Umwanzi wagabye igitero mu Rugezi yakoresheje andi mayeri.
Igitero ihuriro ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo zagabye mu duce two mu Rugezi tugenzurwa n’umutwe wa Twirwaneho n’uwa M23, ntibisanzwe, kuko ari kurasisha gusa imbunda ziremereye, nk’uko amakuru ava muri ibyo abivuga.
Ibi bitero iri huriro ry’Ingabo zigwiriyemo cyane iz’u Burundi, n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR, ndetse kikaba kirimo kandi n’abasirikare bake ba FARDC, babigabye mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 09/06/2025, aho babigabye mu duce two mu Rugezi.
Amakuru avuga ko izi ngabo zirwana ku ruhande rwa Leta, mu kugaba biriya bitero zakoresheje gutera ibi bombe n’izindi mbunda zirasa kure.
Umutangabuhamya wahaye Minembwe Capital News aya makuru, yagize ati: “Ntibisanzwe! Iki gitero umwanzi ari kukirasishamo intwaro zirasa kure gusa, kandi ari kurasa ari kure akerekeza ahari Twirwaneho na M23 ndetse n’ahari abaturage.”
Yongeye kandi ati: “Amakompola n’iyo ari gukorehwa n’ibindi bibunda biremereye. Ubu birakomeye cyane. Nta Esemuji n’imwe irakoreshwa kuva mu gitondo cya kare kugeza ubu.”
Ihangana rikomeye hagati y’impande zombi riri kubera ku musozi wo kwa Didas n’ahazwi nko ku bitaro ugana ahahoze ari kwa kwa Chef Sabune.
Ni mu gihe iyi mirwano yahereye i Muchikachika agace gaherereye mu gice cyerekeza Gasiro aho umwanzi yateye aturutse.
Rugezi yagabwemo ibi bitero, yaherukaga kuberamo imirwano mu byumweru bitatu bishize.
Nyamara, uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 bigenzura iki gice cya Rugezi kuva mu mpera z’ukwezi kwa gatatu uyu mwaka wa 2025, uko utewe usubiza inyuma ibitero wagabweho, nk’uko n’ubundi yagiye isubiza n’ibindi bitero yagiye igabwaho mbere.
Ku rundi ruhande, andi makuru avuga ko iyi mitwe yombi yagabweho ibitero, yabonye musaada ukomeye, kabone nubwo aya makuru atagaragaza aho uwo musaada wa Twirwaneho na M23 waturutse, gusa bikekwa ko waba waturutse muri Minembwe centre. Bityo, umwanzi akaba ari gukubitwa kubi muri aka kanya muri turiya duce dukomeje kuberamo ihangana rikomeye hagati y’impande zombi.
Kimwecyo, nta ruhande rurahunga bigaragara, ariko amakuru amwe avuga ko uruhande rwa Leta ko ruri guhangana rusubira inyuma.
Ngayo nguko uko byifashe ku mirongo y’urugamba mu Rugezi.