Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umupaka wa Kamanyola watangiye kugenzurwa na M23.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 19, 2025
in Regional Politics
0
100
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umupaka wa Kamanyola watangiye kugenzurwa na M23.

You might also like

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Abasirikare bo mu mutwe wa M23 batangiye kugenzura umupaka wa Kamanyola ku ruhande rwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ni nyuma y’aho bigaruriye umujyi wa Kamanyola ubarizwamo uriya mupaka.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki 19/02/2025, nibwo m23 yabohoje umupaka wa Kamanyola uhuza iki gihugu cya RDC n’u Rwanda.

Mu ijoro ryo ku wa kabiri M23 yinjiye muri Kamanyola, ariko ntiyashoboka ifata uriya mupaka.

Amakuru ava muri ibyo bice avuga ko mu gitondo cy’uyu wa gatatu habaye imirwano hagati ya M23 n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, ririmo FDLR, Wazalendo, ingabo z’u Burundi na FARDC.

Ubwo M23 yinjiraga kuri uyu mupaka, abawukoragaho ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa bahise bayabangira ingata.

Minembwe.com yamenye ko bamwe mu barwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa barimo Wazalendo, ingabo z’u Burundi na FDLR bahise bafatwa n’uyu mutwe wa M23.

Ku rundi ruhande abasirikare ba FARDC bavuye i Bukavu n’abari kuri uyu mupaka wa Kamanyola, bahungira Uvira, ahashobora kugwa mu biganza bya M23 mu gihe cya vuba, naho bahavuye berekeza i Fizi, mu Misozi miremire y’Imulenge n’abandi baca iya mazi bagana i Kalemi mu Ntara ya Tanganyika.

Hari n’abambutse umupaka berekeza i Bujumbura mu Burundi. Aba bakaba bajanye n’ingabo z’u Burundi nazo ziri gukuramo akabo karenge muri iyi ntambara.

Kuva Uvira ugera mu mujyi wa Bujumbura ni intera y’ibirometero 27, iminota 44 n’imodoka cyangwa amasaha 6 ugenda n’amaguru.

Umuvugizi w’igisirikare cy’u Burundi yavuze ko ingabo zabo bohereje muri RDC zikomeje ibikorwa zatumwe gukora mu bice zigenzura, nyamara abaturiye ibice barimo bavuga ko batakibirimo, kandi ko babona basubizwa mu gihugu cyabo.

Umuturage uri Uvira wavuganye natwe ku manywa yagize ati: “Mu mujyi wa Uvira nta musirikare uharangwa, hubwo hari kuzenguruka gusa Wazalendo. Kandi n’ingabo z’u Burundi zasubijwe iwabo.”

Tags: KamanyolaKugenzurwaM23
Share40Tweet25Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails
Next Post
Iby’imfungwa zafunguwe muri Uvira muri Kivu y’Amajy’epfo.

Iby'imfungwa zafunguwe muri Uvira muri Kivu y'Amajy'epfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?