• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, October 13, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 10, 2025
in Regional Politics
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi
89
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

You might also like

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi i Brussel mu Bubiligi ko ari urwiyerurutso, ngo kuko atari rimwe cyangwa kabiri yagiye avuga ko azatera u Rwanda n’indi myitwarire ikomeje kumuranga ihabanye n’ibyo yatangaje.

Aha’rejo ku wa kane tariki ya 09/10/2025, ni bwo Tshisekedi yatangaje ko we aharanira amahoro, anasaba perezida w’u Rwanda uwo yashinje gutera inkunga umutwe wa M23 gusaba uwo mutwe ugahagarika intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ibi yabivugiraga munama yahuriyemo n’abandi bayobozi batandukanye bayoboye ibihugu barimo na perezida Paul Kagame w’u Rwanda ya Global Gateway Forum ikomeje kubera i Brussel mu Bubiligi. Yanayivugiyemo ko we na Kagame bahuje imbaraga bafite ububasha bwo guhagarika iriya ntambara.

Yavuze kandi ko nta na rimwe yigeze agambirira kugirira nabi u Rwanda cyangwa Uganda, ndetse ko yamye ahora yifuza amahoro.

Tshisekedi kandi yumvikanye asaba ko yazahura na perezida Paul Kagame bakagirana ibiganiro, muri ibyo biganiro bagafatikanya gushakira umutekano u Burasirazuba bwa RDC.

Maze nyuma y’iri jambo, umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Stephanie Nyombayire yamusubije akoresheje urubuga rwa x rwahoze rwitwa Twitter, avuga ko ibyo perezida Felix Tshisekedi yatangaje, bihabanye n’imyitwarire yakunze kumuranga.

Yavuze ko Tshisekedi “ashyize ikimwaro, ngo kuko yavuze ko akunda amahoro, yibagirwa inshuro nyinshi yagiye avuga ko azatera u Rwanda agakuraho ubutegetsi bwarwo.”

Yavuze kandi ko bitangaje kubona Tshisekedi yigira umuntu wagizweho ingaruka n’ibibazo biri mu gihugu cye, nyamara ari we nyiribayazana wabyo, akaba yaranze no kubishakira igisubizo.”

Yakomeje avuga ko nta rimwe Tshisekedi yigeze ashaka amahoro, ngo nk’uko abivuga, kubera ko ngo akomeje guha intwaro akanatera inkunga umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ndetse kandi akaninjiza abarwanyi bawo mu gisirikare cy’igihugu cye.

Ndetse kandi anagaragaza ko atera inkunga n’indi mitwe yitwaje intwaro izwiho kuba yibasira abaturage ikanabica muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru, nk’ihuriro rya Wazalendo rigizwe n’abarwanyi bagiye bava muri Mai Mai n’indi iyishamikiyeho.

Yamushinje kandi kuba yambura uburenganzira abagize umutwe wa M23 nk’Abanyekongo, akibuza inshingano zo gukemura ibibazo byatumye uwo mutwe uvuka.

Yavuze kandi ko akomeje guha akazi abacanshuro ko kumurwanirira, ngo nubwo bakomeje gutsindwa.

Yasoje avuga ko u Rwanda rudakeneye uwaruha amasomo y’igisobanuro cy’amahoro kuko rwayagezeho ruyarwaniriye bityo ko ruzi ikiguzi cyayo n’icyo bisaba kuyageraho no kuyasigasira.

Tags: RwandaTshisekedi
Share36Tweet22Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y'ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel Perezida Paul Kagame w'u Rwanda yatangaje ko umuntu agize ikibazo akabombolekana nk'ingungura irimo ubusa, na we yaba afite...

Read moreDetails

Bidasubirwaho Tshisekedi avuye ku izima asaba imbabazi u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 9, 2025
0
Bidasubirwaho Tshisekedi avuye ku izima asaba imbabazi u Rwanda

Bidasubirwaho Tshisekedi avuye ku izima asaba imbabazi u Rwanda Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yasabye ko yahuza imbaraga na perezida Paul Kagame w'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Quartier zirenga zitatu ni zo zaraye zirasirwamo amasasu muri Uvira hamenyekana n’impamvu yayo

Kuri uyu wa gatanu haravugwa imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 n'Ingabo za RDC

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?