• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, October 25, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Uwahoze ari perezida wa leta Zunze Ubumwe za Amerika, ngoyaba agiye kwinjira gereza mugifungo cyimyaka 500.

minebwenews by minebwenews
September 19, 2024
in World News
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uwahoze ari perezida wa leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump ngoyaba agiye gukatirwa imyaka 500 yigifungo.

You might also like

Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n’u Burusiya

Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho

Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

Yanditswe na: Bruce Bahanda, tariki 04/08/2023, saa 12:07Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.

Donald Trump, wahoze ayoboye Amerika, yatangarije abamushigikiye ko ubutegetsi avuga ko bwamunzwe na ruswa bushaka kumukatira igifungo cy’imyaka igera kuri 500, akaba avuga ko ibi ari politiki yihishe muriyi leta, asaba ko hakusanywa ubushobozi bwo kwifashisha mu gukomeza kugaragaza ko Abanyamerika batazigera bacika intege mu kurwanya leta yamunzwe na ruswa.

Ni ubutumwa yoherereje abamushyigikiye nyuma y’uko Umunyamategeko wihariye washinzwe gukurikirana ibyaha Trump ashinjwa ashyize hanze inyandiko zibigaragaza.

Ibyo byaha ni ibifitanye isano n’ibyabaye ku wa 06/01/2021 ubwo abigaragambyaga ku Nteko Ishinga Amategeko bagaragaza ko amatora ya Perezida atanyuze mu mucyo.

Trump yanditse agira ati: “Minisiteri y’Ubutabera ya perezida Joe Biden yamunzwe na ruswa yongeye gutanga ibirego bitubahirije amategeko. Ibyo birego bigaragaza ko nshobora guhabwa igifungo cy’imyaka 561 bitewe n’Aba-Démocrates bari kumpiga.”

Donald Trump ati: “Hari ubutumwa umuntu ashobora gutanga kugira ngo akujugunye muri gereza iyo myaka yose. Biteye ubwoba. Ubwoba ni uko iyo utoye umukandida ushobora kugushyira imbere, nawe uba uri mu bibazo aho ushobora kugirirwa nabi, gushyirwaho ibirego ndetse ukanafungwa n’ubu butegetsi bwa Washington.”

Amakuru avuga ko Trump yatanze ubwo butumwa ashaka kugaragaza ko abayoboke be bagomba gushyiramo imbaraga cyane no kwirengagiza ibyo bashobora guhura na byo mu gihe baba bamutoye mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba umwaka utaha.

Uyu mugabo Donald Trump, ufite imyaka 77 yamavuko muri ubwo butumwa yagaragaje ko uku kumuhiga bitarangirira ku kumwibasira no kumufungisha gusa ahubwo ngo bihungabanya ukwishyira ukizana kw’Abanyamerika bose, asaba abamushyigikiye gukomeza kumba hafi muri ibi bihe bitoroshye.

Umunyamategeko Smith yagaragaje ko Trump yinubiye ibyavuye mu matora azi neza ko ari amakosa ndetse akomeza kugira uruhare muri iyo myigaragamyo yibasiye Capitol, ibyagize uruhare mu gutuma abaturage batagirira icyizere igihugu by’umwihariko inzego zishinzwe amatora.

Uretse ibyo byaha, mu cyumweru gishize na bwo Smith yatanze ibirego by’uko Trump yagerageje gusibanganya ibimenyetso ku bijyane no kubika iwe inyandiko zikubiyemo amabanga akomeye ya Amerika kandi bitemewe.

Urukiko rwa New York kandi rwashinje uyu wahoze ari Perezida wa Amerika kwishyura umukinnyi wa filime, Stormy Daniels, kugira ngo atazavuga ibijyanye n’uko yamufashe ku ngufu.

Abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika barimo Hakeem Jeffries na Chuck Schumer, baherutse gusohora itangazo rigaragaza ko ibyo birego Trump akurikiranyweho bikomeye cyane ndetse ko agomba kubiryoza ngo kuko nta Munyamerika uri hejuru y’amategeko kabone nubwo yaba ari perezida.

Trump kandi ashobora gukomeza gukurikiranwa kuko abanyamategeko baherutse gutangaza ko bari gukora iperereza ku buryo uyu musaza ashobobora kuba yaragize uruhare mu kwivanga mu byavuye mu matora muri Leta ya Georgia.

Inkuru dukesha CNN.

Tags: AmerikaCyimyaka 500Donald TrumpIgifungo
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n’u Burusiya

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n’u Burusiya

Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n'u Burusiya Umunyamabanga mukuru wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika ushinzwe ububanyi n'amahanga, Marco Rubio, yatangaje ko igihugu cye cyifuza guhura n'u Burusiya, ibihugu...

Read moreDetails

Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho

Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho Abakunze gukorera ingendo mu gihugu cya Kenya, basabwe kwirinda kunywa inzoga zaho kuko ngo harizashizwemo uburozi. Bikubiye mu...

Read moreDetails

Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

Uwahoze ari perezida w'u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza Nicola Sarkozy wahoze ari perezida w'u Bufaransa, yageze muri gereza, aho agiye gutangira igihano azamaramo imyaka itanu. Kuri uyu wa...

Read moreDetails

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n'igisirikare cya Israel Igisirikare cya Israel cyagabye ibitero byo mu kirere mu gace ka Rafah ho muri Gaza, nyuma y'aho gishinje umutwe wa...

Read moreDetails

Uheruka kuvugwaho na perezida w’u Burundi yamusabye ko bohurira mu kiganiro

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Uheruka kuvugwaho na perezida w'u Burundi yamusabye ko bohurira mu kiganiro Pacifique Nininahazwe ukuriye ishirahamwe rya FECODE, rizwiho gutabariza Abarundi bari mukaga, nyuma y'uko aheruka kuvugwaho ibyo we...

Read moreDetails
Next Post

Perezida Bazouma, yasabye imiryango mpuza mahanga kumuha ubufasha akagaruka kubutegetsi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?