
Nyuma y’uko ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi, bu toteje abasirikare ba vuka mu Ntara ya Katanga no mu Ntara z’iherereye mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bya tumye Ingabo za FARDC bakomeza kwi yonkora k’ubutegetsi bwa Kinshasa bakiyunga n’inyeshamba zo mu mutwe wa M23, ufatanije n’i Shyaka rya Alliance Fleuve Congo, rya shizwe na Corneille Nangaa.
K’umunsi w’ejo hashize itariki ya 10/01/2024, i Rutsuru, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, ahar’i birindiro by’Ingabo za M23, bakiriye umusirikare w’indwanyi, wari ukomeye mu Ngabo za FARDC, ariwe Colonel Biyoyo.
Andi makuru ya komeje gucyicibikana ku mbuga nkoranya mbaga, kuri uyu wa Kane, tariki ya 11/01/2024, na y’undi musirikare wo mungabo za FARDC, Colonel Bahati Balingene Saddam, wari uzwi cyane muri brigade ya 21, mu Ngabo za Republika ya Demokarasi ya Congo, mu masaha yakare yari yamaze kugera i Rutsuru, aho yaje kwifatanya na M23.
Ay’amakuru yemezwa n’u muvugizi wa M23 mu bya gisirikare, major Willy Ngoma, aho yagize ati: “Kubera ko Guverinoma ya Kinshasa, idaha agaciro abayo, biri gutuma Ingabo zitandukanya n’ubwo butegetsi bubi, ba ki yunga n’igisirikare kizi icyo gukora M23. Tumaze kwakira Colonel Bahati Balingene Saddam, ubu yamaze kugera i Rutsuru.”
Abasirikare ba FARDC bari kw’itandukanya n’ubutegetsi bwa Kinshasa, mugihe bamwe mu bayobozi bo hejuru bafunzwe bazira Intara bavukamo. Mu minsi ishize abasirikare ba FARDC k’urwego rwa General na Colonel, bavuka mu Ntara ya Katanga, barafunzwe bazira kuba bavuka iyo bavuka, nk’uko bya tangajwe n’urubuga rwa Alliance Fleuve Congo.
Mu bafunzwe harimo Colonel Kisu Numbi na General Kosongo bafunzwe bazira akarere ba vukamo ka Katanga.
Ibi kandi bigize igihe biba kubasirikare ba FARDC bavuka mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, nka Colonel Eric Geriyadi, wafungiwe i Kinshasa, mu mpera z’u kwezi kwa Cumi nabiri, aho yafatiwe mw’ikambi y’igisikare ca FARDC, iherereye Kokolo, azira ubwoko bwe Abatutsi.
Harimo kandi na Lieutenant Mudumira, wafatiwe Uvira ahagana tariki ya 26/12/2023, afungwa azira ubwoko bwe Abatutsi.
Mu ntangiriro z’u mwaka w’2023, abasirikare benshi bitandukanije n’ubutegetsi bwa Kinshasa, bagana M23, muri abo harimo Colonel Gekunzi Byinshi, Colonel Oscar Ndabahaza n’abandi benshi.
Ubwo aba bitandukanije na Guverinoma ya perezida Félix Tshisekedi, bahezaga ikiganiro itangaza makuru bavuze ko bagaye imikorere ya leta ya Kinshasa, kuba itoteza abaturage bo mu bwoko bw’Abatutsi, aho ndetse banahamije ko bamwe mu Batutsi bafungwa buzira impamvu abandi benshi bavuga ko bicwa bazira ubwoko bwabo.
Bruce Bahanda.
Mana rengera inzirakarengane