• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, October 15, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Urubanza rwo kuburanisha Kabila wahoze ari perezida wa RDC rwasubukuwe.

minebwenews by minebwenews
August 1, 2025
in Regional Politics
0
RDC: Kabila agiye gutangira kuburanishwa.
71
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Urubanza rwo kuburanisha Kabila wahoze ari perezida wa RDC rwasubukuwe.

You might also like

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

Urukiko rukuru rw’igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo rwasubukuye urubanza rwa Joseph Kabila Kabange rumushinja kuba umuyobozi w’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bw’iki gihugu.

Ku munsi w’ejo ku wa kane tariki ya 31/07/2025, ni bwo urukiko rw’igisirikare cya RDC cya subukuye ruriya rubanza.

Kabila RDC imushinja ibyaha birimo kugambanira igihugu, kuba mu mutwe w’Ingabo zitemewe n’amategeko, ibyaha byibasira inyokomuntu ndetse n’ibyaha bigize intambara. Amashusho yagiye yerekanwa muri urwo rubanza bagaragaza ko ari ibimenyetso bihanya ko yabikoze.

Mu mashusho ubwenge buhangano ya Al yerekanye harimo ay’ikiganiro yagiranye n’abanyamakuru bo muri Afrika y’Epfo tariki ya 18/03/2025, ubwo yari amaze guhura na Thabo Mbeki wayoboye iki gihugu, yasobanuye ko imiterere y’ibibazo byugarije RDC, avuga n’uburyo bikwiye gukemuka.

Icyo gihe na nabwo Kabila yasubije perezida Felix Tshisekedi wari umaze igihe kinini amushinja gukorana na AFC/M23, agira ati: “Uvuze kuba umufatanyabikorwa? Ntabwo ibintu biba bimeze uko bimeze, byari kuba bitandukanye. Ibyo nta shingiro bifite. Ubutaha uzamubaze ibimenyetso by’ibyo avuga.”

Kabila muri icyo kiganiro yakoresheje ururimi rw’icyongereza. Rero kugira ngo Lt.Gen. Joseph Mutombo wayoboye uru rubanza n’abandi bacamanza bumve icyo yashakaga kuvuga, amashusho yacyo yasobanuwe hakoreshwejwe ikorana buhanga rya Al kuko nta busemuzi basanzwe bari bahari.

Mu minsi ishize minisitiri ushinzwe iterambere ryo mucyaro muri RDC, Muhindo Nzangi Butondo , ubwo yavugaga kuri Kabila ko yagiye mu bice bigenzurwa na AFC/M23 yashimangira ko ari we muyobozi mukuru w’iri huriro.

Yagize ati: “Mfite amakuru yizewe avuga ko Nangaa yashakaga kuba perezida wa AFC/M23, Kabila aravuga ati ‘oya oya,’ ntabwo waba perezida, uzaba umuhuza bikorwa. Kubera ko nimfata Kalemi, ni njye uzaba perezida, nzaza njye mu mwanya wanjye. Iyi ntambara ni we gusa wayoboye ni nawe uyitera inkunga.”

Andi mashusho yerekanwe mu rukiko ni ay’ikiganiro umujyanama wa Kabila, Kikaya Bin Karubi, yagiranye n’umunyamakuru Stanys Bujakera mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka, ubwo bari muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika.

Uyu mujyanama yavuze kuby’urugendo rwa Kabila mu mujyi wa Goma, ahamya ko ari umwe mubamuherekeje, ndetse ko hari n’ibiganiro Kabila yagiranye b’Abanyekongo bo mu ngeri zitandukanye, birimo ibyatangajwe n’ibitaratangajwe.

Urubanza rwa Kabila mugutangira, yaburanishijwe adahari mu cyumweru gishize, yewe nta n’umunyamategeko umuhagarariye wari umuhagarariye. Ariko ku munsi w’ejo hashizeho, mu rukiko hagaragaye abashinjacyaha ndetse n’abaregera indishyi y’akababaro barimo abaturutse mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru ndetse na Ituri.

Tags: KabilaUrubanza
Share28Tweet18Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y'ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel Perezida Paul Kagame w'u Rwanda yatangaje ko umuntu agize ikibazo akabombolekana nk'ingungura irimo ubusa, na we yaba afite...

Read moreDetails
Next Post
Mu rubanza rwa Mutamba yaruhamagajemo minisitiri w’intebe.

Mu rubanza rwa Mutamba yaruhamagajemo minisitiri w'intebe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?