• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, December 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umuvugizi w’u Rwanda yagize ibindi avuga kuri FDLR yahawe icumbi ku butaka bwa RDC.

minebwenews by minebwenews
August 21, 2024
in Regional Politics
0
Umuvugizi w’u Rwanda yagize ibindi avuga kuri FDLR yahawe icumbi ku butaka bwa RDC.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuvugizi w’u Rwanda yagize ibindi avuga kuri FDLR yahawe icumbi ku butaka bwa RDC.

You might also like

Cibitoke: Inama y’Igitaraganya yatumijwe n’Ubuyobozi mu gihe imirwano ikomeje gukaza umurego muri Kivu y’Amajyepfo

AFC/M23 Yatwitse Imbunda Nini y’Ingabo z’u Burundi Yarimo Irasa mu Kibaya cya Rusizi

Umusirikare Ukomeye w’u Burundi Yiciwe mu Mirwano i Luvungi

Ni Yolande Makolo, ari nawe muvugizi wa Leta ya Kigali watangaje ko Abanyarwanda batazasaba uruhushya rwo kubungabunga umutekano w’igihugu cyabo, mu gihe abarimo abarwanyi b’umutwe wa FDLR bafite umugambi wo kuwuhungabanya.

Ibyatangajwe na Yolande Makolo, yabikomozaga ku ijambo riherukaga gutangazwa n’umukuru w’iki gihugu, Paul Kagame ubwo yari amaze kwakira indahiro z’abadepite, yavuze ko Abanyarwanda bazi agaciro k’amahoro nyuma yo kunyura mu bihe birushya byinshi bya genocide yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yagize ati: “Ntawe tuzasaba uburenganzira bwo gukora ibisabwa kugira ngo u Rwanda rutekane.”

Ibi yabishimangiye agira ati: “Nanone tumaze imyaka 30 tuvuye muri genocide yari hafi gusenya igihugu cyacu. Bityo rero, tuzi agaciro k’amahoro. Ntitwarwaniye amahoro gusa, ahubwo twarwaniye n’ubumwe.”

Muri iki gihe mu Burasirazuba bwa RDC hari intambara, Makolo yavuze ko perezida Kagame asaba ubufatanye bw’akarere mu gukemura iki kibazo, yibutsa ko ari ikintu cy’ingenzi ku Rwanda.

Umutwe wa FDLR urimo abasize bakoze genocide mu Rwanda, unarwanya ubu butegetsi, umaze imyaka myinshi warahawe icumbi n’abategetsi ba Repubulika ya demokarasi ya Congo, mu Burasirazuba bw’iki gihugu kandi hafi y’umupaka w’u Rwanda. FDLR kandi ikaba arimwe mu mitwe yitwaje intwaro ifatanya n’Ingabo za RDC kurwanya umutwe wa M23, Leta ya Kigali isobanura ko mu gihe abagize uyu mutwe bafite umugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, byabaye ngombwa ko iki gihugu gikaza iby’umutekano wabo.

Makolo akaba yabivuze agize ati: “Twongereye ingabo ku mupaka wacu na RDC kandi twafashe ingamba kugira ngo intambara irimo FDLR, yavuye mu Rwanda mu 1994 nyuma yo gukora genocide, itazagera mu gihugu cyacu.”

Yakomeje agira ati: “Tuzafata ingamba zacu, tubungabunge amahoro twongezeho bitugoye. Twakoze byinshi muri iki gihugu kugira ngo tugere aho turi ubu. Dushaka kubungabunga amahoro n’umutekano mu Rwanda.”

Intambara zo mu Burasirazuba bwa RDC zatumye Abanye-kongo benshi bahunga. Impamvu ikomeye ibatera guhunga ni itotezwa bakorerwa n’ababita abashitsi, ubundi bakabita Abanyarwanda, ubutegetsi bwa Kinshasa ntibugire icyo bubikoraho kuko buba bubishigikiye.

Makolo yanavuze ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu wa politiki mu gukemura ikibazo cy’Abanyekongo, rw’ifatanije n’ibihugu by’akarere ndetse n’abahuza.

