• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, March 7, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umuyobozi wo hejuru mu gihugu cy’u Rwanda, James Kabarebe yavuze icyo M23 irwanira nicyo abayirwanya bayiziza.

minebwenews by minebwenews
May 30, 2024
in Regional Politics
0
Umuyobozi wo hejuru mu gihugu cy’u Rwanda, James Kabarebe yavuze icyo M23 irwanira nicyo abayirwanya bayiziza.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuyobozi wo hejuru mu gihugu cy’u Rwanda, James Kabarebe yatangaje ko abarwanya M23 bahuriye ku ngengabitekerezo yo kwanga ubwoko bw’Abatutsi.

You might also like

Perezida Kagame Yagaragaje Icyo Igihugu cye cyiteguye Gukora mu Gihe RDC Yubahirije Amasezerano ya Washington

Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

Ni mu kiganiro James Kabarebe yagarutseho kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 29/05/2024, ubwo abakozi n’abayobozi ba minisiteri y’ubanye n’amahanga n’abibiro by’u muvugizi wa leta, bahuriraga mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 genocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda ahagana mu 1994.

Muri iki kiganiro yavuze amateka ya genocide yakorewe Abatutsi, cyane cyane avuga n’ubutwari bw’Ingabo za RPF Inkotanyi zahagaritse genocide muri icyo gihe.

Yabwiye abari muri uyu muhango ko kimwe mu bintu bigoranye kurandura ari ingengabitekerezo ya genocide, ashimangira ko nta watekerezaga ko mu myaka ya 30 hari abaturage bo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo bazicwa kubera ubwoko bwabo.

Yagize ati: “Urebye uko bihagaze uyu munsi nyuma y’imyaka 30 nta wari uzi ko ingengabitekerezo izagira gutya ikavumbukira hano hirya mu baturanyi n’ubukana nk’ubwo yari ifite mu 1994, icyo niki kwereka ko igihari yose. Nta wari uzi ko abayirengagije icyo gihe bakanga gutabara Abanyarwanda uko bifashe icyo gihe ari nako bakomeza kwifata nyuma y’imyaka 30, ibintu bigaragarira mu bibera hariya hakurya muri RDC.”

Yakomeje avuga ko genocide mu Rwanda yo ntabwo izongera ariko urugamba rwo kurwanya ingengabitekerezo rwo ruzakomeza igihe icyo aricyo cyose. Nyuma y’imyaka 30 inshusho dufite mu baturanyi itugaragariza ko ikibazo ntaho cyagiye, abakoze genocide hano baracyariho, bafite imbunda baracyakomeza no kuzihabwa ndetse baracyafite n’umugambi wo gukora ubwo bwicanyi.

Uretse Abanyarwanda bagize uruhare muri genocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda, bakaza guhungira muri Repubulika ya demokarasi ya Congo kuri ubu bakaba bafite n’umugambi wo kuyikomeza, Kabarebe yagaragaje ko n’ababafashije bo muri aka karere nabo batarahinduka.

James Kabarebe yanagaragaje ko hari igihugu cy’igituranyi atavuze izina cyagize uruhare muri genocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda, bigaragara ko imyitwarire yacyo uyu munsi ikiganisha muri ubwo buryo.

Ati: “N’abandi bafatikanije bo muri aka karere noneho barabasanze ku mugaragaro, ni ibintu bizwi ntabwo ari ibanga. Hari abantu bari hano nk’impunzi bari mu nkambi z’impunzi b’abaturanyi, mu Mutara za Mimuri, Rukomo, Rilima mu Mayaga, Nyamagabe. Abo bose mu nkiko Gacaca zabaye hano, hari abantu 660 bakatiwe n’inkiko Gacaca b’ikindi gihugu dutaranye, bamwe muri bo ni abayobozi, iyo ubabonye uyu munsi bitabira igikorwa cy’u bwicanyi cya genocide kiri hakurya mu gihugu dutaranye bigaragaza urwo ruhererekane rw’ingenga bitekerezo n’ibyaha bakoze.

Maze James Kabarebe asobanura ko abarwanya M23 bahuriye ku kwanga Abatutsi.

James Kabarebe yagaragaje ko kimwe mu bintu biteye ikibazo ari uburyo abantu birengagije ikibazo cya M23 kandi cyumvikana cyane ko barwanira ubuzima n’uburenganzirabwabo.

Ati: “Iyo ubona bariya bantu bose barwanya M23, bayiziza ko ari Abatutsi. M23 irarwanira iki? Irwanira uburenganzira bwo kubaho kwabo, bararwana ngo bagire aho bita iwabo, bave mu buhunzi bamazemo imyaka irenga 30 kandi bareke no kwicwa.”

Kugeza ubu bimwe mu bihugu bifatanya n’ingabo za FARDC mu rugamba rwo kurwanya M23 ku isonga haza u Burundi na Afrika y’Epfo.

Yakomeje avuga ko ibi bihugu byose bifatanya n’ingabo za Republika ya Demokarasi ya Congo ku rwanya M23 usanga bihuriye ku ngengabitekerezo yo kwanga ubwoko bw’Abatutsi.

Ati: “Ikindi dukwiriye kwitondera ni uko iyo urebye bariya bantu bose barwana, bishyize hamwe ngo bararwanya M23 bose ikibahuza, icyo bahuriyeho bariya bose bahuriye ku ngengabitekerezo ya genocide, ingengabitekerezo yo kwanga Abatutsi, ni nacyo kibashyize hamwe, niyo leta ikoresha mu kuzana inshuti zose, kuzana n’abaturanyi.

                  MCN.
Tags: James KabarebeNicyo bayizizaYagaragaje icyo M23 irwanira
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Perezida Kagame Yagaragaje Icyo Igihugu cye cyiteguye Gukora mu Gihe RDC Yubahirije Amasezerano ya Washington

by Bahanda Bruce
March 7, 2026
0
Perezida Kagame Yagaragaje Icyo Igihugu cye cyiteguye Gukora mu Gihe RDC Yubahirije Amasezerano ya Washington

Perezida Kagame Yagaragaje Icyo Igihugu cye cyiteguye Gukora mu Gihe RDC Yubahirije Amasezerano ya Washington Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko u Rwanda rwifuza amahoro arambye mu...

Read moreDetails

Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze

by Bahanda Bruce
March 6, 2026
0
Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze

Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze Mu gihe ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari bikomeje...

Read moreDetails

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza Mu gihe ibibazo by’umutekano bikomeje kwiyongera mu bice bitandukanye by’umugabane wa Afurika, Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje...

Read moreDetails

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

by Bahanda Bruce
March 4, 2026
0
Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi Mu gihe umwuka w’intambara ukomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Read moreDetails

U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

U Rwanda rwasubije abayobozi ba RDC bishimiye ibihano byafatiwe bamwe mu basirikare barwo na Amerika Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko ibihano bifatirwa uruhande rumwe...

Read moreDetails
Next Post
Abasirikare b’u Burundi bagaragaye aho Wazalendo barimo bicira umututsi wishwe atwitswe, mu Ntara ya Kivu Yaruguru.

Abasirikare b'u Burundi bagaragaye aho Wazalendo barimo bicira umututsi wishwe atwitswe, mu Ntara ya Kivu Yaruguru.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?