• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, March 6, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Umutwe wa M23 Wahindutse Urwitwazo kuri President Tshisekedi, Rwogufunga Abahoze Bamubahafi Mubutegetsi Muri RDC.

minebwenews by minebwenews
June 6, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abayobozi mungabo za Fardc ndetse nabamwe mubanya Politiki muri RDC bakomeje gufungwa bazira umutwe wa M23.

You might also like

AFC/M23 Accuses the Kinshasa Government of Brutality Against Civilians in the Highlands of Minembwe

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

President Félix Tshisekedi wa RDC, umutwe wa M23 ngowaba waramukuye umutima nimugihe bivugwa ko ahagiye hose avuga M23.

Kuri none leta ya Kinshasa kumunye-Congo ugera mu Rwanda cyangwa utunze nimero y’umwe mu bantu bo mu Rwanda, ugenda witeguye ko inzego z’ishinzwe umutekano zikugeraho. Ibi bikaba bimaze kuba kuribamwe harimo n’a Fortunat Biselele wahoze ari Umujyanama wihariye wa President Félix Tshisekedi.

Harimo kandi na Depite Edouard Mwangachuchu uzira gukorera ubucuruzi mu Rwanda.

Umutwe wa M23 nigihugu c’u Rwanda byabaye urwitwazo rwo kwikiza abatavuga rumwe nubutegetsi bwa Kinshasa. Umuvugizi wa Leta ya Congo, Patrick Muyaya aheruka gushinja Moïse Katumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi gukorana na leta ya Kigali, ngo kuko ntaho ararwamagana kuva M23 itangije intambara.

Mu gihe habura amezi atandatu hakaba amatora ya President muri Congo, aho Tshisekedi azaba ashaka indi manda, ibintu byahinduye isura ku washaka kwitambika uwo mugambi haba mu nzego z’umutekano cyangwa se iza politiki.

Bijyana no kutizera abamuri hafi, yumva ko isaha n’isaha bamugambanira bakamuvana ku butegetsi babifashijwemo n’amahanga cyane cyane u Rwanda rwabaye indirimbo mu kanwa k’abanyepolitiki ba Congo.

Ntabwo bizwi niba kwikanga u Rwanda mu mpande zose kwa Congo bituruka ku kurutinya koko cyangwa se niba ari yo turufu babonye nziza yo kwigarurira imitima y’abaturage, ngo amatora ataha Tshisekedi ayatsinde bitamugoye.

Abahoze ari abayobozi muri leta ya President Félix Tshisekedi, abenshi nabamaze kwinjira muburoko cangwase Prison kandi bose bashinjwa gukorana n’u Rwanda cyangwa M23, nubwo ukurikije ibimenyetso bitangwa n’inzego z’iperereza nta gihamya ifatika.

Muraba harimo :

François Beya wabaye Umujyanama wihariye mu by’Umutekano wa President Tshisekedi, ni we wabanjirije abandi mu gutabwa muri yombi mukwezi kwa 02/2022 ashinjwa ibyaha bijyanye no gushaka guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi.

Uyu mugabo yari umwizerwa, akaba umwe mu bantu bakomeye kandi bari batinyitse mu nzego z’umutekano kuko yazikozemo imyaka isaga 40 guhera mu gihe cya Mobutu Sese Seko.

Ku butegetsi bwa Joseph Kabila, Beya yayoboye inzego zikomeye zirimo urw’ubutasi. Kubera imbaraga n’ubuhanga bwe, Tshisekedi yamugumishije mu byegera bye bya hafi dore ko banakomoka mu ntara imwe ya Kasai.

Beya kandi yagize uruhare runini mu kubyutsa umubano mwiza wa RDC n’u Rwanda ubwo Tshisekedi yari amaze kujya ku butegetsi. Ni umwe mu bayobozi bazaga kenshi mu Rwanda ayoboye itsinda ry’intumwa za Congo i Kigali.

Ibyaha yashinjwe amaze gutabwa muri yombi harimo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi wari wagiye mu nama Addis Ababa muri Ethiopia, icyakora ntiherekanwa ibimenyetso simusiga byerekana ko yari agiye guhirika ubutegetsi dore ko n’abandi bantu mu butegetsi bwa Tshisekedi bavugwa ko bari bagiye kumufasha.

Ikizwi ni uko Beya yafashwe mu gihe imirwano ya M23 yari ikomeye mu Burasirazuba bw’igihugu, akaba umuntu kandi wakoranye na President Joseph Kabila ku buryo bikekwa ko Tshisekedi ashobora kuba yarikangaga ko imbaraga Beya afite mu nzego z’umutekano yazifashisha mu kumurwanya.

Ifatwa rye ryasize rikangaranyije benshi mu butegetsi, bakagenda bikandagira ko isaha n’isaha bamukurikira.

Harikandi Lt Gen Philémon Yav ushinjwa guha umutwe w’inyeshamba za M23 Umujyi wa Goma.

Lt Gen Philémon Yav, ni umwe mu bandi bizerwa mu ngabo za Congo (FARDC), watawe muri yombi ashinjwa ubugambanyi.

Yav avuka muri Katanga ni umwe mu basirikare bakuru bari bafite ubunararibonye mu bijyanye n’intambara dore ko yarwaniye mu Burasirazuba bwa Congo guhera mu myaka ya 1996 ubwo yari mu nyeshyamba za AFDL zakuye ku butegetsi Mobutu Sese Seko.

Tags: Drcgufunga Abahoze Bamubahafi hafiUbutegetsi bwa Félix Tshisekedi
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

AFC/M23 Accuses the Kinshasa Government of Brutality Against Civilians in the Highlands of Minembwe

by Bahanda Bruce
February 20, 2026
0
AFC/M23 Yashinje Leta ya Kinshasa Ubugizi bwa Nabi ku Baturage bo mu Misozi ya Minembwe

The political and military coalition Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) has released an urgent statement expressing serious concern over the worsening insecurity in the areas of Minembwe, Mikenge, and...

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

by Bahanda Bruce
February 16, 2026
0
Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yakiriwe mu buryo budasanzwe n’imbaga y’abaturage i Bujumbura, nyuma yo gusoza urugendo yari yagiriye i Addis Abeba...

Read moreDetails

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
February 9, 2026
0
Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC Ku butumire bwa Perezida wa Repubulika ya Angola, akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango...

Read moreDetails

FARDC Drone Attacks in Minembwe Injure Civilians

by Bahanda Bruce
January 31, 2026
0
FARDC Drone Attacks in Minembwe Injure Civilians

Reliable information from the center of Minembwe, in South Kivu Province, reports that a drone believed to belong to the Armed Forces of the Democratic Republic of the...

Read moreDetails

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

by Bahanda Bruce
November 28, 2025
0
Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga Guinée-Bissau yinjiye mu bibazo bikomeye bya politiki nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryabaye ku wa 27/11/2025, ni mu gihe hari imvururu...

Read moreDetails
Next Post

Umwuka W'intambara Nibihuha Byinshi, Nibyo Bikomeje Kwiyongera Muri Groupement Ya Itara Homuri Luvunge Muri Teritware Ya Uvira.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?