• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, December 11, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umuvugizi wa leta ya RDC, yahaye igisubizo Abanyekongo bakomeje kwishuza Tshisekedi gushora intambara k’u Rwanda.

minebwenews by minebwenews
February 7, 2024
in Regional Politics
0
Umuvugizi wa leta ya RDC, yahaye igisubizo Abanyekongo bakomeje kwishuza Tshisekedi gushora intambara k’u Rwanda.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuvugizi wa Guverinema ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, yatangaje ko kuri ubu bitashobokera perezida Félix Tshisekedi gutera i Gihugu cy’u Rwanda ngo kuko agihugiye mu gushiraho ubuyobozi bushya bw’igihugu.

You might also like

Ifatwa rya Uvira ryatangiye kugira ingaruka ku Burundi

U Rwanda Rurashinja RDC n’u Burundi Kurenga ku Masezerano ya Washington no Guhungabanya Umutekano w’Akarere

Ibihugu Bikomeye ku Isi Byihanangirije M23 na RDF: Icyegeranyo Mpuzamahanga ku Mutekano wa RDC n’Impungenge ku Karere k’Ibiyaga Bigari

Ahagana mu kwezi kwa Cumi n’abiri, umwaka ushize w’2023, umukuru w’igihugu cya RDC Félix Tshisekedi, y’ijeje abaturage b’igihugu cye ko mugihe M23 ya kongera kwigarurira akandi gace ko muri teritware ya Masisi na Rutsuru ko muricyo gihe yahita asaba Inteko Nshinga mategeko uburenganzira agashoza intambara k’u Rwanda ashinja gufasha M23.

Ibi Perezida Félix Tshisekedi yabivuze ubwo yari kuri Stade ya Martyrs iherereye i Kinshasa k’umurwa mukuru w’i Gihugu cya RDC, ubwo yarimo yiyamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu.

Tshisekedi yagize ati: “Ni muramuka mwongeye ku ngirira icyizere mu kantora kuba perezida, hanyuma u Rwanda rugakomeza ibyifuzo byarwo mu Burasirazuba bw’igihugu cyacu, nzahuriza hamwe imitwe yombi mu nteko ishinga mategeko yacu kugira ngo nemererwe ku batangazaho intambara, kandi tuzajya i Kigali.”

Yakomeje avuga ko igisirikare cya leta ye, gifite ubushobozi bwo kurasa i Kigali biyicariye i Goma, Tshisekedi avuga ko mugihe byabaye “perezida w’u Rwanda Paul Kagame azarara kure n’urugo rwe, aje iyo mu ishyamba.”

Ibi yabivuze mugihe yarakomoje ko mugihe M23 yarasa isasu rimwe i Goma ngo cyangwa bakibesha bakaba borasa i Goma.

Avuga kandi ko perezida Paul Kagame ko yagiye ‘akina imikino n’abahoze ari abayobozi ba Congo Kinshasa,’ ashimangira ko yiteguye gusubiza ku ‘bushotoranyi ubwo aribwo bwose.’

Ati: “Paul Kagame ashobora gukina na buri wese, ariko apana Fatshi Beton.”

Kuri ubu Abanyekongo yasezeranije ko azatera u Rwanda bari k’u mwotsaho igitutu, bamusaba gukora ibyo yabasezeranije ubwo yarimo yiyamaza, nyuma y’uko u Mujyi wa Goma uzengerutswe na M23, aho binavugwa ko kuva mu mpera z’i Cyumweru dusoje, kugeza ubu muri Goma hamaze guterwa ibisasu birenze kimwe.

N’ibyo minisitiri w’itumanaho akaba n’u muvugizi wa Guverinema ya Kinshasa yasubije uyu munsi aho yagize ati: “Navuga ko perezida Félix Tshisekedi ko dusa n’abari m’urugamba, ariko nkurikije ibihe kuri ubu turimo intambara ntabwo ishobora gutangazwa, kubera ko murabizi ko turi mu cyiciro cyo gushiraho ubuyobozi bushya.”

“N’ubwo perezida Félix Tshisekedi abishaka, bijyanye n’ibi bihe bishingiye ku itegeko nshinga ntabwo bya dukundira kubikora gushoza intambara k’u Rwanda. Ibyo sibyo bintu byingenzi kuruta ibindi bikenewe muri iki gihe . Icyingenzi ni ukumenya igikwiye gukorwa ngo umutekano ugaruke mu Burasirazuba bwa RDC.”

