

Ahandi FARDC itemerewe kugera ni muri Nyarujoka, agasozi kari hagati ya Rudabagiza na Kiziba.

Inzira FARDC yasigiwe yo kuja mu Mikenke ni mwe gusa; ni nzira inyura kuri Zero ukomeza na Rwitsankuku ukabona kwinjira muri Mikenke.

Iz’ingabo za RDC zahawe ayo mabwiriza nyuma y’igitero zagabye mu baturage ba Kalingi. Ni igitero cya guyemo abaturage barenga batatu, ndetse cyangiriza n’ibyabaturage kuko cyasenye zimwe mu nyubako z’amasomo yaho.

Tags: ImulengeMakangataUbuhanuzi
Share66Tweet41Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa?

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa?

Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa? Kuri ubu benshi bibaza kuri iki kibazo, aho kuri ubu aho kugira ngo insengero zibe...

Read moreDetails

Uvira ngo bazakubitwa nabi bahunge, umuhanuzi ibyo yeretswe.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Kera kabaye, i Kinshasa bafunze abasirikare bayo ba ba-jenerali benshi.

Uvira ngo bazakubitwa nabi bahunge, umuhanuzi ibyo yeretswe. Umwe mu bahanuzi baherereye muri teritware ya Walungu muri Kivu y'Amajyepfo, yavuze ko ingabo za Congo n'iz'u Burundi zizakubitwa nabi...

Read moreDetails

Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y’igisirimba.

by Bruce Bahanda
June 1, 2025
0
Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y’igisirimba.

Kofi akoze amateka mu gucuranga injyana y'igisirimba. Kofi uwo bamwe bakunze kwita Joshua, umucuranzi uri mubakunzwe cyane muri iki gihe mu matorero y'Abanyamulenge yo muri Uganda no ku...

Read moreDetails

Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo.

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
0
Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo.

Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo. Umwe mu bahanuzi bakomeye ku Ndondo ya Bijombo muri Kivu y'Amajyepfo, yabwiye Abanye-Ndondo ubuhanuzi budasanzwe bubateye ubwoba. Mu cyumweru gishize ni...

Read moreDetails

Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika.

by Bruce Bahanda
May 25, 2025
0
Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika.

Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika. Umushumba w'itorero rya All National Assembly of God, Reverend Misigaro Bizimana, yavuze ko igiterane cya Pentecost icyo...

Read moreDetails
Next Post
U Rwanda rwagaragaje impamvu rusaba RDC kuganira na M23.

U Rwanda rwagaragaje impamvu rusaba RDC kuganira na M23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?