• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 15, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umuvugizi wa RDC ngo y’aba arimo kwisuzuguza watangaje ko M23 itabaho, ni byavuzwe n’u muvugizi wa M23 mu bya politike Lawrence Kanyuka.

minebwenews by minebwenews
February 16, 2024
in Regional Politics
0
Umuvugizi wa RDC ngo y’aba arimo kwisuzuguza watangaje ko M23 itabaho, ni byavuzwe n’u muvugizi wa M23 mu bya politike Lawrence Kanyuka.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Repubulika ya Demokarasi ya Congo irasaba amahanga kotsa igitutu ubutegetsi bw’u Rwanda kureka gufasha M23.

N’ibyatangajwe na leta ya perezida Félix Tshisekedi, binyuze kuri minisitiri witangaza makuru wayo akaba n’umuvugizi wa Guverinema Patrick Muyaya.

READ ALSO

Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza

Rwanda–Burundi: Amagambo Akomeye ya Nduhungirehe Asubiza Bizimana ku Kibazo cya FDLR

Ubwo yakoranaga ikiganiro na BBC Newsday, k’uwa Kane, tariki ya 15/02/2024, Muyaya yongeye gushimangira ko leta ye, itazigera igirana ibiganiro na M23, n’ubwo uwo mutwe wavuze ko wo witeguye kwitabira ibiganiro by’amahoro.

Patrick Muyaya yavuze ko ibihugu bikomeye bifite ubutasi, ko bifite n’amakuru ko u Rwanda rufasha M23, ko kandi ibyo byanagarutsweho na raporo y’inzobere z’u muryango w’Abibumbye.

Avuga ko ari nayo mpamvu, mu mwaka ushize, Amerika yafatiye ibihano bamwe mubasirikare ba kuru b’Ingabo z’u Rwanda.

Gusa u Rwanda ruhakana gufasha M23, na rwo rugashinja Republika ya Demokarasi ya Congo gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze Genocide mu Rwanda, Congo nayo ihakana icyo kirego.

Ahagana mu kwezi kwa 7 ku mwaka ushize ubuyobozi bw’Ingabo za RDC bwatangaje ko nta kwihanganira na gato kuzabaho ku musirikare wayo wagaragara ko akorana na FDLR, ko yahita abihanirwa byintanga rugero.

Mu kiganiro Muyaya yahaye itangaza makuru rya BBC Newsday, yavuze ko abakuwe mu byabo babayeho mu buryo butakwihanganirwa.

Yagize ati: “Mu myaka ya 30 ishize, twatakaje abaturage barenga miliyoni 8.”

Yongeraho ko ubu abantu barenga miliyoni imwe bataye izabo mu nkengero za Goma.

Ati: “Ba bayeho mu buryo bubi rwose, ibyo bintu bigomba guhagarara k’uko ubu hashize imyaka irenga ibiri tuvuga kuri ibyo bitero no kwicwa kw’abantu, nta kintu gikomeye amahanga abikoraho.”

Muyaya yakomeje avuga ati: “Ntu shobora ku bwira leta yatowe ngo iganire n’umutwe w’iterabwoba. Ibi Perezida yarabisonuye neza ubu, ko tutazigera na rimwe tugirana ibiganiro na M23. Kandi M23 ntibaho, ni igikoresho , igisirikare cy’u Rwanda ni cyo gikora.”

Ibi nibyo umuvugizi wa M23 mu bya politike Lawrence Kanyuka yamaganye nk’uko BBC ibivuga.

Kanyuka yabwiye BBC ko yatangajwe no kumva ibyo Muyaya aheruka gutangaza mu itangaza makuru rya mahanga.

Yagize ati: “Biratangaje kubona Muyaya yisuzuguza, kuri radio mpuzamahanga, akavuga ibinyoma.”

Yakomeje agira ati: “M23 ni umutwe w’Abanyekongo, wigeze no kugirana amasezerano na leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo,yiswe amasezerano ya Nairobi, yashizweho umukono ku itariki ya 12/11/2013, amahanga n’umuryango w’Abibumbye wabigizemo uruhare. Ibyo rero Muyaya yikora, ni ukudashobora akazi, no kutaba umugabo ngo akurikize amasezerano.”

Imyaka irenga ibiri hari imirwaro ikomeye ishamiranije M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana k’uruhande rwa leta ya Kinshasa. Kugeza ubu M23 imaze gufata ibice byingenzi ibyambuye ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Bruce Bahanda.

Tags: Lawrence KanyukaM23Ngo ntibahoPatrick MuyayaUmuvugizi

Related Posts

Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza
Regional Politics

Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza

September 14, 2026
Rwanda–Burundi: Amagambo Akomeye ya Nduhungirehe Asubiza Bizimana ku Kibazo cya FDLR
Regional Politics

Rwanda–Burundi: Amagambo Akomeye ya Nduhungirehe Asubiza Bizimana ku Kibazo cya FDLR

September 14, 2026
Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura
Regional Politics

Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura

September 12, 2026
Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura
Regional Politics

Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura

September 12, 2026
Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege
Regional Politics

Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege

September 11, 2026
Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi
Regional Politics

Rwanda–RDC : L’ambassadrice Urujeni accuse Kinshasa de poursuivre sa coopération avec les FDLR et les Wazalendo et appelle à traiter le problème à la racine

September 10, 2026
Next Post
Haramukiye urugamba rukaze hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, i Masisi.

Haramukiye urugamba rukaze hagati ya M23 n'ihuriro ry'Ingabo z'ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, i Masisi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Kinshasa: Imyigaragambyo yatangiye, imbaga y’abantu yuzuye imihanda yerekeza ku Nteko Ishinga Amategeko
  • Kinshasa mu Rujijo: Itangazo ryo Gufunga Amashuri Ryateje Impaka, Minisiteri y’Uburezi Iraryamagana
  • Kinshasa: Iduka ry’Ibikoresho by’Ubucuruzi Ryahindutse Umuyonga muri Camp PM
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?