Patrick Muyaya yavuze kandi ko mu ntambara ingabo z’igihugu cya RDC zihanganye mo n’umutwe wa M23 ko ari mirwano ikomeye ko kandi abarwanyi ba M23 bari kwicwa cyane.

Yavuze kandi ko leta ya Kinshasa igiye gukora ibishoboka byose ibice byose bigenzurwa na M23 ba bi bambure hanyuma iby’intambara n’u Rwanda bikazaza hanyuma.

Ati: “Muri iy’i ntambara ibitekerezo byose biri kumeza. Igihe nikigera hakagira ibisabwa biteganywa n’itegeko nshinga, kuki bitakorwa ? Niba gushoza intambara k’u Rwanda aribyo bikenewe kugira ngo umutekano wacyu urindwe kuki bitakirwa?”

Muyaya yatangaje ibi mugihe ingabo z’igihugu cye, ziri kwiruka zihunga M23 mu nkengero za Centre ya Sake, aho M23 imaze gufata ibirindiro bikomeye by’ingabo za RDC bya Nturo ya mbere n’iyakabiri n’ahitwa Chez Madimba hejuru ya Sake, aha nimuri Grupema ya Kamuronza, iyo na centre ya Sake ibarizwa mo.

Bruce Bahanda.

Tags: Umuvugizi wa leta ya RDCYahaye igisubizo Abanyekongo bakomeje kwishuza Tshisekedi gushora intambara k'u Rwanda
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ifatwa rya Uvira ryatangiye kugira ingaruka ku Burundi

by Bahanda Bruce
December 11, 2025
0
Ifatwa rya Uvira ryatangiye kugira ingaruka ku Burundi

Ifatwa rya Uvira ryatangiye kugira ingaruka ku Burundi Guhera tariki ya 09/12/2025, ubwo Umujyi wa Uvira wafashwe n’umutwe wa AFC/M23/MRDP-Twirwaneho, igihugu cy’u Burundi cyatangiye guhura n’ingaruka zikomeye ku...

Read moreDetails

U Rwanda Rurashinja RDC n’u Burundi Kurenga ku Masezerano ya Washington no Guhungabanya Umutekano w’Akarere

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
Amahoro nyayo ntashoboka FDLR igihari- Léonard Okitundu w’umunye-Kongo

U Rwanda Rurashinja RDC n'u Burundi Kurenga ku Masezerano ya Washington no Guhungabanya Umutekano w'Akarere Leta y’u Rwanda, ibinyujije mu itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, yatangarije amahanga ko...

Read moreDetails

Ibihugu Bikomeye ku Isi Byihanangirije M23 na RDF: Icyegeranyo Mpuzamahanga ku Mutekano wa RDC n’Impungenge ku Karere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
AFC/M23 Yiyemeje Gusana Igihugu: “Tugiye Kugarura Ubutware bwa Leta muri Congo Hose”

Ibihugu Bikomeye ku Isi Byihanangirije M23 na RDF: Icyegeranyo Mpuzamahanga ku Mutekano wa RDC n’Impungenge ku Karere k’Ibiyaga Bigari Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bubiligi, u Bufaransa,...

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye Yigeze Gutangaza ko “Uvira Nifatwa” Azatera u Rwanda, Ese U Burundi Bwinjiye mu Gice Gishya cy’Akaduruvayo ka Politiki n’Umutekano?

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
Amahoro nyayo ntashoboka FDLR igihari- Léonard Okitundu w’umunye-Kongo

Perezida Ndayishimiye Yigeze Gutangaza ko “Uvira Nifatwa” Azatera u Rwanda, Ese U Burundi Bwinjiye mu Gice Gishya cy’Akaduruvayo ka Politiki n’Umutekano? Perezida Évariste Ndayishimiye yagaragaje amagambo akomeye igihe...

Read moreDetails

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe Intambara ikomeje mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje kugira ingaruka zikomeye...

Read moreDetails
Next Post
Centre ya Sake, abaturage bose bayihunzemo maze   M23 izenguruka ihuriro ry’Ingabo ziyirimo.

Centre ya Sake, abaturage bose bayihunzemo maze M23 izenguruka ihuriro ry'Ingabo ziyirimo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?