Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Umukozi w’Imana yanenze icyo Ababiligi bakoze i Mulenge.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 24, 2025
in Religion
0
Umukozi w’Imana yanenze icyo Ababiligi bakoze i Mulenge.
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umukozi w’Imana yanenze icyo Ababiligi bakoze i Mulenge.

You might also like

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi.

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

Umukozi w’Imana Reverend Ndamahizi Matayo, mu nyigisho yigishije mu giterane kiri kubera ku itorero rya Shilon muri Uganda, yavuze ko Ababiligi n’Abasedwa bahemukiye Abanye-Congo bo mu misozi miremire y’i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo kubijyanye n’imyigire.

Ni uyu munsi ku wa gatandatu tariki ya 24/05/2025, aho uyu mukozi w’Imana Ndamahizi yagaragaje ko Ababiligi mu misozi y’i Mulenge bari barahazanye Faculte imwe gusa ya Pedagogy (uburezi), avuga ko ibi ari ubugome bukabije bakoze.

Yagize ati: “Ababiligi bakubiye abo mu misozi miremire y’i Mulenge mu gatebo kamwe. Babazanira amashuri yigaga iby’uburezi gusa. Ibi ni ubugome bubi.”

Ibyo yabivuze kubera ko mu myaka yashize mu misozi miremire y’i Mulenge, uhereye mu Rurambo ukageza mu Minembwe n’ahandi nko mu Bibogobogo n’i Ndondo ya Bijombo ndetse na Mibunda, wasangaga amashuri hafi ya yose, barigaga ibijyanye n’uburezi bwonyine. Aha ni kubanyeshuri babaga batangiye uwa kane kuko ariho bafatiraga Faculte. Nyamara ibi byarahindutse kuko ubu hari n’ibindi byigwa byinshi bitandukanye byamaze kuhazanwa.

Ikindi yanenze ni Abasedwa bazanye ubutumwa bwiza muri iyi misozi miremire y’i Mulenge, avuga ko n’abo bahazanye ubutumwa ariko bababuza gucukura izahabu no kuzicuruza. Bavugaga ko ari icyaha, ariko bo bakazicukura bakazijana iwabo.

Ati: “Abasedwa baraduhemukiye! Kutubuza gucuruza izahabu no kuzicukura! Mbega ubugome bunuka we!”

Yageze aha ahita agira ati: “Twamaganye umwuka w’Ababiligi n’Uwabasedwa mu misozi y’i wacu i Mulenge.”

Ibi yabivuze ari kubwiriza hejuru yo kudatinya, hari nyuma y’aho yari yasomye mu gitabo cyo Kuva 14:21-22.

Umushumba Ndamahizi Matayo, yavuze ko Umukristo wese usenga Imana agomba kwirinda kugira ubwoba, kandi ngo akirinda kuvuga ngo byacitse! Ngo kuko iyo ufite Yesu nta byacitse bibaho.

Ati: “Tugomba kwirinda kuvuga ko byakomeye, kubera ko dufite Yesu.”

Yongeye ati: “Aho tugeze hose Imana iduha icyo gukora.”

Yanavuze ko Mose yageze i Midiani kandi yarahunze, ariko abona icyo akora, bityo nawe uzabona icyo ukora, igihe uzaba washize Imana imbere.

Umukozi w’Imana wabwirije aya magambo, ni umushumba w’itorero rya Holy spirit muri Uganda. Ni Umunye-Kongo ukomoka mu Bibogobogo muri Kivu y’Amajyepfo. Akaba ari uwo mu bwoko bw’Abafulero.

Tags: AbabiligiAbasedwaBarahemutseMulenge
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

by Bruce Bahanda
July 11, 2025
0
Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n'uruva gusenya. Sergei Torop wiyitaga Yesu w'isiberiya yakatiwe gufungwa imyaka 12 hamwe n'ibyegera bye, kubera ko yashyize mu kaga ubuzima n'imitingo bya bamwe...

Read moreDetails

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi.

by Bruce Bahanda
July 6, 2025
0
Perezida Kagame yaburiye abavuga ko bazatera u Rwanda.

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yagiriye inama urubyiruko rwishora mu businzi, arubwira ko ahubwo rukwiye gukora rukiteza imbere ngo kuko...

Read moreDetails

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

by Bruce Bahanda
June 29, 2025
0
Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya. Mu Rugezi ho muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, umutwe wa Twirwaneho n'uwa M23 bihagenzura, byatashye urusengero rwabo rushya, nk'uko...

Read moreDetails

Iyerekwa ridasanzwe Munyaburanga aheruka guhabwa.

by Bruce Bahanda
June 27, 2025
0
Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

Iyerekwa ridasanzwe Munyaburanga aheruka guhabwa. Charles Munyaburanga uri mu Banyamulenge bakora ivugabutumwa hirya no hino ku isi, yahawe iyerekwa ridasanzwe ubwo yari mu masengesho asengera igihugu cye cya...

Read moreDetails

Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

by Bruce Bahanda
June 23, 2025
0
Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa Congo, ivuga no kuri Twirwaneho na M23. Ubuhanuzi bukomeye kuri Twirwaneho na M23 bwatanzwe n'Umuhanuzi w'Imana uri mu...

Read moreDetails
Next Post
Yasabye ko FDLR na Wazalendo bisenywa burundu.

Yasabye ko FDLR na Wazalendo bisenywa burundu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?