Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umuvugizi wa RDC ngo y’aba arimo kwisuzuguza watangaje ko M23 itabaho, ni byavuzwe n’u muvugizi wa M23 mu bya politike Lawrence Kanyuka.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 16, 2024
in Regional Politics
0
Umuvugizi wa RDC ngo y’aba arimo kwisuzuguza watangaje ko M23 itabaho, ni byavuzwe n’u muvugizi wa M23 mu bya politike Lawrence Kanyuka.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Repubulika ya Demokarasi ya Congo irasaba amahanga kotsa igitutu ubutegetsi bw’u Rwanda kureka gufasha M23.

You might also like

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

N’ibyatangajwe na leta ya perezida Félix Tshisekedi, binyuze kuri minisitiri witangaza makuru wayo akaba n’umuvugizi wa Guverinema Patrick Muyaya.

Ubwo yakoranaga ikiganiro na BBC Newsday, k’uwa Kane, tariki ya 15/02/2024, Muyaya yongeye gushimangira ko leta ye, itazigera igirana ibiganiro na M23, n’ubwo uwo mutwe wavuze ko wo witeguye kwitabira ibiganiro by’amahoro.

Patrick Muyaya yavuze ko ibihugu bikomeye bifite ubutasi, ko bifite n’amakuru ko u Rwanda rufasha M23, ko kandi ibyo byanagarutsweho na raporo y’inzobere z’u muryango w’Abibumbye.

Avuga ko ari nayo mpamvu, mu mwaka ushize, Amerika yafatiye ibihano bamwe mubasirikare ba kuru b’Ingabo z’u Rwanda.

Gusa u Rwanda ruhakana gufasha M23, na rwo rugashinja Republika ya Demokarasi ya Congo gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze Genocide mu Rwanda, Congo nayo ihakana icyo kirego.

Ahagana mu kwezi kwa 7 ku mwaka ushize ubuyobozi bw’Ingabo za RDC bwatangaje ko nta kwihanganira na gato kuzabaho ku musirikare wayo wagaragara ko akorana na FDLR, ko yahita abihanirwa byintanga rugero.

Mu kiganiro Muyaya yahaye itangaza makuru rya BBC Newsday, yavuze ko abakuwe mu byabo babayeho mu buryo butakwihanganirwa.

Yagize ati: “Mu myaka ya 30 ishize, twatakaje abaturage barenga miliyoni 8.”

Yongeraho ko ubu abantu barenga miliyoni imwe bataye izabo mu nkengero za Goma.

Ati: “Ba bayeho mu buryo bubi rwose, ibyo bintu bigomba guhagarara k’uko ubu hashize imyaka irenga ibiri tuvuga kuri ibyo bitero no kwicwa kw’abantu, nta kintu gikomeye amahanga abikoraho.”

Muyaya yakomeje avuga ati: “Ntu shobora ku bwira leta yatowe ngo iganire n’umutwe w’iterabwoba. Ibi Perezida yarabisonuye neza ubu, ko tutazigera na rimwe tugirana ibiganiro na M23. Kandi M23 ntibaho, ni igikoresho , igisirikare cy’u Rwanda ni cyo gikora.”

Ibi nibyo umuvugizi wa M23 mu bya politike Lawrence Kanyuka yamaganye nk’uko BBC ibivuga.

Kanyuka yabwiye BBC ko yatangajwe no kumva ibyo Muyaya aheruka gutangaza mu itangaza makuru rya mahanga.

Yagize ati: “Biratangaje kubona Muyaya yisuzuguza, kuri radio mpuzamahanga, akavuga ibinyoma.”

Yakomeje agira ati: “M23 ni umutwe w’Abanyekongo, wigeze no kugirana amasezerano na leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo,yiswe amasezerano ya Nairobi, yashizweho umukono ku itariki ya 12/11/2013, amahanga n’umuryango w’Abibumbye wabigizemo uruhare. Ibyo rero Muyaya yikora, ni ukudashobora akazi, no kutaba umugabo ngo akurikize amasezerano.”

Imyaka irenga ibiri hari imirwaro ikomeye ishamiranije M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana k’uruhande rwa leta ya Kinshasa. Kugeza ubu M23 imaze gufata ibice byingenzi ibyambuye ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Bruce Bahanda.

Tags: Lawrence KanyukaM23Ngo ntibahoPatrick MuyayaUmuvugizi
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Kwa Tshisekedi barakajwe n'itsinda ry'abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23. Repubulika ya demokarasi ya Congo yagaragaje ko yababajwe n'urwego rwa karere ka Afrika y'ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura...

Read moreDetails

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails
Next Post
Haramukiye urugamba rukaze hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, i Masisi.

Haramukiye urugamba rukaze hagati ya M23 n'ihuriro ry'Ingabo z'ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, i Masisi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?