Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Uwahoze ari perezida wa leta Zunze Ubumwe za Amerika, ngoyaba agiye kwinjira gereza mugifungo cyimyaka 500.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 19, 2024
in World News
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uwahoze ari perezida wa leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump ngoyaba agiye gukatirwa imyaka 500 yigifungo.

You might also like

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Yanditswe na: Bruce Bahanda, tariki 04/08/2023, saa 12:07Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.

Donald Trump, wahoze ayoboye Amerika, yatangarije abamushigikiye ko ubutegetsi avuga ko bwamunzwe na ruswa bushaka kumukatira igifungo cy’imyaka igera kuri 500, akaba avuga ko ibi ari politiki yihishe muriyi leta, asaba ko hakusanywa ubushobozi bwo kwifashisha mu gukomeza kugaragaza ko Abanyamerika batazigera bacika intege mu kurwanya leta yamunzwe na ruswa.

Ni ubutumwa yoherereje abamushyigikiye nyuma y’uko Umunyamategeko wihariye washinzwe gukurikirana ibyaha Trump ashinjwa ashyize hanze inyandiko zibigaragaza.

Ibyo byaha ni ibifitanye isano n’ibyabaye ku wa 06/01/2021 ubwo abigaragambyaga ku Nteko Ishinga Amategeko bagaragaza ko amatora ya Perezida atanyuze mu mucyo.

Trump yanditse agira ati: “Minisiteri y’Ubutabera ya perezida Joe Biden yamunzwe na ruswa yongeye gutanga ibirego bitubahirije amategeko. Ibyo birego bigaragaza ko nshobora guhabwa igifungo cy’imyaka 561 bitewe n’Aba-Démocrates bari kumpiga.”

Donald Trump ati: “Hari ubutumwa umuntu ashobora gutanga kugira ngo akujugunye muri gereza iyo myaka yose. Biteye ubwoba. Ubwoba ni uko iyo utoye umukandida ushobora kugushyira imbere, nawe uba uri mu bibazo aho ushobora kugirirwa nabi, gushyirwaho ibirego ndetse ukanafungwa n’ubu butegetsi bwa Washington.”

Amakuru avuga ko Trump yatanze ubwo butumwa ashaka kugaragaza ko abayoboke be bagomba gushyiramo imbaraga cyane no kwirengagiza ibyo bashobora guhura na byo mu gihe baba bamutoye mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba umwaka utaha.

Uyu mugabo Donald Trump, ufite imyaka 77 yamavuko muri ubwo butumwa yagaragaje ko uku kumuhiga bitarangirira ku kumwibasira no kumufungisha gusa ahubwo ngo bihungabanya ukwishyira ukizana kw’Abanyamerika bose, asaba abamushyigikiye gukomeza kumba hafi muri ibi bihe bitoroshye.

Umunyamategeko Smith yagaragaje ko Trump yinubiye ibyavuye mu matora azi neza ko ari amakosa ndetse akomeza kugira uruhare muri iyo myigaragamyo yibasiye Capitol, ibyagize uruhare mu gutuma abaturage batagirira icyizere igihugu by’umwihariko inzego zishinzwe amatora.

Uretse ibyo byaha, mu cyumweru gishize na bwo Smith yatanze ibirego by’uko Trump yagerageje gusibanganya ibimenyetso ku bijyane no kubika iwe inyandiko zikubiyemo amabanga akomeye ya Amerika kandi bitemewe.

Urukiko rwa New York kandi rwashinje uyu wahoze ari Perezida wa Amerika kwishyura umukinnyi wa filime, Stormy Daniels, kugira ngo atazavuga ibijyanye n’uko yamufashe ku ngufu.

Abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika barimo Hakeem Jeffries na Chuck Schumer, baherutse gusohora itangazo rigaragaza ko ibyo birego Trump akurikiranyweho bikomeye cyane ndetse ko agomba kubiryoza ngo kuko nta Munyamerika uri hejuru y’amategeko kabone nubwo yaba ari perezida.

Trump kandi ashobora gukomeza gukurikiranwa kuko abanyamategeko baherutse gutangaza ko bari gukora iperereza ku buryo uyu musaza ashobobora kuba yaragize uruhare mu kwivanga mu byavuye mu matora muri Leta ya Georgia.

Inkuru dukesha CNN.

Tags: AmerikaCyimyaka 500Donald TrumpIgifungo
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk’igihugu cyigenga.

U Bufaransa na Amerika ntibivuga rumwe ku cyemezo cyo kwemerera Palestine nk'igihugu cyigenga. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zateye utwatsi icyemezo cya perezida Emmanuel Macron w'u Bufaransa cyo kwemerera...

Read moreDetails

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho guverinoma nshya igizwe n'abaminisitiri 21, abanyamabanga ba Leta 10 n'abandi bayobozi bakuru. Iyi guverinoma nshya...

Read moreDetails

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y'indege. Indege yari itwaye abagenzi yakoze impanuka ikomeye mu gihugu cy'u Burusiya, ihitana abantu 48. Amakuru avuga ko iyo ndege yavaga mu mujyi...

Read moreDetails

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma. Umuyobozi wo muri Leta ya Ethiopia yanyomoje perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump, nyuma y'aho atangaje ko Amerika yateye inkunga umushinga wo...

Read moreDetails

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo. Ibihugu 25 byo ku isi, ahanini byo mu Burayi byahagurukiye gusaba Israel guhagarika intambara yashoye kuri Gaza. Bikubiye mu itangazo ibi...

Read moreDetails
Next Post

Perezida Bazouma, yasabye imiryango mpuza mahanga kumuha ubufasha akagaruka kubutegetsi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?