• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, August 1, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icya vuga ku by’insengero, ndetse avuga no ku matorero y’inzaduka.

minebwenews by minebwenews
August 14, 2024
in Regional Politics
1
Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icya vuga ku by’insengero, ndetse avuga no ku matorero y’inzaduka.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icya vuga ku by’insengero, ndetse avuga no ku matorero y’inzaduka.

You might also like

Ibisubizo Bitangaje Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye Yatanze ku Byo Yagejeje ku Gihugu n’Abarundi mu Myaka Itandatu Amaze ku Butegetsi

Minisitiri Nduhungirehe Yahakanye Yivuye Inyuma Ibyavuzwe na Perezida Ndayishimiye ku Ihererekanya ry’Abakekwaho Kugerageza Guhirika Ubutegetsi bw’u Burundi mu 2015

C64 : Après son déplacement au Burundi, une nouvelle mission de la coalition vers un autre pays est évoquée

Perezida Kagame w’u Rwanda yavuze ko insengero zimaze iminsi zifungwa, zidakwiye gutuma haba impaka, kuko icyo kibazo cyaganiriweho kenshi, kandi ko amadini n’amatorero y’inzaduka akomeje kuvuka ku bwinshi ndetse ko arimo gutanga inyigisho ziyobya abantu.

Kagame yagarutse kuri iki kibazo cy’ifungwa ry’insengero, kuri uy’u wa Gatatu tariki ya 14/08/2024 ubwo yari amaze kwakira indahiro ya Minisitiri w’intebe n’izabadepite bashya.

Perezida Paul Kagame yavuze ko hakiri ibibazo bizitira abantu mu iterambere, birimo n’ikibazo cy’amadeni n’amatorero y’inzaduka yabaye menshi ariko inyigisho zitangwa n’amwe muri yo, zikaba ziri kuyobya rubanda.

Ibibazo by’insengero zafunzwe, aho igenzura ryakozwe n’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB rwafunze insengero zirenga ibihumbi umunani byagaragaye ko zitujuje ibisabwa.

Kagame yavuze ko iki kibazo cyazamuye impaka ndende zitari ngombwa, ati: “Murabanza induru imbere, ngo bafunze amakanisa, wabanje kuvuga uti ‘ariko ubundi yagiyeho ate? Cyangwa ubundi amakanisa ni iki?”

Yavuze ko imyumvire yo kubabazwa n’iki kibazo ku mateka y’ubukoroni bwinjijwe mu Banyafrika, ku buryo abantu batari bakwiye kurazwa inshinga n’iki kibazo, mu gihe bafite ibibazo byinshi bagomba gukemura.”

Ati: “Twari dukwiye gukoresha mu gukemura ibibazo bya buri munsi bitureba, biduha umutekano bituzamurira ubukungu, bituma Umunyarwanda atagira inzara atagira biriya bibazo navugaga, byose.”

Yanavuze kandi ko iki kibazo cyaganiriweho bihagije ku buryo ifungwa ry’izi nsengero ritari rikwiye kuzamura izindi mpaka, cyangwa kuba hari insengero zagombye kuba zitujuje ibisabwa byatumye zifungwa.

Avuga ko buri wese ashaka kugira urusengero mu gikari cye.

Paul Kagame yavuze ko ubwinshi bw’izi nsengero butari ngombwa, aho yahise avuga ko “Ubu koko mwebwe nk’Abanyarwanda mwebwe Abadepite mwicaye aha ubwanyu, ubu hejuru yo kuba umudepite mwumva mufite aho mushingiraho ku buryo buri wese yagira ikanisa mu gikari cye? Ukaba umudepite, ukaba umupasitoli ukagira ikanisa, erega n’udafite na wa wundi wabujije ibikorwa byari bikwiye kumuha amafaranga agomba kwishakamo amafaranga yaza akaguha.”

Perezida Paul Kagame yavuze kandi ko urebye izi nsengero zabayeho zari zigamije gukamura abantu amafaranga.

N’inyigisho zitangwa n’aya matorero ubwazo zikwiye kwitonderwa, aho yagarutse kuri bamwe mu biyita abakozi b’Imana bahanurira abaturage ibyo baba bavuga ko batumwe n’Imana.

Ati: “Mbere na mbere njyewe mpuye na we ukambwira ibyo, nabanza kukubaza niba utari umusazi. Ugomba kuba uri umusazi, icya kabiri nagusaba ubuhamya, ibimenyetso, nti ‘ibi uvuga ko waraye uhuye n’Imana, ibyo yagutumye cyangwa yakuntumyeho, nyereka gihamya.”

Yavuze ko Abanyarwanda bagomba kwirinda inyigisho zibarindagiza, nyamara abakora nk’ibyo byo guhanura aribo baba barararindagiye.

Yavuze ko hari amadini yabayeho mbere ndetse ko atayafiteho impaka nubwo hari ibyo wenda yaba atemeranya na yo, ariko ko Abanyarwanda bakwiye kwirinda abazana inyigisho z’inzaduka.

