Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icya vuga ku by’insengero, ndetse avuga no ku matorero y’inzaduka.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 14, 2024
in Regional Politics
1
Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icya vuga ku by’insengero, ndetse avuga no ku matorero y’inzaduka.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icya vuga ku by’insengero, ndetse avuga no ku matorero y’inzaduka.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Perezida Kagame w’u Rwanda yavuze ko insengero zimaze iminsi zifungwa, zidakwiye gutuma haba impaka, kuko icyo kibazo cyaganiriweho kenshi, kandi ko amadini n’amatorero y’inzaduka akomeje kuvuka ku bwinshi ndetse ko arimo gutanga inyigisho ziyobya abantu.

Kagame yagarutse kuri iki kibazo cy’ifungwa ry’insengero, kuri uy’u wa Gatatu tariki ya 14/08/2024 ubwo yari amaze kwakira indahiro ya Minisitiri w’intebe n’izabadepite bashya.

Perezida Paul Kagame yavuze ko hakiri ibibazo bizitira abantu mu iterambere, birimo n’ikibazo cy’amadeni n’amatorero y’inzaduka yabaye menshi ariko inyigisho zitangwa n’amwe muri yo, zikaba ziri kuyobya rubanda.

Ibibazo by’insengero zafunzwe, aho igenzura ryakozwe n’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB rwafunze insengero zirenga ibihumbi umunani byagaragaye ko zitujuje ibisabwa.

Kagame yavuze ko iki kibazo cyazamuye impaka ndende zitari ngombwa, ati: “Murabanza induru imbere, ngo bafunze amakanisa, wabanje kuvuga uti ‘ariko ubundi yagiyeho ate? Cyangwa ubundi amakanisa ni iki?”

Yavuze ko imyumvire yo kubabazwa n’iki kibazo ku mateka y’ubukoroni bwinjijwe mu Banyafrika, ku buryo abantu batari bakwiye kurazwa inshinga n’iki kibazo, mu gihe bafite ibibazo byinshi bagomba gukemura.”

Ati: “Twari dukwiye gukoresha mu gukemura ibibazo bya buri munsi bitureba, biduha umutekano bituzamurira ubukungu, bituma Umunyarwanda atagira inzara atagira biriya bibazo navugaga, byose.”

Yanavuze kandi ko iki kibazo cyaganiriweho bihagije ku buryo ifungwa ry’izi nsengero ritari rikwiye kuzamura izindi mpaka, cyangwa kuba hari insengero zagombye kuba zitujuje ibisabwa byatumye zifungwa.

Avuga ko buri wese ashaka kugira urusengero mu gikari cye.

Paul Kagame yavuze ko ubwinshi bw’izi nsengero butari ngombwa, aho yahise avuga ko “Ubu koko mwebwe nk’Abanyarwanda mwebwe Abadepite mwicaye aha ubwanyu, ubu hejuru yo kuba umudepite mwumva mufite aho mushingiraho ku buryo buri wese yagira ikanisa mu gikari cye? Ukaba umudepite, ukaba umupasitoli ukagira ikanisa, erega n’udafite na wa wundi wabujije ibikorwa byari bikwiye kumuha amafaranga agomba kwishakamo amafaranga yaza akaguha.”

Perezida Paul Kagame yavuze kandi ko urebye izi nsengero zabayeho zari zigamije gukamura abantu amafaranga.

N’inyigisho zitangwa n’aya matorero ubwazo zikwiye kwitonderwa, aho yagarutse kuri bamwe mu biyita abakozi b’Imana bahanurira abaturage ibyo baba bavuga ko batumwe n’Imana.

Ati: “Mbere na mbere njyewe mpuye na we ukambwira ibyo, nabanza kukubaza niba utari umusazi. Ugomba kuba uri umusazi, icya kabiri nagusaba ubuhamya, ibimenyetso, nti ‘ibi uvuga ko waraye uhuye n’Imana, ibyo yagutumye cyangwa yakuntumyeho, nyereka gihamya.”

Yavuze ko Abanyarwanda bagomba kwirinda inyigisho zibarindagiza, nyamara abakora nk’ibyo byo guhanura aribo baba barararindagiye.

Yavuze ko hari amadini yabayeho mbere ndetse ko atayafiteho impaka nubwo hari ibyo wenda yaba atemeranya na yo, ariko ko Abanyarwanda bakwiye kwirinda abazana inyigisho z’inzaduka.

Ati: “Ibindi by’amafuti bidusanga hano mwebwe abantu bakuze, abantu bazima, mufite ibyo mwanyuzemo, umuntu akaza akarindagiza abantu, igihugu cyose akagira ingwate, namwe mukarindagira mugakurikira, uwayobye.”

Yavuze kandi ko ‘ikibabaje abakunze gukurikira amatorero y’inzaduka ari abantu baba barize za kaminuza, baniyita ibikomerezwa. Ati: “Warangiza ugashukwa n’umusazi ukamukurikira? Ntunamubaze ati ariko urantwara hehe?”

Yanatanze urugero rw’amatorero nk’aya yo mu bindi bihugu, anayobya abantu ku buryo hari n’abo atuma bahaburira ubuzima, ku buryo byari bikwiye gutanga isomo.

Yasoje iki kiganiro asaba Abadepite batowe kuzashyiraho amategeko azabasha guca aka kajagari.

            MCN.
Tags: AmakanisaAmatorero y'inzadukaRwanda
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Kagame yagize icyavuga kuri RDC ikomeje gufasha FDLR, ndetse atanga n’umuco kubibaza niba RDF iri muri RDC.

Perezida Kagame yagize icyavuga kuri RDC ikomeje gufasha FDLR, ndetse atanga n'umuco kubibaza niba RDF iri muri RDC.

Comments 1

  1. Habarurema Aimé Emmanuel says:
    11 months ago

    Insengero zo zirakabije bagiye bazana inganda n’indi mirimo akaba aribyo banabwiririzamo abantu se? Ubwo insengero 8000 zose ni mu Rwanda rimwe?

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?