Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Umutwe wa M23 Wahindutse Urwitwazo kuri President Tshisekedi, Rwogufunga Abahoze Bamubahafi Mubutegetsi Muri RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 6, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abayobozi mungabo za Fardc ndetse nabamwe mubanya Politiki muri RDC bakomeje gufungwa bazira umutwe wa M23.

You might also like

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

President Félix Tshisekedi wa RDC, umutwe wa M23 ngowaba waramukuye umutima nimugihe bivugwa ko ahagiye hose avuga M23.

Kuri none leta ya Kinshasa kumunye-Congo ugera mu Rwanda cyangwa utunze nimero y’umwe mu bantu bo mu Rwanda, ugenda witeguye ko inzego z’ishinzwe umutekano zikugeraho. Ibi bikaba bimaze kuba kuribamwe harimo n’a Fortunat Biselele wahoze ari Umujyanama wihariye wa President Félix Tshisekedi.

Harimo kandi na Depite Edouard Mwangachuchu uzira gukorera ubucuruzi mu Rwanda.

Umutwe wa M23 nigihugu c’u Rwanda byabaye urwitwazo rwo kwikiza abatavuga rumwe nubutegetsi bwa Kinshasa. Umuvugizi wa Leta ya Congo, Patrick Muyaya aheruka gushinja Moïse Katumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi gukorana na leta ya Kigali, ngo kuko ntaho ararwamagana kuva M23 itangije intambara.

Mu gihe habura amezi atandatu hakaba amatora ya President muri Congo, aho Tshisekedi azaba ashaka indi manda, ibintu byahinduye isura ku washaka kwitambika uwo mugambi haba mu nzego z’umutekano cyangwa se iza politiki.

Bijyana no kutizera abamuri hafi, yumva ko isaha n’isaha bamugambanira bakamuvana ku butegetsi babifashijwemo n’amahanga cyane cyane u Rwanda rwabaye indirimbo mu kanwa k’abanyepolitiki ba Congo.

Ntabwo bizwi niba kwikanga u Rwanda mu mpande zose kwa Congo bituruka ku kurutinya koko cyangwa se niba ari yo turufu babonye nziza yo kwigarurira imitima y’abaturage, ngo amatora ataha Tshisekedi ayatsinde bitamugoye.

Abahoze ari abayobozi muri leta ya President Félix Tshisekedi, abenshi nabamaze kwinjira muburoko cangwase Prison kandi bose bashinjwa gukorana n’u Rwanda cyangwa M23, nubwo ukurikije ibimenyetso bitangwa n’inzego z’iperereza nta gihamya ifatika.

Muraba harimo :

François Beya wabaye Umujyanama wihariye mu by’Umutekano wa President Tshisekedi, ni we wabanjirije abandi mu gutabwa muri yombi mukwezi kwa 02/2022 ashinjwa ibyaha bijyanye no gushaka guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi.

Uyu mugabo yari umwizerwa, akaba umwe mu bantu bakomeye kandi bari batinyitse mu nzego z’umutekano kuko yazikozemo imyaka isaga 40 guhera mu gihe cya Mobutu Sese Seko.

Ku butegetsi bwa Joseph Kabila, Beya yayoboye inzego zikomeye zirimo urw’ubutasi. Kubera imbaraga n’ubuhanga bwe, Tshisekedi yamugumishije mu byegera bye bya hafi dore ko banakomoka mu ntara imwe ya Kasai.

Beya kandi yagize uruhare runini mu kubyutsa umubano mwiza wa RDC n’u Rwanda ubwo Tshisekedi yari amaze kujya ku butegetsi. Ni umwe mu bayobozi bazaga kenshi mu Rwanda ayoboye itsinda ry’intumwa za Congo i Kigali.

Ibyaha yashinjwe amaze gutabwa muri yombi harimo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi wari wagiye mu nama Addis Ababa muri Ethiopia, icyakora ntiherekanwa ibimenyetso simusiga byerekana ko yari agiye guhirika ubutegetsi dore ko n’abandi bantu mu butegetsi bwa Tshisekedi bavugwa ko bari bagiye kumufasha.

Ikizwi ni uko Beya yafashwe mu gihe imirwano ya M23 yari ikomeye mu Burasirazuba bw’igihugu, akaba umuntu kandi wakoranye na President Joseph Kabila ku buryo bikekwa ko Tshisekedi ashobora kuba yarikangaga ko imbaraga Beya afite mu nzego z’umutekano yazifashisha mu kumurwanya.

Ifatwa rye ryasize rikangaranyije benshi mu butegetsi, bakagenda bikandagira ko isaha n’isaha bamukurikira.

Harikandi Lt Gen Philémon Yav ushinjwa guha umutwe w’inyeshamba za M23 Umujyi wa Goma.

Lt Gen Philémon Yav, ni umwe mu bandi bizerwa mu ngabo za Congo (FARDC), watawe muri yombi ashinjwa ubugambanyi.

Yav avuka muri Katanga ni umwe mu basirikare bakuru bari bafite ubunararibonye mu bijyanye n’intambara dore ko yarwaniye mu Burasirazuba bwa Congo guhera mu myaka ya 1996 ubwo yari mu nyeshyamba za AFDL zakuye ku butegetsi Mobutu Sese Seko.

Tags: Drcgufunga Abahoze Bamubahafi hafiUbutegetsi bwa Félix Tshisekedi
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by Bruce Bahanda
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by Bruce Bahanda
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by Bruce Bahanda
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails

What you should know about what is being said in Kisangani.

by minebwenews
April 2, 2025
0
What you should know about what is being said in Kisangani.

The city of Kisangani in the province of Tshopo, which is the third largest in Congo after Kinshasa, the capital city of DRC Congo, and Lubumbashi in the...

Read moreDetails
Next Post

Umwuka W'intambara Nibihuha Byinshi, Nibyo Bikomeje Kwiyongera Muri Groupement Ya Itara Homuri Luvunge Muri Teritware Ya Uvira.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?