Uyu munsi ihuriro ry’Ingabo za Congo, ryakubiswe ahababaza muri Kivu y’Epfo.
Amakuru aturuka muri teritware ya Kalehe, avuga ko ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa, ryagabye ibitero ku birindiro by’umutwe wa M23 biri muri iyi teritwari maze birangira abarwanyi b’uyu mutwe barikubise inshuro, rihunga amasigamana.
Ni ibitero iri huriro rigizwe n’ingabo za FARDC, FDLR, ingabo z’u Burundi na Wazalendo, ryagabye igihe c’isaha ya saa kumi nimwe y’urukerera rwo kuri uyu wa gatatu tariki ya 05/02/2025, aho ryabigabaga mu gace ka Nyabibwe gaheruka kwigarurirwa n’uyu mutwe wa M23.
Iri huriro ryagabye iki gitero riturutse mu bice bya Kavumu ahari ikibuga cy’indege cya Bukavu.
Aya makuru avuga ko umutwe wa M23 waje kwirwanaho maze ukubita inshuro iri huriro ryawugabyeho igitero, nyuma y’imirwano ikomeye yabanje kuhaca.
Binavugwa ko muri iyi mirwano yumvikanyemo urusaku rw’imbunda ziremereye n’izito, kandi ko uru ruhande rurwana ku ruhande rwa Leta rwakoresheje ibibunda bya mizinga mukurasa ahatuwe n’abaturage no mu birindiro by’uyu mutwe wa M23.
Kurundi ruhande, indi mirwano ikomeye yavuzwe muri Rusazi no mu tundi duce duherereye mu misozi miremire ya Kalehe, ariko natwo tukaba twaje kwigarurwa n’uyu mutwe wa M23, nk’uko iyi nkuru ikomeza ibivuga.
Iyi mirwano ibaye nyuma y’umunsi umwe gusa ubuyobozi bw’umutwe wa M23 butangaje agahenge. Ni agahenge uyu mutwe wavuze ko ushaka ko ibikorwa byo kugoboka abavanywe mubyabo kubera intambara bagerwaho. Ndetse kandi uvuga ko hari n’ibindi ushaka gutunganya bijanye no gufasha abaturage.
Kimwecyo, uruhande rwa Leta ntacyo rwigeze ruvuga kuri aka gahenge, bikaba biri mubikekwa ko ari yo mpamvu rwakomeje kugaba ibitero kuri uyu mutwe.
Nyamara kandi ubwo umutwe wa M23 wigaruriraga umujyi wa, itangazo washyize hanze icyo gihe, ryavugaga ko ugiye gukomereza imirwano mu bindi bice, kandi ko uzashyirwa aruko ushyizeho akadomo kanyuma ubutegetsi bwa Kinshasa.
Nanone kandi, uyu mutwe wakunze kugenda utangaza ko ahazaturuka igitero hose kibuza abasivile amahoro bazagikurikira, mu rwego rwo kugira ngo bagicyecekeshe.
Hagataho, ibitero ingabo zo ku ruhande rwa Leta zagabye i Nyabibwe harebwa n’abarwanyi ba M23 byaturukaga i Kavumu ku kibuga cy’indege cya Bukavu.
Aka gace ka Nyabibwe kakaba kari mu ntera y’ibirometero 54 uvuye ku kibuga cy’indege cya Bukavu.