
Umukuru w’igihugu c’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yongeye gushinja Guverinoma ya Kigali, gucumbikira Inyeshamba zo mu mutwe wa Red Tabara, irwanya ubutegetsi bw’u Burundi.
Ibi n’ibyo Evariste Ndayishimiye, yaraye avuze, mw’ijambo rye ryo kwifuriza abarundi umwaka mwiza w’2024.
Evariste Ndayishimiye, yagize ati: “Ku byo kwa mbura imbunda Inyeshamba za Red Tabara, twari tugize iminsi tuganira n’ubutegetsi bw’u Rwanda, ngo turebe ko bo kw’i kubita agashi bagashikiriza ubutabera bw’u Burundi, abarwanyi ba Red Tabara, ariko twaje gusanga neza twarimo twirusha ubusa. U Rwanda rwa dufataga kumaso, ngo badusamaze ba bone uburyo baguma kwe geranya abarwanyi buwo mutwe.”
Yakomeje agira ati:”Icyo tugiye gukora tugiye gushiraho Ingamba nshyasha zikumira ubwicanyi bukorerwa Abana b’u Burundi.”
Perezida Evariste Ndayishimiye, yanatangarije abarundi ko agiye gusaba ibihugu Mpuzamahanga, ku mufasha kwa magana leta ya perezida Paul Kagame, w’u Rwanda.
U Rwanda, binyuze mu muvugizi wayo, aheruka guhakana ibyo baheruka kuregwa na perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye, ubwo yari mu Ntara ya Cankuzo, yashinje Kigali gufasha no gucumbikira Inyeshamba za Red Tabara. Muricyo gihe kandi umukuru w’igihugu c’u Burundi, yatangarije abarundi ko mu mutwe wa M23, urwanya ubutegetsi bwa Kinshasa, habamo n’inyeshamba za Red Tabara, ibyo Perezida w’u mutwe wa M23, Bertrand Bisimwa, yamaganye hubwo agashinja Evariste Ndayishimiye, guhabwa ruswa na leta ya Kinshasa, kugira ngo ingabo z’u Burundi, zifatanye na FDLR na Wazalendo, kurwanya M23.
Muri raporo nshya ihereruka gushirwa hanze n’u muryango w’Abibumbye, yavuze ko ingabo z’u Burundi, zinjiye rwi hishwa mu Burasirazuba bwa RDC.
Iy’i raporo ikomeza ivuga ko abasirikare b’u Burundi, ba barenga 1000 bivanze n’igisirikare ca RDC, bakaba bafatikanya kurwanya M23, nk’uko bya tangajwe n’ibiro ntara makuru bya Bongereza, Reuters.
Bruce Bahanda.