Ishirahamwe rya “Inamahoro,” rigizwe n’abagore ba Barundi, ryatangaje ko rihangayikishijwe n’abasirikare b’u Burundi boherezw mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, mu mirwano idafitiye inyungu u Burundi.
N’i byatangajwe n’umuyobozi mukuru wiri shirahamwe rya Inamahoro, Marie Louise Baricako, mu kiganiro yahaye radio RpA yavuze ko kuba leta y’u Burundi ikomeje kohereza ingabo z’igihugu mu ntambara muri Congo bo ko bibateye impungenge.
Yagize ati: “Ishirahamwe rya Inamahoro turajwe inshinga n’ingingo u Burundi bwafashe yo kuja bohereza abasirikare mu ntambara muri Congo, mugihe ahubwo bagafashe umwanya wo gukiza impande zihanganye mu Burasirazuba bw’icyo gihugu. Ntabwo dushaka kumenya ibyo M23 iri kurwanira ariko se, turibaza inyungu leta y’u Burundi ifite muririya ntambara tukayibura, niyihe nyungu koko bafite?”
Yakomeje agira ati: “Umukuru w’igihugu cy’u Burundi yirengagije ineza y’u Burundi, ntiyaba umugabo uhuza abandi bagabo, ahubwo nawe aba umurwanyi mu barimo kurwana. Twebwe tubona ntanyungu yajana abarundi kurwana muri RDC, ibyo turabyanze abasirikare b’u Burundi batahe bakorere i gihugu cyabo u Burundi.”
Uy’u muyobozi w’ishirahamwe rya Inamahoro, yanavuze ko leta y’u Burundi itohereza gusa abasirikare ko ahubwo iri no mu kohereza imbonerakure.
Ahagana mu kwezi kwa Cyenda, mu ntangiriro zako umwaka ushize w’2023, nibwo ingabo z’u Burundi zatangiye kuvugwa mu mirwano M23 ihanganyemo na Wazalendo, FDLR na FARDC . Gusa leta y’u Burundi ibi irabihakana, n’ubwo M23 imaze gufata matekwa abatari bake bo mu ngabo z’u Burundi abandi benshi bakaba bamaze kuhasiga ubuzima, harimo n’abagiye bavugwa ko ba buriwe irengero.
Ibi byagarutsweho kandi n’ishirahamwe rya Cefor-Arusha, riyobowe n’umurundi Jean Bosco Rwigemera, aho iri shirahamwe ku munsi w’ejo hashize ryamaganye ry’i vuye inyuma perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye, rinagaragaza ko Evariste Ndayishimiye azabazwa ubwicanyi bukorerwa abasivile bo mu bwoko bw’Abatutsi, muri RDC.
K’urundi ruhande radio RpA, k’u munsi w’ejo hashize ku wa Kane, tariki ya 08/02/2024, yatangaje ko leta y’u Burundi yashizeho igihano cy’u rupfu ku musirikare wese uzanga kuja kurwana muri RDC.
Bruce Bahanda.