Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Undi musirikare muri RDC uri mubari batangiye kubaka izina, yatorotse.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
October 26, 2024
in Regional Politics
0
Undi musirikare muri RDC uri mubari batangiye kubaka izina, yatorotse.
123
SHARES
3.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Undi musirikare muri RDC uri mubari batangiye kubaka izina, yatorotse.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Ni umusirikare wo mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC), ufite ipeti rya Captain, niwe watorotse igisirikare cy’iki gihugu nyuma yokugaya imiyoborere yacyo.

Uyu musirikare azwi ku mazina ya Joseph Nyembo, avuka mu cyahoze cyitwa Katanga, mu bice bya Lubumbashi. Akaba ari umukwe w’Abanyamulenge, aho yashatse umukobwa wabo, uvuka mu murara w’Abaheto.

Imyaka myinshi yagiye akorera akazi ke ka gisirikare mu misozi miremire y’Imulenge, mu ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.

Captain Joseph Nyembo, usibye kuba yarashatse umukobwa w’Umunyamulenge anakorera igihe kirekire mu karere k’i Mulenge, ababanye nawe ba bwiye Minembwe.Com ko avuga n’ururimi rw’ikinyarwanda ndetse n’igiswahili cyane.

Ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 24/10/2024, nibwo amakuru yamenyekanye ko Captain Nyembo yacitse igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, ya mbuka imipaka y’iki gihugu.

Aya makuru anavuga ko uyu musirikare ko yaba yaragiye kw’ifatikanya n’umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.

Kimwe cyo, umusirikare wa FARDC wavuganye na Minembwe.Com, ariko asaba ko amazina ye adatangazwa, yahamije ko amakuru y’uyu musirikare yayaherutse akimara kwambuka umupaka wa Rusizi, kandi ko yari afite kubanza kuja Uganda akabona kwambuka i Bunagana ku cyicaro gikuru cya politiki cy’umutwe wa M23/AFC.

Captain Joseph Nyembo yacitse igisirikare cya Leta ya Kinshasa, avuye muri Regima ifite icyicaro gikuru i Luningu ho muri teritware ya Uvira. Yari asanzwe ari S2 w’ungirije muri iyi regima.

Mu byatumye atoroka iki gisirikare cya FARDC, twabwiwe ko yagiye atotezwa cyane, azira kuba avugana kenshi n’Abanyamulenge bazwiho ko bagambanirwa mu Burasirazuba bwa RDC bakicwa, abatishwe bagafungwa, ikindi n’uko avuga ururimi rwabo(ikinyamulenge), ndetse ahagana mu kwezi kwa Cyenda uyu mwaka, Nyembo yafunzwe iminsi irenga 30, afungiwe kuri Bureau 2 ya sector ya Uvira.

Kuba Captain Nyembo yaratorotse igisirikare cya RDC, si igicyitsi, kuko abamaze ku gitoroka n’ibenshi cyane, ndetse harimo n’abafite amapeti yo hejuru, nka Col Makanika wagitorotse ahagana mu mwaka w’ 2019, Col Sematama n’abandi benshi. Abenshi muraba bagitorotse kubera kugaya imiyoborere yacyo mibi irimo kuba iki gisirikare gikorana byahafi n’imitwe yitwaje imbunda izwiho kwica abasivile no kunyaga ibyabaturage, nka FDLR yirirwa yica abavuga ururimi rw’ikinyarwanda na Maï Maï inyaga Inka z’Abanyamulenge ikanabasenyera udasize kubica.

Tags: Captain NyamboFardcYatorotse
Share49Tweet31Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo wa menya ku biganiro byahuje Liban n’Amerika ku kibazo cya Israel.

Ibyo wa menya ku biganiro byahuje Liban n'Amerika ku kibazo cya Israel.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?