Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Umukuru w’igihugu c’u Rwanda ngo ikibazo ca RDC na Kigali ntabwo kiri hagati ye na Félix Tshisekedi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 20, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umukuru w’igihugu c’u Rwanda Paul Kagame yagaragaje ko kuri ubu kuba yakorana ibiganiro na mugenzi we, Félix Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo ntacyo byatanga; nyuma y’uko mu bihe byashize baganiriye kenshi ariko ntibigire icyo bitanga.

You might also like

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Uyu Mukuru w’igihugu c’u Rwanda Paul Kagame yabitangaje ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru ca Jeune Afrique.

Ni ikiganiro cyibanze ku ngingo zitandukanye, zirimo n’ibibazo byo Muburasirazuba bwa Republika ya Demokarasi ya Congo .

Iki gihugu ca Congo kimaze igihe kirebana ay’ingwe n’u Rwanda, nimugihe gishinja Kigali kuba ari yo iha ubufasha inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 zimaze imyaka igera kuri ibiri zihanganye n’ingabo zayo; ibyo u Rwanda rwakunze guhakana rwivuye inyuma.

Ibibazo bya Congo na M23 byazamuye umwuka mubi hagati ya Kigali na Kinshasa, ndetse inzego zitandukanye zirimo abakuru b’ibihugu by’akarere zagerageje kunga ibihugu byombi ariko ibiganiro byabayeho ntibyagira icyo bitanga.

Perezida Kagame mu kiganiro na Jeune Afrique, yabajijwe niba abona ibindi biganiro hagati ye na Tshisekedi bishoboka; yitsa ku kuba ibyagiye bibahuza nta cyo byigeze bitanga.

Ati: “Umuntu wanze kuganira n’abaturage be yaganira nanjye? Ibyo ntibyaba bidasanzwe?”

Yakomeje agira ati: “Nakunze kugira ubushake bwo kuganira na we. Hari n’ubwo twanavuganye kenshi twembi mu gihe cyashize, ariko ibibazo dufite uyu munsi ni byo mutima w’ibyo twaganiragaho. Ese kuvugana uyu munsi byakemura ibibazo dufite, cyangwa dukwiye kuganira kuko hari amahirwe afatika yo gukemura ikibazo? Guhura byo kuvugana byonyine twabikoze incuro nyinshi.Nahoze mbyemera kandi namye mboneka ku bwabyo.”

Perezida Kagame yagaragaje ko kuri ubu hari abavuga ko “ikibazo kiri hagati ya Kagame na Tshisekedi, ariko si ko biri.”

Yunzemo ko bitumvikana kuba Perezida wa Congo Kinshasa yagira inzitizi yo kuza bakagirana ibiganiro, nyamara yakabaye abikorera mu gihugu cye mu rwego rwo gukemura ibibazo afitanye n’abaturage be.

By Bruce Bahanda.

Tariki 20/09/2023

Tags: Félix TshisekediIkibazo c'u Rwanda na Rdcntabwo Kiri hagati yaboPaul Kagame
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by Bruce Bahanda
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by Bruce Bahanda
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by Bruce Bahanda
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails

What you should know about what is being said in Kisangani.

by minebwenews
April 2, 2025
0
What you should know about what is being said in Kisangani.

The city of Kisangani in the province of Tshopo, which is the third largest in Congo after Kinshasa, the capital city of DRC Congo, and Lubumbashi in the...

Read moreDetails
Next Post

Perezida Félix Tshisekedi, yarahiye arirenza ko atigeze aja kubutegetsi kubera Joseph Kabila.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?