Uvira mu Rujijo rw’Umutekano, Abantu Benshi Bishwe Barashwe
Mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira ku wa Kabiri, tariki ya 20/01/2026, umujyi wa Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, wongeye kwibasirwa n’ibikorwa by’umutekano muke byasigiye abaturage ihungabana rikomeye. Amakuru yizewe aturuka muri uwo mujyi avuga ko abantu batanu barashwe bahasiga ubuzima abandi barakomereka bamwe muri bo bakaba barakomerekejwe bikabije.
Ibi byabaye mu gihe ingabo za FARDC, zifatanyije n’imitwe ya Wazalendo na FDLR, zari mu bikorwa bivugwaho gusahura imitungo y’abaturage mu mazu yabo. Mu gihe abaturage bari bamaze kuryama, humvikanye amasasu menshi yasize abantu benshi mu bwoba n’agahinda gakabije.
Kuva ingabo za AFC/M23 ziviriye mu mujyi wa Uvira mu ijoro ryo ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, umutekano w’uyu mujyi wahise usubira inyuma bikomeye. Icyuho cyasizwe n’izo ngabo cyahise cyinjiramo ingabo za Leta zigizwe na FARDC, Wazalendo na FDLR, ariko aho kugarura ituze, zatangiye ibikorwa byibasira abaturage n’imitungo yabo.
Amakuru aturuka mu baturage agaragaza ko gusahura byahereye ku mitungo y’abantu ku giti cyabo, bigera no mu bigo bikomeye bya Leta, ibintu byakomeje gushimangira impungenge z’abaturage ku hazaza h’umutekano wabo. Hari n’amashusho yashyizwe ahagaragara ku mbuga nkoranyambaga agaragaza abarwanyi ba Wazalendo bikoreye ku mitwe ibintu basahuye, birimo ameza, matera n’ibindi bikoresho by’agaciro.
Umwe mu baturage bo muri Uvira waganiriye na Minembwe Capital News yagize ati:
“Twari twatangiye kubona ituze n’umutekano AFC/M23 imaze kuhagera. Ariko kuva ingabo za Leta zinjiye, umutekano warayoyotse burundu. Turagowe cyane, sinabona amagambo abisobanura.”
Yakomeje agira ati:
“Muri iri joro ryakeye, abantu batanu barashwe barapfa; abandi barakomereka ubu bari kwitabwaho mu bitaro kandi ubuzima bwabo buri mu kaga. Icyifuzo cyacu ni uko M23 yagaruka ikirukana aba bajura batwambuye umutekano n’ibyacu.”
Ibi byose bigaragaza ko umujyi wa Uvira ukomeje kubaho mu mwuka mubi w’umutekano, aho abaturage bakomeje kwishyura igiciro cy’imirwano n’amakimbirane ya politiki n’igisirikare. Abenshi bemeza ko hatagize igikorwa byihuse kandi gifatika, ingaruka z’ibi bikorwa zishobora kurushaho gukura, bigatuma ikibazo cy’umutekano muke kirushaho gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.






