Uwahoze ari intasi ya FDLR yatanze inama kuri M23.
Hari mu kiganiro Colonel Nshimiyimana yagiranye na Bwiza Tv, aho yaburiye ubuyobozi bwa M23 gukora ibishoboka byose bakarinda umutekano wo mu duce two mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, utwo ugenzura.
Colonel Nshimiyimana wakoze iki kiganiro, yahoze akuriye ubutasi bwo hanze mu mutwe wa FDLR. Uyu mugabo kandi azwi cyane ku mazina ya Bora Manasse.
Bwana Bora kuri ubu asigaye atuye mu Rwanda, nyuma y’uko agaye imikorere ya FDLR agataha mu rwa mubyaye, yavuze ko M23 ikwiye kubanza guhagarika imirwano maze ikarinda umutekano w’abaturage bo mu duce yamaze kubohoza.
Yagize ati: “Njyewe mbaye ndi mu bayobozi ba M23 kuri iyi itariki ikintu nakwihutira gukora ni uguhita ncungira umutekano aho namaze gufata. Nka banza nkibaza nti ‘aho nafashe abaturage bafite umutekano? Nta maraso ari kuhameneka.”
Muri iki kiganiro bwana Bora yakoze yanagaragaje ko amaraso y’inzira karengane akomeje ku meneka mu mujyi wa Goma aruta ari ku meneka mu Ntara ya Gaza, ashimangira ko uyu mujyi uri muyo M23 yakabaye irinda.
I Goma mu Ntara yo muri Kivu Yaruguru mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, hagiye haba ubwicanyi bwa hato nahato ndetse kandi hakarwangwa n’umutekano muke ahanini ugasanga byose biva ku barwanyi bo mu mitwe ikorana byahafi n’ingabo za RDC.
Ubu bwicanyi bwaje gufata intera mu mwaka ushize gukomerezaho, ndetse hari n’igihe kigera ugasanga i cyumweru cyose gishize buri munsi hapfa umuntu cyangwa babiri yewe hari n’igihe hapfa abarenze batanu.
Umutwe wa M23 umaze igihe kirekire ugenzura uduce dutandukanye twa Kivu y’Amajyaruguru, by’u mwihariko utwa za teritware za Lubero, Rutshuru, Masisi na Nyiragongo. Kandi ahantu ugenzura abaturage bafite amahoro.
Utu duce turi mutugenzurwa na M23 , yatwigaruriye nyuma y’uko itwirukanyemo ihuriro ry’Ingabo za RDC rigizwe na FARDC, imitwe y’itwaje imbunda irimo FDLR, Wazalendo, ingabo z’u Burundi, abacanshuro na SADC.
MCN.