Ati: “Ibindi by’amafuti bidusanga hano mwebwe abantu bakuze, abantu bazima, mufite ibyo mwanyuzemo, umuntu akaza akarindagiza abantu, igihugu cyose akagira ingwate, namwe mukarindagira mugakurikira, uwayobye.”

Yavuze kandi ko ‘ikibabaje abakunze gukurikira amatorero y’inzaduka ari abantu baba barize za kaminuza, baniyita ibikomerezwa. Ati: “Warangiza ugashukwa n’umusazi ukamukurikira? Ntunamubaze ati ariko urantwara hehe?”

Yanatanze urugero rw’amatorero nk’aya yo mu bindi bihugu, anayobya abantu ku buryo hari n’abo atuma bahaburira ubuzima, ku buryo byari bikwiye gutanga isomo.

Yasoje iki kiganiro asaba Abadepite batowe kuzashyiraho amategeko azabasha guca aka kajagari.

            MCN.
Tags: AmakanisaAmatorero y'inzadukaRwanda
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ibisubizo Bitangaje Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye Yatanze ku Byo Yagejeje ku Gihugu n’Abarundi mu Myaka Itandatu Amaze ku Butegetsi

by Bahanda Bruce
August 1, 2026
0
Ibisubizo Bitangaje Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye Yatanze ku Byo Yagejeje ku Gihugu n’Abarundi mu Myaka Itandatu Amaze ku Butegetsi

Ibisubizo Bitangaje Perezida w'u Burundi Évariste Ndayishimiye Yatanze ku Byo Yagejeje ku Gihugu n'Abarundi mu Myaka Itandatu Amaze ku Butegetsi MINEMBWE CAPITAL NEWS Perezida w'u Burundi, Évariste Ndayishimiye,...

Read moreDetails

Minisitiri Nduhungirehe Yahakanye Yivuye Inyuma Ibyavuzwe na Perezida Ndayishimiye ku Ihererekanya ry’Abakekwaho Kugerageza Guhirika Ubutegetsi bw’u Burundi mu 2015

by Bahanda Bruce
August 1, 2026
0
Minisitiri Nduhungirehe Yahakanye Yivuye Inyuma Ibyavuzwe na Perezida Ndayishimiye ku Ihererekanya ry’Abakekwaho Kugerageza Guhirika Ubutegetsi bw’u Burundi mu 2015

Minisitiri Nduhungirehe Yahakanye Yivuye Inyuma Ibyavuzwe na Perezida Ndayishimiye ku Ihererekanya ry'Abakekwaho Kugerageza Guhirika Ubutegetsi bw'u Burundi mu 2015 MINEMBWE CAPITAL NEWS Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane Mpuzamahanga w'u...

Read moreDetails

C64 : Après son déplacement au Burundi, une nouvelle mission de la coalition vers un autre pays est évoquée

by Bahanda Bruce
July 31, 2026
0
RDC : Le C64 Met en Place une Nouvelle Stratégie pour Contraindre Félix Tshisekedi à Démissionner alors que le Débat sur la Révision de la Constitution s’Intensifie

C64 : Après son déplacement au Burundi, une nouvelle mission de la coalition vers un autre pays est évoquée MINEMBWE CAPITAL NEWS Alors que la République démocratique du...

Read moreDetails

Bwa Mbere, Apostle Sosthène Avuze Uwo Ashinja Kumugambanira Mu 2014 Mu Burundi

by Bahanda Bruce
July 31, 2026
0
Bwa Mbere, Apostle Sosthène Avuze Uwo Ashinja Kumugambanira Mu 2014 Mu Burundi

Apostle Sosthène Avuze Bwa Mbere Uwo Ashinja Kumugambanira Mu 2014: Pasitori Mbayahaga Yagarutsweho Mu Birego Bikomeye MINEMBWE CAPITAL NEWS Nyuma y'imyaka hafi 12 ishize yirukanywe mu Burundi, Umuyobozi...

Read moreDetails

Mu Gihe Tshisekedi Ategura Ibiganiro by’Abanyekongo, Katumbi Yagaruye Ubumwe mu Ishyaka Rye; Dore Icyabivuyemo

by Bahanda Bruce
July 31, 2026
0
Mu Gihe Tshisekedi Ategura Ibiganiro by’Abanyekongo, Katumbi Yagaruye Ubumwe mu Ishyaka Rye; Dore Icyabivuyemo

Mu Gihe Tshisekedi Ategura Ibiganiro by'Abanyekongo, Katumbi Yagaruye Ubumwe mu Ishyaka Rye; Dore Icyabivuyemo MINEMBWE CAPITAL NEWS Mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje kwitegura ibiganiro...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Kagame yagize icyavuga kuri RDC ikomeje gufasha FDLR, ndetse atanga n’umuco kubibaza niba RDF iri muri RDC.

Perezida Kagame yagize icyavuga kuri RDC ikomeje gufasha FDLR, ndetse atanga n'umuco kubibaza niba RDF iri muri RDC.

Comments 1

  1. Habarurema Aimé Emmanuel says:
    2 years ago

    Insengero zo zirakabije bagiye bazana inganda n’indi mirimo akaba aribyo banabwiririzamo abantu se? Ubwo insengero 8000 zose ni mu Rwanda rimwe?

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 amahoro America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?