Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umutekano w’ikibuga cy’indege cya Minembwe wakajijwe.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 6, 2025
in Regional Politics
0
Umutekano w’ikibuga cy’indege cya Minembwe wakajijwe.
111
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umutekano w’ikibuga cy’indege cya Minembwe wakajijwe.

You might also like

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo(FARDC) cyarushijeho kongera umubare w’ingabo zacyo ku kibuga cy’indege cya Minembwe muri Kivu y’Amajy’epfo.

Ingabo za FARDC nyinshi, Wazalendo na FDLR, ku mu goroba w’ahar’ejo boherejwe ku kibuga cy’indege cya Minembwe giherereye ku Kizaba.

Aka gace ka Kiziba karimo iki kibuga cy’indege, kari gasanzwe karebwa n’ i batayo imwe y’ingabo za Leta.

Mu busanzwe batayo imwe y’ingabo z’iki gihugu iba irimo abasirikare bari hujuru ya 300.

Iyi batayo ikambi yayo, yubatse iruhande rw’umuhana wa Kiziba, uherereyemo itorero rya Free Methodist, riyobowe na Surtandant Bitebetebe.

Iyi nkuru rero ikaba ivuga ko aba basirikare bongerewe cyane n’ubwo umubare wabahoherejwe utazwi neza. Ariko ko bahise bazenguruka iki kibuga cy’indege mu buryo budasanzwe. Kandi ko atari FARDC gusa yahoherjwe, hubwo ko hajanwe na Wazalendo na FDLR.

Umuturage uri muri aka gace yahaye Minembwe.com ubutumwa bwanditse bugira buti: “Katanyama yakajije umutekano kubyo gucyunga ikibuga cy’indege cya Minembwe. Uhereye ejo hashize, ingabo nyinshi na FDLR ndetse na Wazalendo boherejwe kuri iki kibuga, ndetse kandi no ku mugoroba haza abandi nabo benshi.”

Ubu butumwa bw’uyu muturage bunagaragaza ko hari abandi basirikare baturutse muri Madegu centre bajabuka i Lundu ahari amarango yitegeye iki kibuga cy’indege, bahageze bashinga ibibunda binini.

Ati: “Igihe cy’umugoroba w’ejo hashize, abasirikare bavuye mu Madegu centre baja i Lundu bageze kuri rya Rango ryo kwa Buhimba ry’itegeye ku Kiziba bahashinga ibibunda binini.”

Ibyo bibaye mugihe mu mpera zakiriya cyumweru gishize, mu Minembwe hisutse abasirikare benshi, aho baje baturutse mu bice by’i Baraka na Uvira.

Bikavugwa ko baje kurinda aka gace kugira ngo ntigafatwe na Twirwaneho iyo bashinja gukorana byahafi n’umutwe wa M23 uheruka gufata umujyi wa Goma, ndetse kandi ukaba uri kwerekeza mu gufata n’umujyi wa Bukavu muri Kivu y’Amajy’epfo.

FARDC mu Minembwe nyuma y’uko itangiye kwifatanya n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR, Maï-Maï n’indi, igahita itangira kugaba ibitero mu mihana ituwe n’Abanyamulenge. Nibwo yatangiye kurebana nabi na Twirwaneho, ndetse igenda iyishinja kurwanya ingabo z’iki gihugu, nubwo ataribyo.

Ubundi Twirwaneho yabayeho mu rwego rwo kugira ngo irinde Abanyamulenge n’ibyabo, mu gihe bagabwaho ibitero bya Maï-Maï kubufasha bw’ingabo za FARDC bigamije kubangaza no kubarimbura, ndetse no kunyaga Inka zabo, nk’uko byagiye bigaragazwa n’inzobere nyinshi zo mu Banyamulenge.

I Komine ya Minembwe ituwe n’Abanyamulenge benshi, irebwa na brigade y’ingabo z’iki gihugu ya 21, icyicaro gikuru cyayo kiri muri centre ya Minembwe. Iyi brigade ifite rejima zibiri imwe iri i Gakenke indi ikaba i Lundu.

Si kibuga cy’indege cya Minembwe gusa, umutekano wacyo wakajijwe, kuko ni cya Kavumu kiri hafi n’i Bukavu, FARDC yagishinzemo ibirindiro bikomeye by’ingabo zayo. Bikavugwa ko ari naho Lt.Gen. Pacifique Masunzu aherereye. Aha ni nyuma y’uko umutwe wa M23 ugeze mu ntera y’ibirometero 25 uvuye kuri iki kibuga cy’indege.

Tags: FardcIkibuga cy'indegeMinembweTwirwanehoUmutekano
Share44Tweet28Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Icyo minisitiri Nduhungirehe yavuze ku biganiro biri kubera i Doha bihuza RDC na AFC/M23.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Leta y'u Rwanda yatangaje ko yishimiye isinywa ry'inyandiko y'amahame y'ibanze ngenderwaho aganisha...

Read moreDetails
Next Post
Amasasu Fardc yaraye irasa mu Mikenke menya ukwayo.

Inama yakozwe na FARDC y'ikuba gahu, yatumye mu Minembwe haba ubwoba.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?