Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umuvugizi w’u Rwanda yagize ibindi avuga kuri FDLR yahawe icumbi ku butaka bwa RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 21, 2024
in Regional Politics
0
Umuvugizi w’u Rwanda yagize ibindi avuga kuri FDLR yahawe icumbi ku butaka bwa RDC.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuvugizi w’u Rwanda yagize ibindi avuga kuri FDLR yahawe icumbi ku butaka bwa RDC.

You might also like

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

Agezweho y’Ingabo za Afrika y’Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC.

Ni Yolande Makolo, ari nawe muvugizi wa Leta ya Kigali watangaje ko Abanyarwanda batazasaba uruhushya rwo kubungabunga umutekano w’igihugu cyabo, mu gihe abarimo abarwanyi b’umutwe wa FDLR bafite umugambi wo kuwuhungabanya.

Ibyatangajwe na Yolande Makolo, yabikomozaga ku ijambo riherukaga gutangazwa n’umukuru w’iki gihugu, Paul Kagame ubwo yari amaze kwakira indahiro z’abadepite, yavuze ko Abanyarwanda bazi agaciro k’amahoro nyuma yo kunyura mu bihe birushya byinshi bya genocide yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yagize ati: “Ntawe tuzasaba uburenganzira bwo gukora ibisabwa kugira ngo u Rwanda rutekane.”

Ibi yabishimangiye agira ati: “Nanone tumaze imyaka 30 tuvuye muri genocide yari hafi gusenya igihugu cyacu. Bityo rero, tuzi agaciro k’amahoro. Ntitwarwaniye amahoro gusa, ahubwo twarwaniye n’ubumwe.”

Muri iki gihe mu Burasirazuba bwa RDC hari intambara, Makolo yavuze ko perezida Kagame asaba ubufatanye bw’akarere mu gukemura iki kibazo, yibutsa ko ari ikintu cy’ingenzi ku Rwanda.

Umutwe wa FDLR urimo abasize bakoze genocide mu Rwanda, unarwanya ubu butegetsi, umaze imyaka myinshi warahawe icumbi n’abategetsi ba Repubulika ya demokarasi ya Congo, mu Burasirazuba bw’iki gihugu kandi hafi y’umupaka w’u Rwanda. FDLR kandi ikaba arimwe mu mitwe yitwaje intwaro ifatanya n’Ingabo za RDC kurwanya umutwe wa M23, Leta ya Kigali isobanura ko mu gihe abagize uyu mutwe bafite umugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, byabaye ngombwa ko iki gihugu gikaza iby’umutekano wabo.

Makolo akaba yabivuze agize ati: “Twongereye ingabo ku mupaka wacu na RDC kandi twafashe ingamba kugira ngo intambara irimo FDLR, yavuye mu Rwanda mu 1994 nyuma yo gukora genocide, itazagera mu gihugu cyacu.”

Yakomeje agira ati: “Tuzafata ingamba zacu, tubungabunge amahoro twongezeho bitugoye. Twakoze byinshi muri iki gihugu kugira ngo tugere aho turi ubu. Dushaka kubungabunga amahoro n’umutekano mu Rwanda.”

Intambara zo mu Burasirazuba bwa RDC zatumye Abanye-kongo benshi bahunga. Impamvu ikomeye ibatera guhunga ni itotezwa bakorerwa n’ababita abashitsi, ubundi bakabita Abanyarwanda, ubutegetsi bwa Kinshasa ntibugire icyo bubikoraho kuko buba bubishigikiye.

Makolo yanavuze ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu wa politiki mu gukemura ikibazo cy’Abanyekongo, rw’ifatanije n’ibihugu by’akarere ndetse n’abahuza.

Ati: “Twifuza kubona aya makimbirane arangira. Duhora twiteguye ibiganiro.”

Imiryango mpuzamahanga isaba ubutegetsi bwa Kinshasa gukemura aya makimbirane biciye munzira ya politiki, ariko RDC yo yahisemo kwifashisha ingabo za mahanga zirimo iz’u Burundi ndetse n’iza SADC.

Makolo mugusoza ijambo rye, yashimangiye ibiheruka gutangazwa na perezida w’u Rwanda wavuze ko u Rwanda rwifuza kubana mu mahoro na RDC ndetse kandi ngo n’ibindi bihugu byo mu karere.

                 MCN.
Tags: FDLRUmuvugizi w'u RwandaYagize ibindi avugaYolande Makolo
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

by Bruce Bahanda
June 14, 2025
0
Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi. Kikaya Bin Karubi, usanzwe ari mu bantu bahora hafi ya Joseph Kabila Kabange, akaba n'umujyamama we, ni...

Read moreDetails

Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

Kenya Department of Refugee Service Cracks Down on SIM Card Fraud The Department of Refugee Service (DRS) has issued a stern warning to refugees in Kenya, urging them...

Read moreDetails

Agezweho y’Ingabo za Afrika y’Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC.

by Bruce Bahanda
June 12, 2025
0
Agezweho y’Ingabo za Afrika y’Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC.

Agezweho y'Ingabo za Afrika y'Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC. Ingabo za Afrika y'Epfo zari zaroherejwe mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo mu butumwa bwa SADC,...

Read moreDetails

Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 11, 2025
0
Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23. Intumwa idasanzwe y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye ( UN) muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Bintou Keita, ategerejwe mu mujyi...

Read moreDetails

Kivu y’Amajyepfo irarumutswa abayobozi bashya gusa.

by Bruce Bahanda
June 11, 2025
0
Kivu y’Amajyepfo irarumutswa abayobozi bashya gusa.

Kivu y'Amajyepfo irarumutswa abayobozi bashya gusa. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ribarizwamo umutwe wa M23 n'uwa Twirwaneho ryashyizeho abayobozi b'intara ya Kivu y'Amajyepfo, guverineri na visi guverineri....

Read moreDetails
Next Post
Umutwe wa m23 wongeye kumvana imitsi mu rugamba rukaze n’ihuriro ry’Ingabo za RDC muri Kivu Yaruguru.

Umutwe wa m23 wongeye kumvana imitsi mu rugamba rukaze n'ihuriro ry'Ingabo za RDC muri Kivu Yaruguru.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?