Wazalendo bo mu misozi ya Uvira baheruka gutera umugongo Leta y’i Kinshasa basobanuye impamvu.
Umutwe wa Wazalendo ukorera mu misozi ya Uvira muri Kivu y’Amajyepfo, uheruka kwiyunga ku ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho ryagaragaje impamvu ryiyunze kuri iri huriro.
Bikubiye mu kiganiro umuyobozi w’uyu mutwe wa Wazalendo mu byapolitiki bwana Joel Namunene Muganguzi yagiranye n’itangaza makuru i Goma mu mpera z’iki cyumweru gishize.
Namunene Muganguzi yavuze ko umutwe wabo witwa UFRC , agaragaza ko abarwanyi bawugize biteguye kubohora abaturage ba Congo ubutegetsi bw’i Kinshasa.
Aboneraho kwamagana umutekano muke ukomeje kurangwa muri Repubulika ya demokarasi ya Congo cyane cyane mu bice bigenzurwa n’ingabo za Leta ya Congo.
Avuga ko umutwe abereye umuyobozi mubyapolitiki wa UFRC usaba itegeko nshinga ry’iki gihugu gukora akazi karyo mu guhagarika inzira y’umuntu uwo ari we wese cyangwa itsinda ryifuza gukomeza ubutegetsi binyuze mu mayeri no gukoresha abantu.
Yasobanuye ko icyemezo cya UFRC cyo kwinjira muri AFC, cyavuye mu nama y’ubuyobozi yabaye ku itariki ya 30/03/2025 i Bukavu.
Yagize ati: “UFRC yafashe icyemezo cyo kwinjira muri AFC kugira ngo twese hamwe dushobore gukuraho ubutegetsi bugendera ku moko kandi bw’igitugu bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.”
Namunene Muganguzi yanavuze ko kubera iki cyemezo umutwe we wafashe, uyu mutwe we uratangaza ko ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi butemewe mu ntara za Kivu y’Amajyepfo na Manyema.
Avuga ko UFRC iharanira ko hajyaho inzego za Leta zakongera gusubirwamo, zikazashingira ku buringanire n’imiyoberere myiza.
Ubundi kandi avuga ko UFRC ihamagarira ingabo zayo kubahiriza ingamba zafatwa mu minsi iri imbere n’ihuriro rya AFC/M23.
Uyu mutwe wa UFRC kwitandukanya kwawo n’ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi, kuje gukurikira ukw’indi Wazalendo iyobowe na General Kabido nayo iheruka gutera umugongo Leta y’i Kinshasa, ihitamo kwifatanya n’uyu mutwe wa M23 urwanya ubu ubutegetsi bwa RDC.
Kabido n’abarwanyi be bakoreraga mu bice byo muri teritware ya Lubero mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.