Ati: “Twifuza kubona aya makimbirane arangira. Duhora twiteguye ibiganiro.”

Imiryango mpuzamahanga isaba ubutegetsi bwa Kinshasa gukemura aya makimbirane biciye munzira ya politiki, ariko RDC yo yahisemo kwifashisha ingabo za mahanga zirimo iz’u Burundi ndetse n’iza SADC.

Makolo mugusoza ijambo rye, yashimangiye ibiheruka gutangazwa na perezida w’u Rwanda wavuze ko u Rwanda rwifuza kubana mu mahoro na RDC ndetse kandi ngo n’ibindi bihugu byo mu karere.

                 MCN.
Tags: FDLRUmuvugizi w'u RwandaYagize ibindi avugaYolande Makolo
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Cibitoke: Inama y’Igitaraganya yatumijwe n’Ubuyobozi mu gihe imirwano ikomeje gukaza umurego muri Kivu y’Amajyepfo

by Bahanda Bruce
December 6, 2025
0
Cibitoke: Inama y’Igitaraganya yatumijwe n’Ubuyobozi mu gihe imirwano ikomeje gukaza umurego muri Kivu y’Amajyepfo

Cibitoke: Inama y'Igitaraganya yatumijwe n’Ubuyobozi mu gihe imirwano ikomeje gukaza umurego muri Kivu y’Amajyepfo Amakuru aturuka mu ntara ya Cibitoke mu Burundi aravuga ko Musitanteri w’iyi ntara, Najeneza...

Read moreDetails

AFC/M23 Yatwitse Imbunda Nini y’Ingabo z’u Burundi Yarimo Irasa mu Kibaya cya Rusizi

by Bahanda Bruce
December 6, 2025
0
AFC/M23 Yatwitse Imbunda Nini y’Ingabo z’u Burundi Yarimo Irasa mu Kibaya cya Rusizi

AFC/M23 Yatwitse Imbunda Nini y’Ingabo z’u Burundi Yarimo Irasa mu Kibaya cya Rusizi Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatwitse imbunda nini y’Ingabo z’u Burundi (FDNB), ya koreshwa...

Read moreDetails

Umusirikare Ukomeye w’u Burundi Yiciwe mu Mirwano i Luvungi

by Bahanda Bruce
December 6, 2025
0
Amasasu yavugiye mu isoko rya Rubanga yateje igihombo gikomeye ku bacuruzi

Umusirikare Ukomeye w’u Burundi Yiciwe mu Mirwano i Luvungi Amakuru aturuka mu kibaya cya Rusizi, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yemeza ko Lieutenant-Colonel Athanase Minani, umwe mu...

Read moreDetails

Udushya Twaranze Isinywa ry’Amasezerano y’Amahoro hagati ya Kagame na Tshisekedi i Washington

by Bahanda Bruce
December 5, 2025
0
Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye gusinya amasezerano akomeye ashobora guhindura isura y’umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari

Udushya Twaranze Isinywa ry’Amasezerano y’Amahoro hagati ya Kagame na Tshisekedi i Washington Ku wa Kane tariki ya 04/12/2025, i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, habereye...

Read moreDetails

Perezida Trump Yashimye ‘Ubwenge n’Urukundo’ rwa Kagame na Tshisekedi mu Masezerano y’Amahoro Yahinduye Amateka

by Bahanda Bruce
December 5, 2025
0
Perezida Trump Yashimye ‘Ubwenge n’Urukundo’ rwa Kagame na Tshisekedi mu Masezerano y’Amahoro Yahinduye Amateka

Perezida Trump Yashimye ‘Ubwenge n’Urukundo’ rwa Kagame na Tshisekedi mu Masezerano y’Amahoro Yahinduye Amateka Mu muhango w’amateka wabereye i Washington, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald...

Read moreDetails
Next Post
Umutwe wa m23 wongeye kumvana imitsi mu rugamba rukaze n’ihuriro ry’Ingabo za RDC muri Kivu Yaruguru.

Umutwe wa m23 wongeye kumvana imitsi mu rugamba rukaze n'ihuriro ry'Ingabo za RDC muri Kivu Yaruguru.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?