• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, May 10, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 10, 2025
in Regional Politics
0
U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

You might also like

RDC Yongeye Kuvugwa mu Bibazo by’Abimukira Nyuma y’Amagambo ya Perezida Trump

Politiki Nshya ya Amerika ku Burasirazuba bwa Congo: Menya Uko Itegeko rya STABLE DRC Act rishobora Guhindura Imibanire ya RDC n’u Rwanda

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo: Igicumbi gishya cya Copper ku isi mu mpinduramatwara y’ubushyamirane hagati y’u Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Guverinoma y’u Rwanda yamaganiye kure imvugo bamwe mu bagize guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo bashinje ingabo z’iki gihugu gufatanya n’umutwe wa M23 gukorera genocide Abanye-Congo b’Abahutu, u Rwanda ruvuga ko ibi birego ari ibinyoma byambaye ubusa.

Aya magambo yatangarijwe i Geneve mu Busuwisi, aho akanama k’umuryango w’Abibumbye gashyinzwe uburenganzira bwa muntu kakoreye ibiganiro aha’rejo ku wa kabiri tariki ya 09/09/2025.

Muri ibyo biganiro by’aka kanama, komiseri ushinzwe uburenganzira bwa muntu muri UN, Volker Tùrk, yavuze ko hagati ya tariki ya 08 na 29/08/2025, abarwanyi ba M23 bari kumwe n’abarimo abasivili n’abasirikare ngo bikekwa ko ari ingabo z’u Rwanda, bateye amasambu menshi muri sheferi ya Bwishya bahica abasivili benshi b’Abahutu.

Naho minisitiri w’uburenganzira bwa muntu muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Samuel Mbemba Kabuya, wari uhagarariye RDC muri aka kanama, yunze muri ibi byatangajwe na Volker Tùrk, avuga ko ibyabaye ari genocide.

Avuga ko Tùrk yari akwiriye kuvuga ko ingabo z’u Rwanda zifatanya na M23 gukorera genocide Abahutu bo muri biriya bice biherereye muri teritware ya Rutshuru mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ibi byamaganiwe kure na Ambasaderi w’u Rwanda muri UN, Bakuramutsa, yavuze ko ibyatangajwe na minisitiri Samuel, bigize icyaha ngo kuko ari igitutsi gikomeye ku gihugu nk’u Rwanda.

Yanavuze ko yifuza kumva neza ibyatangajwe na minisitiri Samuel, niba ashinja ingabo zacu n’igihugu cyacu gukora genocide ku butaka bwabo.

Abasobanurira ko ari amahano kwemeza ikintu nk’iki kidashingiye ku mategeko n’amahame mpuzamahanga, aboneraho gusaba umwanya wo kugira icyo abivugaho.

Amaze guhabwa umwanya wo kubivugaho, yagize ati: “Ibi ni umurongo utukura, nyakubahwa perezida, ku gihugu cyacu gushinjwa genocide, mu gihe tuzi ko ari ibintu bigenwa n’amahanga, nta rwego na rumwe ruyita gutyo, rero ntabwo nshobora kwemera ko ibintu nk’ibyo bivugirwa hano mu nyubako za UN, ngo nemere ko bibera mu maso yanyu nyakubahwa perezida. Ndifuza ko muha umurongo ibi bintu. Ntabwo ari ibirego dushobora kwemera.”

Yakomeje avuga ko ziriya raporo zuzuye amakuru abogamye, ataranakorewe ubugenzuzi, kuko abazikoze batigeze banakandagira aho bavuga ko byabereye, ahubwo ko no muri zo nyandiko ubwazo banivugira ko hari imbogamizi kuhagera.

Nubwo ibi birego byazamuwe n’abo mu butegetsi bw’i Kinshasa, ariko ingabo zabo n’izo zagiye zishinjwa kenshi gukorana n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR igizwe n’abasize bakoze genocide yakorewe Abatutsi mu Rwand, mu bikorwa byo kwica Abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi, n’ubu bagikomeje kugirirwa nabi.

Tags: RdcRwandaUN
Share32Tweet20Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

RDC Yongeye Kuvugwa mu Bibazo by’Abimukira Nyuma y’Amagambo ya Perezida Trump

by Bahanda Bruce
May 9, 2026
0
RDC Yongeye Kuvugwa mu Bibazo by’Abimukira Nyuma y’Amagambo ya Perezida Trump

RDC Yongeye Kuvugwa mu Bibazo by’Abimukira Nyuma y’Amagambo ya Perezida Trump Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye guteza impaka ku rwego mpuzamahanga nyuma yo...

Read moreDetails

Politiki Nshya ya Amerika ku Burasirazuba bwa Congo: Menya Uko Itegeko rya STABLE DRC Act rishobora Guhindura Imibanire ya RDC n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
May 9, 2026
0
Politiki Nshya ya Amerika ku Burasirazuba bwa Congo: Menya Uko Itegeko rya STABLE DRC Act rishobora Guhindura Imibanire ya RDC n’u Rwanda

Politiki Nshya ya Amerika ku Burasirazuba bwa Congo: Menya Uko Itegeko rya STABLE DRC Act rishobora Guhindura Imibanire ya RDC n’u Rwanda Ibibazo by’umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika...

Read moreDetails

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo: Igicumbi gishya cya Copper ku isi mu mpinduramatwara y’ubushyamirane hagati y’u Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika

by Bahanda Bruce
May 9, 2026
0
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo: Igicumbi gishya cya Copper ku isi mu mpinduramatwara y’ubushyamirane hagati y’u Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo: Igicumbi gishya cya Copper ku isi mu mpinduramatwara y’ubushyamirane hagati y’u Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika Mu gihe isi yinjira mu...

Read moreDetails

Martin Fayulu Yakoresheje Imvugo Ikomeye Ishobora Kongera Umwuka Mubi muri Politiki ya Congo

by Bahanda Bruce
May 8, 2026
0
Martin Fayulu Yakoresheje Imvugo Ikomeye Ishobora Kongera Umwuka Mubi muri Politiki ya Congo

Martin Fayulu Yakoresheje Imvugo Ikomeye Ishobora Kongera Umwuka Mubi muri Politiki ya Congo Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Martin Fayulu, yongeye kunenga...

Read moreDetails

La famille du colonel Gapanda réclame justice et des éclaircissements sur sa détention, toujours entourée de mystère

by Bahanda Bruce
May 8, 2026
0
La famille du colonel Gapanda réclame justice et des éclaircissements sur sa détention, toujours entourée de mystère

La famille du colonel Gapanda réclame justice et des éclaircissements sur sa détention, toujours entourée de mystère La famille du colonel Ruhorimbere Gapanda, l’un des hauts gradés des...

Read moreDetails
Next Post
Mikenke: Uwari wavuzwe ko yapfuye yagarutse iwe ari muzima

Mikenke: Uwari wavuzwe ko yapfuye yagarutse iwe ari muzima

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?