Umuyobozi i Bukavu yarusimbutse.
Umuyobozi mukuru wa Komine ya Kadutu iherereye mu mujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo, Byamungu Kazimiri, yarusimbutse ubwo yarimo aganira n’abaturage muri icyo gice, hakaraswa igisasu cya gerenade(grenade) kimwe.
Igihe c’isaha saa z’igitondo cyo ku wa kabiri tariki ya 10/06/2025, ni bwo i Bukavu haturikiye igisasu hafi n’ahaberaga inama yari iyobowe na Bourgmestre wa Kadutu washyizweho na AFC/M23.
Amakuru agera kuri Minembwe Capital News agaragaza ko iyi nama yaberaga kuri stade de Funu, kandi ko yabaye igihe c’isaha ya saa tanu z’igitondo.
Nyuma y’iturika ry’icyo gisasu, abayobozi amakuru akomeza avuga ko bahavuye ari bazima.
Abari inyuma y’icyo gikorwa cy’ubugizi bwa nabi, bivugwa ko ari agatsiko kabakorera mu kwaha k’u butegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi bakicyihishe hafi aho.
Gusa, Jaques Perusi wahoze ayoboye iyi ntara ya Kivu y’Amajyepfo, kuri ubu akaba ari i Uvira ari naho yimuriye ibiro bye, we ibyakozwe yabishinje umutwe wa M23.
Yanditse ati: “Abarwanyi bo mu mutwe wa M23 ni bo baturikije kiriya gisasu. Barashaka kwica abo bishyiriyeho.”
Uyu mujyi wa bukavu wabereyemo iryo turika ry’igisasu, wakunze kugaragaramo imitwe ya Wazalendo ishyigikiye perezida Felix Tshisekedi, ndetse si ubwa mbere igitero nk’iki cya gerenade kibaye, kuko no mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka na bwo byararashwe mu nama yarimo abayobozi b’iri huriro rya AFC/M23.
Kugeza ubu Wazalendo bashinjwa iki gitero ntibarabyigamba, kandi na boba barakigiriyemo ibibazo nabo ntabaramenyekana. Bivuze ko nta muntu wakiguyemo cyangwa ngo agikomerekeremo.