
Agahenge k’amahoro ngo kaba kamaze kugaruka ahitwa Fungurume, mu Ntara ya Lualaba. Ni nyuma yaho k’u wa Gatandatu w’i Cyumweru gishize tariki ya 09/12/23 no kuri uy’u wa Mbere, tariki 11/12/2023, habayeho kurwana bakoresheje amabuye n’Ibyuma ku bayoboke ba Ensemble pour La République ya Moïse Katumbi Chapwe na bayoboke ba UDPS yo kwa perezida Félix Tshisekedi.
Kuriya gukozanyaho kwa baye hagati ya bayoboke ba Ensemble pour La République na UDPS, byasize bamwe bahasize ubuzima abandi barakomereka.
Mu makuru yizewe dukesha iy’inkuru ahamya ko hapfuye umuntu umwe wishwe arashwe n’u mupolisi wari ushigikiye abayoboke ba UDPS.
Ikindi n’uko ruriya rusaku rwari hagati ya bayoboke ba Ensemble pour La République na UDPS, rwa bujije abakora ingendo berekezaga i Kolwezi, bazihagarika igihe cy’iminsi ibiri, nk’uko radio okapi ya bitangaje.
Iy’i nkuru kandi yemezwa na Sosiyete sivile ya FUNGURUME, aho isabisha inzego zishinzwe umutekano ku bagarurira umutekano no gucyecyekesha impande zishamiranye bishingiye ku bakandida.
Ati: “Turasaba inzego zishinzwe umutekano kuduha umutekano uhagaze neza ku mpande zose zishamiranye bishingiye ku bakandida.”
Ku wa mbere abayoboke ba UDPS ba kwiriye Imihanda uwo bahuye nawe bagakubita arinabwo bahuye n’u mudamu baramukubita cyane arakomereka mu mutwe n’umugongo.
Uriya mudamu wa komeretse barimo bamusaba kuzatora kandida nimero 20 arabyanga.
Ubuyobozi bwa Komine ya Fungurume bavuzeko abakomeretse bamaze kujanwa mu bitaro. Ariko basabako umutekano abawushinzwe bakora iyo bwakabaga baka wugarura nk’uko bikwiye.
Bruce Bahanda.