Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Urutonde rw’amazina y’abantu bapfiriye mu ndege yaguyemo umukuru wa Wagner Group.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 24, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Urutonde rw’amazina y’abantu bapfiriye mu ndege yaraye igize impanuka n’impanuka yabaye ubwo iyo ndege yavaga i Moscou maze igahitana ubuzima bw’umutegetsi akomeye cane mu burusiya uzwiho kuba yarashinze umutwe wa Wagner Group, suwo mutegetsi wenyine wapfuye hubwo yapfanye n’abandi benshi
Aribo:
1.Propustin Sergey
2.Makaryan Evgeniy
3•Totmin Alexander
4•Chekalov Valeriy
5•Utkin Dmitry
6•Matuseev Nikolay
7•Prigozhin Evgeniy (ariwe waruyoboye Wagner).

You might also like

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Hakaba Kandi hari nabari bajejwe gutwara iyo ndege:
8•Levshin Aleksei
9•Karimov Rustam
10•Raspopova Kristina.

Dore ibigwi by’uwashinze umutwe wa Wagner, arinawe waraye y’itabye Imana azize impanuka:

Prigozhin, yahoze ari umucuruzi byahiriye ndetse bivugwa ko yakuye umutungo we mu bucuruzi bwa restaurant na hotel, ahimbwa “umutetsi wa Putin” kuko Putin amaze igihe kinini arira muri restaurant ze.

Evgeny Prigozhin, ni we watangije Ikigo cyigenga cya gisirikare cya Wagner Private Military Company mu mwaka wa 2014.

Nubwo Wagner Group yashinzwe mu 2014, ikanatangirira ibikorwa byayo mu gace ka Donbass ko muri Ukraine, Prigozhin ntabwo yari yarigeze atangaza uruhare rwe muri uyu mutwe kugeza ubwo yabyemezaga umwaka ushize ko ariwe wa wushinze.

Umubare munini w’abasirikare bakorera Wagner ni Abarusiya ariko hari n’abandi ikura mu bihugu bitandukanye nka Syria, Libya, Sudani n’ibindi.

Bivugwa ko Leta y’u Burusiya ikoresha Wagner Group mu kubungabunga inyungu z’u Burusiya mu mahanga, kubera ko byoroshye guhakana uruhare rwa Leta mu bikorwa by’uyu mutwe.

Ibi ni ukubera ko mu busanzwe Itegeko Nshinga ry’u Burusiya ritemera imitwe yigenga ya gisirikare nka Wagner. Bisobanuye ko nubwo habaho imikoranire, byakorwa mu bwiru.

Ibi byumvikana ko hari amayeri ahambaye akoreshwa kugira ngo uyu mutwe ukusanye abacanshuro imbere no hanze y’igihugu.

Abawurimo bivugwa ko bahembwa hagati ya 2.650 $ ndetse ko bagenerwa n’ibindi bihembo by’udushimwe.

Abayobozi bakuru bo bahabwa amafaranga akubye inshuro zitatu ahabwa abasirikare basanzwe. Uyu mushahara uruta uwo abari mu gisirikare cya leta bahembwa.

Abarwanyi ba Wagner bazwi nk’Abacanshuro, bamaze gukorera ibikorwa bya gisirikare mu bihugu bya Afrika ndetse no muri Syria, aho bivugwa ko barwanye bikomeye n’Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mwaka wa 2018.

Uretse kuba muri Syrie na Ukraine, Wagner ifite ibirindiro mu bihugu bitandukanye bya Afrika nka Centrafrique.

Izi ngabo kandi zagaragaye muri Mali, Sudani, Madagascar na Libya aho barwanaga ku ruhande rwa Gen. Khalifa Haftar.

Bikekwa ko Leta z’ibi bihugu ziha ba nyiri Wagner amasoko yo gucukura amabuye y’agaciro maze na bo bakayicungira umutekano.

Afatanyije n’abarwanyi be, bakoze imirwano ikomeye mu Mujyi wa Artyomovsk (uzwi nka Bakhmut muri Ukraine]. Prigozhin yagiye ashinja Minisiteri y’Ingabo mu Burusiya kudakora ibikwiye mu gukemura ikibazo kiri hagati y’u Burusiya na Ukraine, akaba ariniyo mpamvu bishingirwaho bakavuga ko yaba yishwe na Perezida Vradimir Putin.

By Bruce Bahanda.

Tags: By'uwashinze umutwe wa Wagner GroupIbigwiUrutonde rw'amazina y'abantu bapfiriye mu ndege
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by Bruce Bahanda
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by Bruce Bahanda
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by Bruce Bahanda
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails

What you should know about what is being said in Kisangani.

by minebwenews
April 2, 2025
0
What you should know about what is being said in Kisangani.

The city of Kisangani in the province of Tshopo, which is the third largest in Congo after Kinshasa, the capital city of DRC Congo, and Lubumbashi in the...

Read moreDetails
Next Post

Umusirikare Mukuru mungabo za RDC warebaga 22ème Region Miltaire, yafunzwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?