Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Uyu munsi ihuriro ry’Ingabo za Congo, ryakubiswe ahababaza muri Kivu y’Epfo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 5, 2025
in Regional Politics
0
M23 ikomeje gukora amateka nyuma y’uko ifashe utundi duce muri Kivu y’Epfo.
125
SHARES
3.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uyu munsi ihuriro ry’Ingabo za Congo, ryakubiswe ahababaza muri Kivu y’Epfo.

You might also like

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Amakuru aturuka muri teritware ya Kalehe, avuga ko ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa, ryagabye ibitero ku birindiro by’umutwe wa M23 biri muri iyi teritwari maze birangira abarwanyi b’uyu mutwe barikubise inshuro, rihunga amasigamana.

Ni ibitero iri huriro rigizwe n’ingabo za FARDC, FDLR, ingabo z’u Burundi na Wazalendo, ryagabye igihe c’isaha ya saa kumi nimwe y’urukerera rwo kuri uyu wa gatatu tariki ya 05/02/2025, aho ryabigabaga mu gace ka Nyabibwe gaheruka kwigarurirwa n’uyu mutwe wa M23.

Iri huriro ryagabye iki gitero riturutse mu bice bya Kavumu ahari ikibuga cy’indege cya Bukavu.
Aya makuru avuga ko umutwe wa M23 waje kwirwanaho maze ukubita inshuro iri huriro ryawugabyeho igitero, nyuma y’imirwano ikomeye yabanje kuhaca.

Binavugwa ko muri iyi mirwano yumvikanyemo urusaku rw’imbunda ziremereye n’izito, kandi ko uru ruhande rurwana ku ruhande rwa Leta rwakoresheje ibibunda bya mizinga mukurasa ahatuwe n’abaturage no mu birindiro by’uyu mutwe wa M23.

Kurundi ruhande, indi mirwano ikomeye yavuzwe muri Rusazi no mu tundi duce duherereye mu misozi miremire ya Kalehe, ariko natwo tukaba twaje kwigarurwa n’uyu mutwe wa M23, nk’uko iyi nkuru ikomeza ibivuga.

Iyi mirwano ibaye nyuma y’umunsi umwe gusa ubuyobozi bw’umutwe wa M23 butangaje agahenge. Ni agahenge uyu mutwe wavuze ko ushaka ko ibikorwa byo kugoboka abavanywe mubyabo kubera intambara bagerwaho. Ndetse kandi uvuga ko hari n’ibindi ushaka gutunganya bijanye no gufasha abaturage.

Kimwecyo, uruhande rwa Leta ntacyo rwigeze ruvuga kuri aka gahenge, bikaba biri mubikekwa ko ari yo mpamvu rwakomeje kugaba ibitero kuri uyu mutwe.

Nyamara kandi ubwo umutwe wa M23 wigaruriraga umujyi wa, itangazo washyize hanze icyo gihe, ryavugaga ko ugiye gukomereza imirwano mu bindi bice, kandi ko uzashyirwa aruko ushyizeho akadomo kanyuma ubutegetsi bwa Kinshasa.

Nanone kandi, uyu mutwe wakunze kugenda utangaza ko ahazaturuka igitero hose kibuza abasivile amahoro bazagikurikira, mu rwego rwo kugira ngo bagicyecekeshe.

Hagataho, ibitero ingabo zo ku ruhande rwa Leta zagabye i Nyabibwe harebwa n’abarwanyi ba M23 byaturukaga i Kavumu ku kibuga cy’indege cya Bukavu.

Aka gace ka Nyabibwe kakaba kari mu ntera y’ibirometero 54 uvuye ku kibuga cy’indege cya Bukavu.

Tags: FardcFDLRM23NyabibweWazalendo
Share50Tweet31Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Kwa Tshisekedi barakajwe n'itsinda ry'abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23. Repubulika ya demokarasi ya Congo yagaragaje ko yababajwe n'urwego rwa karere ka Afrika y'ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura...

Read moreDetails

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails
Next Post
Urujya n’uruza rw’abantu n’imodoka byatangiye kugaragara mu mujyi wa Goma.

Umubare w'ingabo zo kuruhande rwa Leta waguye i Goma wamenyekanye, uteye ubwoba.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?