• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, October 22, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Uruhande rugenzura agace ka Vitshumbi na Kibirizi rwa menyekanye, nyuma y’uko ihuriro ry’ingabo za leta rigize icyo rubivugaho.

minebwenews by minebwenews
May 18, 2024
in World News
0
Uruhande rugenzura agace ka Vitshumbi na Kibirizi rwa menyekanye, nyuma y’uko ihuriro ry’ingabo za leta rigize icyo rubivugaho.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo n’inde ugenzura agace ka Vitshumbi na Kibirizi byo muri teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru? Uruhande rwa leta ruvuga ko arirwo rugenzura ibyo bice.

You might also like

Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

Uheruka kuvugwaho na perezida w’u Burundi yamusabye ko bohurira mu kiganiro

Ni ahagana isaha z’umugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 17/05/2024, nibwo uruhande rwa leta rwatangaje ko igisirikare cya FARDC ku bufasha bwa Wazalendo rwa bohoje Vitshumbi na Kibirizi, nyuma y’uko utu duce tumaze iminsi tugenzurwa n’Ingabo za General Sultan Makenga, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’Ingabo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ibi umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Lt Col Willy Ngoma yabyise ibinyoma byambaye ubusa, avuga ko Guverinoma ya Kinshasa itica abasivile gusa ngo kuko bazi no kwihimbira ibinyoma.

Yagize ati: “Nyuma y’uko uru hande rwa leta ya Kinshasa rukoze amahano rwica abaturage mu nkambi y’impunzi iri i Mugunga, ubu ho bafashye izindi ngamba zo kubeshya. Bari kuvuga ko bafashe Kibirizi na Vitshumbi, ibinyoma byabo.”

Willy Ngoma yahamije ko utu duce dukomeje kugenzurwa na M23 kandi ko ihuriro ry’Ingabo za RDC zidafite ubushobozi bwo kuhabambura.

Ibi kandi byashimangiwe n’abaturage baherereye muri ibyo bice, bavuga ko Kibirizi na Vitshumbi bigenzurwa n’Ingabo ziyobowe na Gen Sultan Makenga.

Mu mpera z’iki Cyumweru nibwo ihuriro ry’Ingabo zu butegetsi bwa perezida Félix Antoine Tshilombo ryagerageje kugaba ibitero mu birindiro bya M23 biherereye muri Rwindi, Vitshumbi, Kibirizi no mu bindi bice bihegereye. Ibyo bitero M23 yabashe kubisubiza inyuma ndetse ifata n’ibikoresho byinshi by’agisirikare ibyatse ririya huriro ry’ingabo za RDC.

Ku rundi ruhande uyu munsi ihuriro ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo ryakoresheje indege z’intambara zo mu bwoko bwa Sukhoï-25, aho izi ndege zateye ibisasu biremereye mu bice byo muri teritwari ya Masisi.

Ahanini ibyo bitero bya Sukhoï-25 byibasiriye agace ka Bitongo no mu misozi y’unamiye iyi centre, iherereye muri teritwari ya Masisi.

Nu bwo biruko umuvugizi wa Guverinoma ya Kinshasa Patrick Muyaya ubwo aheruka i Goma ya reruye yemeza ko M23 ikomeje kwigarurira ibice byinshi, ariko ko leta igiye gukora ibishoboka kugira ngo yambure uwo mutwe ibice yabohoje.

Yagize ati: “Kwiyongera ku mwanzi ku butaka bw’igihugu cyacu birakomeje. Ariko turi gukora kugira ngo umwanzi yamburwe ibice byose arimo.”

Yashimangiye ibi avuga ko byanze bikunze ingabo za leta zi zabohoza ibyo bice.

Ati: “Rwose ibyo bice bigiye kubohozwa vuba.”

            MCN.
Tags: Ihuriro rw'ingabo za letaM23N'inde ugenzura?RutshuruVitshumbi na Kibirizi
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

Uwahoze ari perezida w'u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza Nicola Sarkozy wahoze ari perezida w'u Bufaransa, yageze muri gereza, aho agiye gutangira igihano azamaramo imyaka itanu. Kuri uyu wa...

Read moreDetails

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n'igisirikare cya Israel Igisirikare cya Israel cyagabye ibitero byo mu kirere mu gace ka Rafah ho muri Gaza, nyuma y'aho gishinje umutwe wa...

Read moreDetails

Uheruka kuvugwaho na perezida w’u Burundi yamusabye ko bohurira mu kiganiro

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Uheruka kuvugwaho na perezida w'u Burundi yamusabye ko bohurira mu kiganiro Pacifique Nininahazwe ukuriye ishirahamwe rya FECODE, rizwiho gutabariza Abarundi bari mukaga, nyuma y'uko aheruka kuvugwaho ibyo we...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yagize icyo avuga kubakomeje kuvuga ku buzima bwa se

by Bahanda Bruce
October 19, 2025
0
Gen.Muhoozi yagize icyo avuga kubakomeje kuvuga ku buzima bwa se

Gen.Muhoozi yagize icyo avuga kubakomeje kuvuga ku buzima bwa se General Kainarugaba Muhoozi, umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, akaba kandi n'umuhungu wa perezida w'iki gihugu, yaburiye abakwiza ibihuha...

Read moreDetails

Madagascar iraramutswa perezida mushya

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Madagascar iraramutswa perezida mushya

Madagascar iraramutswa perezida mushya Colonel Michael Randrianinina ni we wagizwe umukuru w'igihugu cya Madagascar, nyuma y'aho habaye imyigaragambyo igasiga perezida w'iki gihugu Andry Rajoelina agihunze. Ku munsi w'ejo...

Read moreDetails
Next Post
Hagaragajwe ibimenyetso umugabo akwiye kwitondera ndetse akihutira kujya kwa muganga akibibona.

Hagaragajwe ibimenyetso umugabo akwiye kwitondera ndetse akihutira kujya kwa muganga akibibona.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?