“Yasohotse bisanzwe ntiyagaruka,” ibivugwa n’abari i Nyangezi.
Amakuru ava i Nyangezi muri teritware ya Walungu mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, avuga ko umuhungu w’Umunyamulenge w’imyaka 15 yasohotse bisanzwe ntiyongera kugaruka kugeza ubu, bigakekwa koyoba yarishwe n’ingabo za Congo, FARDC na Wazalendo.
Mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira ku wa Gatandatu tariki ya 08/02/2025, ni bwo uyu musore witwa Olivier Byishimo yasohotse mu nzu, ariko ntiyongera kuboneka ukundi.
Umwe wo mu muryango we, yagize ati: “Twaraye tubuze umwana w’imyaka 15. Yasohotse mu nzu ntiyagaruka. Kandi kugeza ubu ntaragaruka!”
Aya makuru akomeza avuga ko muri iyi minsi i Nyangezi hari hateye ikibandi, kandi ko iki kibandi kigamije kugira nabi gusa.
Ati: “Ubu hari igikundi gikora amajoro, usibye kwica ntakindi kigamije, tugakeka koyoba yarahuye nacyo kikamwica.”
Binavugwa ko icyo kibandi kigizwe n’abamwe mu basirikare ba FARDC, FDLR na Wazalendo, ndetse kandi ngo kikabamo n’abasirikare b’u Burundi basanzwe bafatanya n’ingabo za RDC kurwanya umutwe wa M23 muri Kivu Yaruguru n’iy’Epfo.
Byishimo wabuze ni mwene Nzamu Gasto, akaba uwo mu muryango wa Basita bahoze batuye mu Kamombo mu misozi miremire y’Imulenge.
