• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Urusika rwari hagati ya 8ème CEPAC na 37ème CADEC rwakuweho-ubuhamya

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 7, 2025
in Religion
0
CEPAC na CADEC nyuma y’igihe kirere bapingana, bahuye basabana imbabazi, inkuru irambuye
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Urusika rwari hagati ya 8ème CEPAC na 37ème CADEC rwakuweho-ubuhamya

You might also like

Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo

Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira

CEPAC na CADEC nyuma y’igihe kirere bapingana, bahuye basabana imbabazi, inkuru irambuye

Amatorero abiri yapinganaga kuva mu myaka 40 ishyize, 8ème CEPAC na 37ème CADEC, yasabanye imbabazi mu Minembwe arababarirana, bigizwemo uruhare n’umutwe wa MRDP-Twirwaneho n’uwa M23.

Ku cyumweru tariki ya 05/10/2025, ni bwo abayobozi baya matorero bicaranye baraganira barumvikana kubuhuza bwa MRDP -Twirwaneho na M23.

Amakuru ava muri ibyo bice avuga ko icyicaro cyabereye ku Mutanoga ku Runundu, ahari ikanisa rya 8ème CEPAC.

Buri ruhande rwari rufitemo abakozi b’Imana baruhagarariye, ahanini baribagwiriyemo aba-Reverand, hari kandi n’abayobozi bo muri Twirwaneho na M23.

Ni mu gihe umugaba w’Ingabo z’uyu mutwe wa Twirwaneho ariwe wari wawuserukiye, Brig .Gen. Charles Sematama kimwe kandi na Col.Oscar Ndabagaza wari ku ruhande rwa M23.

Mu magambo yavuzwe n’abashumba bo muri 8ème CEPAC, bagaragaje ko bamaranye igihe kirekire inzandiko zo kubabarira 37ème CADEC ariko ko kubishyira mu ngiro byabagoraga.

Bavuga ko guhera uwo munsi bakuyeho urusika rwabatandukanyaga n’ababo.

Ati: “Inzandiko zo kubabarira 37ème CADEC, twari tuzimaranye igihe, ariko ntitwababariye. Uyu munsi dukuyeho icyo gisika.”

Reverend Binagana uyoboye district ya Minembwe muri 8ème CEPAC, yashimangiye ko ari we muyobozi wayo, bityo ko “ashingiye ku rwandiko rwa kominute yabo rubabarira n’ububasha yahawe ababariye itorero rya 37ème CADEC.”

Uwari uyoboye district ya 37ème CADEC mu Minembwe na we yasubiye mu by’uwabo yari arangije kuvuga, aranamushimira, ndetse kandi ashimira n’Imana yabahaye kugera kuri iyi ntambwe ikomeye.

Icyakurikiyeho impande zombi zashyize umukono ku nzandiko zo kubabarira, binategekwa ko zoherezwa ku makanisa atandukanye yaburi ruhande akorera mu misozi miremire y’i Mulenge, Minembwe, i Ndondo, Bibogobogo, Rurambo, Mikenke n’ahandi.

Hejuru y’ibyo, aba bashumba b’aya matorero barahoberanye, ubundi kandi batera n’indirimbo baranasenga.

Tubibutsa ko 37ème CADEC ubwo yavukaga mu 1980, yarivuye muri 8ème CEPAC. Mu kugenda hari ibikoresho byo mu rusengero batwaye muburyo bunyuranyije n’amategeko, birimo ibikoresho bikoreshwa mu kwegera “uruhimbi,” ndetse kandi bajana n’u bukungu bw’iri torero, nk’inka n’andi matungo mato.

Ibyo byatumye haba kunenana, no gucirana imanza, ni mu gihe CEPAC yakundaga kuvuga ko CADEC batazaja mu ijuru.

Tags: 37ème CADEC8ème CEPACMinembweTwirwanehoUrusika
Share32Tweet20Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
0
Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo

Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n'abitandukanya n'imiryango yabo Evangelist Chantal Nyamazaire, kuri iki cyumweru tariki ya 12/10/2025, mu nyigisho yabwirije, yavuze ku myitwarire igomba kuranga...

Read moreDetails

Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira

by Bahanda Bruce
October 9, 2025
0
Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira

Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira Dr Lazare Sebitereko Rukundwa, umuyobozi mukuru w'ishuri rya kaminuza rya UEMI rifite icyicaro gikuru mu Minembwe, ahazwi nk'umurwa mukuru w'i Mulenge...

Read moreDetails

CEPAC na CADEC nyuma y’igihe kirere bapingana, bahuye basabana imbabazi, inkuru irambuye

by Bahanda Bruce
October 6, 2025
0
CEPAC na CADEC nyuma y’igihe kirere bapingana, bahuye basabana imbabazi, inkuru irambuye

CEPAC na CADEC nyuma y'igihe kirere bapingana, bahuye basabana imbabazi, inkuru irambuye Itorero rya 8ème CEPAC n'irya 37ème CADEC, amakanisa akorera mu misozi miremire y'i Mulenge ataracanaga uwaka...

Read moreDetails

Rv. Misigaro yabwirije hejuru yo gutunganya inzu y’Imana

by Bahanda Bruce
October 5, 2025
0
Rv. Misigaro yabwirije hejuru yo gutunganya inzu y’Imana

Rv. Misigaro yabwirije hejuru yo gutunganya inzu y'Imana Umushumba w'itorero rya All National Assemblies of God, rifite icyicaro gikuru i Nakivale mu majy'Epfo y'igihugu cya Uganda, Reverend Misigaro...

Read moreDetails

Intumwa Gitwaza yizihije imyaka amaze mu murimo w’ivugabutumwa, agira n’icyo abivugaho

by Bahanda Bruce
October 2, 2025
0
Intumwa Gitwaza yizihije imyaka amaze mu murimo w’ivugabutumwa, agira n’icyo abivugaho

Intumwa Gitwaza yizihije imyaka amaze mu murimo w'ivugabutumwa, agira n'icyo abivugaho Intumwa y'Imana Paul Gitwaza, akaba n'umuyobozi mukuru w'itorero rya Zion Temple ku isi, yizihije imyaka 30 amaze...

Read moreDetails
Next Post
Abayobozi ba AFC/M23 bavuze ku gihano cy’urupfu RDC yakatiye Joseph Kabila

AFC/M23 yakoreye igikorwa cyiza abatuye muri Nyiragongo na Rutshuru

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?