Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Uruhande rugenzura agace ka Vitshumbi na Kibirizi rwa menyekanye, nyuma y’uko ihuriro ry’ingabo za leta rigize icyo rubivugaho.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 18, 2024
in World News
0
Uruhande rugenzura agace ka Vitshumbi na Kibirizi rwa menyekanye, nyuma y’uko ihuriro ry’ingabo za leta rigize icyo rubivugaho.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo n’inde ugenzura agace ka Vitshumbi na Kibirizi byo muri teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru? Uruhande rwa leta ruvuga ko arirwo rugenzura ibyo bice.

You might also like

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

Ni ahagana isaha z’umugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 17/05/2024, nibwo uruhande rwa leta rwatangaje ko igisirikare cya FARDC ku bufasha bwa Wazalendo rwa bohoje Vitshumbi na Kibirizi, nyuma y’uko utu duce tumaze iminsi tugenzurwa n’Ingabo za General Sultan Makenga, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’Ingabo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ibi umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Lt Col Willy Ngoma yabyise ibinyoma byambaye ubusa, avuga ko Guverinoma ya Kinshasa itica abasivile gusa ngo kuko bazi no kwihimbira ibinyoma.

Yagize ati: “Nyuma y’uko uru hande rwa leta ya Kinshasa rukoze amahano rwica abaturage mu nkambi y’impunzi iri i Mugunga, ubu ho bafashye izindi ngamba zo kubeshya. Bari kuvuga ko bafashe Kibirizi na Vitshumbi, ibinyoma byabo.”

Willy Ngoma yahamije ko utu duce dukomeje kugenzurwa na M23 kandi ko ihuriro ry’Ingabo za RDC zidafite ubushobozi bwo kuhabambura.

Ibi kandi byashimangiwe n’abaturage baherereye muri ibyo bice, bavuga ko Kibirizi na Vitshumbi bigenzurwa n’Ingabo ziyobowe na Gen Sultan Makenga.

Mu mpera z’iki Cyumweru nibwo ihuriro ry’Ingabo zu butegetsi bwa perezida Félix Antoine Tshilombo ryagerageje kugaba ibitero mu birindiro bya M23 biherereye muri Rwindi, Vitshumbi, Kibirizi no mu bindi bice bihegereye. Ibyo bitero M23 yabashe kubisubiza inyuma ndetse ifata n’ibikoresho byinshi by’agisirikare ibyatse ririya huriro ry’ingabo za RDC.

Ku rundi ruhande uyu munsi ihuriro ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo ryakoresheje indege z’intambara zo mu bwoko bwa Sukhoï-25, aho izi ndege zateye ibisasu biremereye mu bice byo muri teritwari ya Masisi.

Ahanini ibyo bitero bya Sukhoï-25 byibasiriye agace ka Bitongo no mu misozi y’unamiye iyi centre, iherereye muri teritwari ya Masisi.

Nu bwo biruko umuvugizi wa Guverinoma ya Kinshasa Patrick Muyaya ubwo aheruka i Goma ya reruye yemeza ko M23 ikomeje kwigarurira ibice byinshi, ariko ko leta igiye gukora ibishoboka kugira ngo yambure uwo mutwe ibice yabohoje.

Yagize ati: “Kwiyongera ku mwanzi ku butaka bw’igihugu cyacu birakomeje. Ariko turi gukora kugira ngo umwanzi yamburwe ibice byose arimo.”

Yashimangiye ibi avuga ko byanze bikunze ingabo za leta zi zabohoza ibyo bice.

Ati: “Rwose ibyo bice bigiye kubohozwa vuba.”

            MCN.
Tags: Ihuriro rw'ingabo za letaM23N'inde ugenzura?RutshuruVitshumbi na Kibirizi
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo. Nyuma y'imyaka irenga itanu icyorezo cya COVID-19 kibayeho, cyongeye kuvugwa cyane kubera ubwoko bushya bw'iyi virusi bwamaze kugaragara mu bihugu byinshi birimo...

Read moreDetails

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

Ibitero by'u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego. Imirwano yakajije umurego mu bitero bikomeye biri kugabwa mu bice byinshi byo muri Ukraine, aho biri kugabwa n'igisirikare cy'u Burusiya....

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y'isi. Ambasaderi w'u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu kugira uruhare mu bitero bya dones Ukraine iherutse...

Read moreDetails

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye. Ubushuti bwari hagati ya Elon Musk na perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump bwarangiye nyuma y'aho uyu...

Read moreDetails

Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

Icyo isi itegereje nyuma y'ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w'u Burusiya. Perezida w'u Burusiya Vradimir Putin yabwiye mugenzi we wa Leta Leta Zunze ubumwe z'Amerika,...

Read moreDetails
Next Post
Hagaragajwe ibimenyetso umugabo akwiye kwitondera ndetse akihutira kujya kwa muganga akibibona.

Hagaragajwe ibimenyetso umugabo akwiye kwitondera ndetse akihutira kujya kwa muganga akibibona.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?